Nta banga ririmo, Siporo ni kimwe mu bice bifite amafaranga menshi muri iki gihe ku isi, haba muri Basketball, Formula 1, mu mupira w’amaguru cyangwa mu yindi mikino. Iyo ukinnye muri shampiyona nziza mu mukino uwo ari wo wose, uguha amafaranga utazamara ku buryo wazanayaraga ubuvivi.
Imwe
muri shampiyona ihemba neza kurusha izindi zose mu mikino itandukanye ku isi ni
NBA, ikaba ari shampiyona y’umukino wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika. Iyi ni shampiyona imenyereweho gukinwa n’abakinnyi bamamaye bafite
ibigwi bikomeye muri uyu mukino bituma
n'iyo agiye guhembwa, afata umushahara utubutse.
Shampiyona
ya NBA ni imwe muri shampiyona zikunzwe kuri iyi si, uretse abanyamerika, isi
yose iba ihanze amaso ibihangange bikina mu makipe akunzwe cyane ku isi arimo; Lakers,
Clippers, Celtics Raptors n’ayandi. Umukino umwe gusa uhuza aya makipe agaciro
kawo nako kaba kari hejuru kuko ari shampiyona yinjiza amafaranga menshi na cyane ko inafite abaterankunga benshi.
Kuba
NBA irimo amafaranga menshi, abakinnyi bagahembwa menshi, byatumye dukora
ubushakashatsi ndetse n’ubusesenguzi kugira ngo tubamare amatsiko, ku bakinnyi
10 ba mbere muri NBA batunze amafaranga menshi kurusha abandi.
10. KEVIN GARNETT - $120 MILLION
Nubwo Kevin Garnett yaresezeye burundu muri uyu mukino wamuhinduye umuherwe ukanamuha kumenyekana ku isi yose, gusa ariko azahora yibukwa mu mateka ya Basketball nk’umwe mu bakinnyi bakinaga basatira b’ibihe byose. Akaba yaratangiye gukina mu mwaka wa 1995 asezera mu mwaka wa 2016 amaze gukina Season 21 muri NBA. Akaba yarakiniye amakipe arimo Boston Celtics, Brooklyn Nets. Garnett afite ubutunzi bungana na Miliyoni 120 z’amadorali ya Amerika, yakuye mu gukina muri NBA.
9. GRANT HILL - $180 MILLION
Grant Hill w’imyaka 47 wavukiye akanarererwa Dallas muri Texas, kuri ubu yasezeye burundu kuri uyu mukino, uyu mugabo yakiniye amakipe ane muri NBA arimo the Detroit Pistons, Orlando Magic, Phoenix Suns, na Los Angeles Clippers. Mu gihe yari umukinnyi yagiranye amasezerano yo kwamamaza inganda zitandukanye zirimo Addidas, Sprite, McDonald's, na Nike. Grant Hill afite umutungo ungana na Miliyoni 180 z’amadorali ya Amerika.
8. DAVID ROBINSON - $200 MILLION
David Robinson w’imyaka 54 wavukiye mu mujyi wa Florida, yabaye umukinnyi ukomeye cyane muri NBA, akaba yaranabaye mu gisirikali cya Amerika, akaba yari yarahawe akabyiniriro ka “Admiral”, yamenyekanye cya mu ikipe ya San Antonio Spurs nk’imukinnyi wari uyifatiye runini cyane. David ni umwe mu bakinnyi ba NBA bafite umutungo utubutse kuko afite Miliyoni 200 z’amadorali ya Amerika.
7. HAKEEM OLAJUWON - $200 MILLION
Olajuwon wavutse mu mwaka wa 1963 avukira mu gihugu cya Nigeria, ni umwe mu bakinnyi banditse amateka muri NBA, haba ku bihembo yahawe ndetse n’uduhigo yagiye ashyiraho, yabaye umwe mu ba Star muri NBA cyane dore ko yari yarahawe akazina ka “The Dream”, yari umukinnyi wakoreshaga ubwenge cyane ndetse kuri ubu akaba afatwa nk’umukinnyi w’ibihe byose. Uretse kubera abandi urugero ni umukinnyi wa Basketball ufite umutongo ubyibushye kuko afite Miliyoni 200 z’amadorali ya Amerika.
6. SHAQUILLE O’NEAL - $400 MILLION
O’Neil
ni umugabo wavukiye muri New Jersy nyuma aza kumenyekana kubera impano
itagereranwa yari afite mu mukino wa Basketball. Umwuga we muri NBA yawutangiye
mu mwaka wa 1992, awutangirira muri Orlando Magic, nyuma aza kujya muri LA
Lakers, Miami Heat, Boston Celtics n’izindi.
Shaquille
O’Neil uretse gukina muri NBA yari afite utundi tuntu tumwinjiriza amafaranga,
harimo umuziki, gukina Film n’ibindi byatumye kuri ubu afite umutungo ungana na
Miliyoni 400 z’amadorali ya Amerika.
5. LEBRON JAMES - $480 MILLION
Lebron
James cyangwa King James ni umwe mu bakinnyi bakiri bato bagaragara kuri uru
rutonde, ndetse akaba ari nawe mukinnyi w’ibihe byose muri Basketball mu
guhembwa amafaranga menshi. King James yatangiye gukina muri NBA mu mwaka wa
2003 akinira ikipe ya Cleveland Cavaliers, James kandi yakiniye Miami Heat
kugera mu mwaka wa 2018 ubwo yerekezaga muri LA Lakers.
Kimwe n’abandi bakinnyi bagaragara kuri uru
rutonde Lebron James afite ahandi hantu akura amafaranga yiyongera ku yo ahembwa
harimo nko kwamamaza, kuri ubu afite umutungo ubarirwa muri Miliyoni 480 z’amadorali
ya Amerika.
4. KOBE BRYANT - $500 MILLION
Kobe
Bryant ni rimwe mu mazina azahora yibukwa muri NBA. Ni umwe mu bakinnyi bayoboye abandi mu
gutanga imipira myinshi yavuyemo amanota (Assist), kuva yayigeramo mu mwaka wa
1996.
Mu
gihe kingana n’imyaka 10 Brayant yakiniye Los Angeles Lakers, ikaba ari ikipe
yazamuye urwego rwe rw’imikinire inamwubakira amateka nawe ayubakira ayandi. Ku
myaka 41 Kobe Brayant arabarirwa umutungo ungana na Miliyoni 500 z’amadorali ya
Amerika, yakuye muri NBA, kwamamariza sosiyete zitandukanye, gukina filime ndetse
no kugaragara cyane ku matelevision.
3. MAGIC JOHNSON - $600 MILLION
Iyo
tuvuga abakanyujijeho, ntibitungurana iyo wumvisemo izina rya Magic Johnson
wavutse yitwa Earvin Johnson nyuma akaza guhindura amazina, ni umukinnyi w’ibihe
byose muri NBA.
Johnson
wakiniye Los Angeles Lakers season 13, nyuma akaza no kuyibera umutoza,
yamenyekanye mu bikorwa bitandukanye harimo nko kuba umuvugizi mu kurwanya HIV/AIDS
n’ibindi bitandukanye.
Ku
myaka 60 y’amavuko, Magic arabarirwa muri Miliyoni 600 z’amadorali ya Amerika.
2. JUNIOR BRIDGEMAN - $600 MILLION
Iri
ni izina ritamenywa mu kibuga n’urubyiruko rugifite imyaka mike, kuko uyu
yabaye umukinnyi ukomeye cyane muri NBA mu gihe cye, akaba umwuga we muri NBA
yarakiniye ikipe imwe gusa, yawutangiriye anawurangiriza muri Milwaukee Bucks.
Uretse amafaranga yakuye muri NBA, Bridgeman ni umucuruzi ushakisha amafaranga ahantu hose hashoboka, akaba afite Restaurant ya Chili iri muri Amerika hose, akaba kandi afite n’imigabane mu ruganda rwa Coca-Cola. Kuri ubu abarirwa muri Miliyoni 600 z’amadorali ya Amerika.
1. MICHAEL JORDAN - $1.9 BILLION
Ntibyoroshye
gutekereza uwaba ayoboye uru rutonde, gusa biragoye kwiyumvisha uzavana ku
mwanya wa mbere w’abakinnyi bakize kurusha abandi muri NBA, icyamamare Michael Jordan ugejeje ku myaka 56 y’amavuko.
Michael
Jordan ntawushidikanya ko ari we mukinnyi uzahora wibukwa ibihe byose muri NBA,
kuko ibyo yakoze ndetse n’ibigwi afite kugeza magingo aya, ntawurabasha
kubigezaho, haba mu makipe yakiniye, harimo Chicago Bulls ndetse na Washington
Wizards.
Ni
umwe mu bagabo bamamaje uruganda rwa NIKE cyane, kuri ubu akaba abarirwa ku
mutungo ungana na Miliyari 1.9 z’amadorali ya Amerika, bigoye cyane ko hari
umukinnyi wazayagezaho mu myaka ya vuba.
TANGA IGITECYEREZO