RFL
Kigali

Ibintu 5 bizakwereka ko uri kwihatira kumukunda

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:10/12/2019 13:52
1


Ese hari ikintu kitagenda neza mu mubano wawe n'umuntu bigatuma nawe wumva udatuje? Ubwo icyo ni iki ? Ntudusige komeza usome iyi nkuru INYARWANDA yaguteguriye uramenya neza niba ikikubuza amahoro atari uko nawe wihatira kumukunda.



Vuba aha hari inshuti yanjye isanzwe y'umukobwa yambwiye ko mugenzi we yayiganirije ku musore ushaka ko bakundana ariko ngo uwo musore ni mwiza gusa ngo ntabwo yari yitegura kuba yabimwerurira. Mbese ngo ntabwo ashaka gukundana nawe vuba aha, ariko ngo bishobora kuzaba. Yarambwiye ati" Ntabwo uriya musore ndamubonera umwanya nubwo ntacyo atwaye ariko sinzi uko niyumva ubanza ahari igihe kitaragera. Sindamwiyumvamo, ariko n'umuhungu mwiza. Ese ni bibi kuba ntabishaka ubu?

Mu by'ukuri uzagira ibiganiro byinshi n'abantu batandukanye bakubwire ko kwihatira gukunda umuntu akenshi biba nawe ubwawe utabizi mbese utazi neza ko ariyo si wibereyemo, ariko nubimenya ntuzazuyaza. Ntugatekereze ko rero ari wowe gusa bibaho ubuzima nta gisobanuro bugira. Niba rero umaze igihe kirekire mu mubano n'umuntu utarerurira, kurikira ibi bimenyetso 5 biragufasha kumenya niba koko wihatira guhorana n'uwo muntu.

1. "NI UMUSORE MWIZA ARIKO....."

"Mu by'ukuri ni umusore mwiza cyane ariko njye mbona ntahita mubwira! Ndamukunda ariko sindashobora gutandukanya urukundo mukunda"

Muri iyi si harimo abantu benshi cyane kandi bose bakeneye urukundo, witegereza rero kuko nta muntu uzaguhitiramo adakurikije amarangamutima ye. Muhungu menya ko umuhungu mugenzi wawe naguhitiramo azakurikiza ibyiyumviro bye, wenda azareba umukobwa ufite amafaranga cyangwa ufite isura nziza inyuma, ariko niba koko harI uwo wumva wihatira gukunda ntuzamukureho amaso kura Aho izo mpamvu zose wibaza unatekereza amagambo nka: Ariko ..., Uwabanza, ziriya nshuti zanjye zizabibona gute?.. n'ayandi nawe uzi ukunda gukoresha.

2. WANGA KUBABAZA ABANDI NK'UKO NAWE WANGA KUBABAZWA

Eeeeh! Ibi birumvikana cyane rwose, iyo ukunda umuntu biba bikomeye ko wamubabaza kabone nubwo we yaba akubangamira, amaze igihe kinini aguhatiriza ariko ukanga ukamuha umwanya mu buzima bwawe, ugahora wumva akubwira ko atabaho udahari n'ibindi bibi bizakwereka ko icyO usigaje arI ukwiyakira ukakira igihari ukamubwira ko nawe umukunda kuko ibyo tuvuze haruguru birahagije.

Mu buzima akenshi ku bakobwa biragoranye kubwira umuntu ko umwitaho mu gihe utaramwerurira urukundo. Waragerageje umwima umwanya uramubabaza ariko nawe wisanga wongeye kumubabarira. Shyira mu mutwe ko uko mutinda gutyo ni nako muzababara mu gihe ku mpera hazabaho igituma utongera kumwumva cyangwa we ngo akumve. Ubwo nawe icyo gukora uracyumva.

3.AMARANGAMUTIMA YARAKURENZE

Ese ujya ugira umunaniro uterwa n'uko muba muri kumwe agutereta? Ese hari Igihe wigeze urizwa n'amarangamutima yo kumutekereza? Ni byo twese tugira intege nke ndetse n'imbaraga, ariko niba waramaze kubona ko nta yandi maherezo fata umwanzuro. Niba utabyumva neza menya ko nawe ubwawe wihatira kumukunda, bikore utaragera aho kubabara cyane. Urukundo ni nk'umuhigi.

4. WIBAZA NIBA AZAGUKUNDA NK'UKO UBISHAKA

Buriya rero abantu harI ubwo bareba umubano wanyu bakabona ni mwiza mbese bakabona mwarahiriwe bamwe bazaza bababwira uti"Mukomereze aho" nyamara bizaba ari Ibyo kukubabaza kuko bazaba basa n'aho baguteye icyuma mu nkovu, gusa ibyo nubyumva ntubabare ukumva nta kibazo muri wowe wagera ahantu wiherereye ukibaza uti "Ese koko arankunda? Icyo gihe uzamenye ko nawe wihatira kumukunda. Uzibaze uti "Ese ubundi ninkomezanya nawe nzishimira urukundo? Ese urukundo rwa nyarwo rubaho? Ariko niba koko ubyibaza menya ko ufite umuhanda muremure wo kugenda.

5. AGACE GATO KO MURI WOWE KIBWIRA KO UMUNSI UMWE AZARAMBIRWA.

Iyo wihatira gukunda umuntu rimwe na rimwe na we agukunda hari igihe uvuga ngo "Reka mureke umunsi umwe azarambirwa arekeraho kunyirukaho". Aha uba wishuka kuko nawe ubwawe hari ikintu kiri muri wowe kiri kukubwira ko ugomba gutegereza akarambirwa. Ese ubundi kuki ? Ibonere igisubizo ukurikije ibyavuzwe gusa ikiriho ni uko nawe umukunda mu ibanga.

Urukundo ntabwo byoroshye kumenya ururimi rwiza rwo kuruvugamo (good language of love) kuko ruratangaje. Cyakora umutima wawe uzawusangana ibimenyetso byo gukunda, akenshi uzajya ubisoma hano ku INYARWANDA cyangwa se bibe ari bya bindi umuntu avukana. Ntugategereze kubabaza uwo wakunze ngo wihagarareho kugeza mwembi mubabaye kandi waramaze gusoma iyi nkuru.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • GĂ©rard nzokirantevye 4 years ago
    nivyukuri -uwutokurikiza iyinkur ntiyobayayisomye ngwatahure.gusacombon nukwihanganamurukundo kand mukirind kubabaza abomukunze.murakoze





Inyarwanda BACKGROUND