Gusobanukirwa umugabo ni urufunguzo rwo kugira umubano mwiza nawe kandi buri mugore wese yifuza kuba mu rukundo rugera ku ntego.
Ni ibintu bizwi ko abagabo batekereza bitandukanye n’ibyo
abagore bibwira bityo rero kumenya bimwe mu byo umugabo akunda gutekereza ni ibanga
ryo kugira urukundo runejeje hamwe nawe.
Twifashishije urubuga Elcrema twaguteguriye ibintu 20
by’ingenzi buri mugore wese akwiye kumenya akanitaho kugira ngo abashe guhuza n’umugabo
cyangwa umusore mukundana.
1. Inshuti ze zigize
igice cy’ingenzi mu buzima bwe
Abagore benshi bajya bakora ikosa ryo gutandukanya umugabo n’inshuti ze ugasanga baramusaba guhitamo hagati y’umugore n’izo nshuti. Ibi ni ikosa rikomeye kuko aba yaramenyanye n’izo nshuti igihe kinini mu buzima bwe, iyo ugerageje kuzimucaho abifata nko kumwambura icyubahiro n’ubutware bwe kubera ayo mategeko uba umushyizeho. Ibi bigereranywa no kuba wakupa umuriro ukitega ko televiziyo yawe iguma kwaka no ku kwereka ibyo warebaga.
2.Azahora akunda nyina
Abagore benshi iyo bamaze kubana n’abagabo atangira
gufuhira nyirabukwe agasaba umugabo guhitamo hagati ye na nyina nyamara
biragoye kubona umugabo udakunda nyina.
Ugomba kumenya ko wowe na nyina ari mwe bagore b’ingenzi
mu buzima bwe. Ni ubupfapfa kumubuza gukunda nyina, nubigerageza uzaba uri
kwisenyera kuko ntibizakunda.
3. Ntazaguma kukwihanganira umutesha igihe
Abagore cyangwa abakobwa bakunda kwitinza mu nzu cyane cyane iyo bari kwitegura wenda hari aho bari bujyane n’abakunzi babo. Yego umugabo wawe arabyumva ko ukeneye gusa neza kuko nawe nibyo aba ashaka, gusa kuguma kugutegereza igihe kinini ageza aho akabirambirwa, abagabo ntibakunda kuguma kwihanganira uku gutinda guhoraho.
4. Niba wamubabariye gerageza kutongera kubigarura
Akenshi abagore bakunda kugarura ibintu bya kera biba
byarabaye hagati ye n’umukunzi we. Abagabo rero ibi barabyanga niba
waramubabariye si ngombwa ko wongera kuvuga ku makosa ye y’ahahise.
5. Wigira imibonano mpuzabitsina urwitwazo cyangwa
intwaro
Hari abagore bafata imibonano mpuzabitsina nk’intwaro akumva ko kuba afite igitsina cye ari impamvu yo kwigira umutware. Ni cyo gihe ngo umenye ko uwo mukino ari mubi ndetse uganisha urukundo rwanyu ahabi. Kumva ko umugabo yagukorera icyo ushaka ushyize imbere igitsina nk’igikangisho si byiza na gato.
6. Gutangiza imibonano buri gihe
Akenshi usanga iyo mugiye gutera akabariro umugabo ari
we utangiza igikorwa buri gihe kandi ibi biramurambira. Ni byiza ko nawe
watangiza iki gikorwa cya mwembi kuko bituma umugabo wawe yumva ko nawe
akenewe.
7. Ntugatekereze ko buri gihe azibwira ibyo utekereza
Hari abagore bagira ikibazo bakajya hariya bakibyimbya
bakumva ko umugabo ari bumenye ibyo bari gutekereza ntacyo bavuze. Umugabo wawe
ntasoma ibitekerezo by’abantu nta n’ubwo yerekwa, ni byiza kumubwira ikibazo
kare kigakemuka kare.
8.Ashaka ko ugaragara neza igihe mwasohokanye
Twigeze gukomoza
ko umugabo wawe aba ashaka ko ukorera ku gihe ariko ntibivuze ko ataba ashaka
ko usa neza. Gusa neza si ukumara amasaha wiyitaho ahubwo wabikora ukanakoresha
igihe neza. Iyo usa neza ugaragara nk’umwamikazi aba yumva afite ishema mu bandi.
9. Ntakunda guhangana
Niba umugabo cyangwa umusore ari mu buzima bwawe muhe
amahirwe yo kwiyumvamo ko ari we wenyine. Umugabo ntakunda kumva afite ishyari
ryo kuba hari abandi bagabo bakwirukaho, aba ashaka kukwiharira mu buzima.
10. Jya ukunda kumushima
Umugabo aba akeneye kumva ibintu byiza umubwira, wenda
uti arasa neza, yambaye neza, yitwara neza mu gitanda n’ibindi. Amagambo meza
nk’aya atuma yiyumvamo ko akunzwe akabyishimira. Si byiza kubaho nta na rimwe
umubwira ko yakoze neza.
11. Jya umushyigikira
Umugabo akeneye kumva ko afite urutare rw’umugore
rumuhora inyuma buri gihe, umugore umwizera akanashyigikira inzozi ze n’intego
ze z’ahazaza.
12. Ntugahindure buri kintu intonganya cyangwa imanza
Umugabo ntakunda umugore uhora arakazwa n’ubusa, uhora
ahindura ikibaye cyose intonganya cyangwa imanza. Ntabwo ukwiye kuremereza buri
kantu kose.
13. Kuba akeneye kuba wenyine ntibivuze ko yakurambiwe
Rimwe na rimwe
umugabo ajya akenera kumva ashaka kuba ari wenyine nk’uko n’umugore yabikenera.
Ibi ntibivuze ko yakurambiwe cyangwa arambiwe gukundana nawe ahubwo bivuze ko
akeneye gutekereza no gusukura ubwonko bwe.
14. Ntukamwibutse ahahise he
Mu gihe umugabo afite ibyo ahugiyemo, ntukamuzanire ibyahise kuko kuri we iby’ubu ni iby’ubu n’ibyahise biba byaragiye. N’urukundo rwawe rwahise uba ugomba kwibagirwa ibyarwo mu gihe uri mu bishya.
15. Akeneye ko umukenera
Umugabo ntakeneye kuba umugabo wawe gusa ahubwo
anakeneye ko umukenera. Kuba umugabo udafite icyo yica cyangwa akiza si byo
yifuza. Akeneye kwiyumva nk’ufite umumaro mu buzima bwa we.
16. Akeneye ko wiyitaho
Yego umugabo aragukunda azanakomeza agukunde ariko
akeneye ko wita ku mubiri wawe. Arakumva ushobora kuzagira ibiro byinshi igihe
wabyaye cyangwa mwamaze kubana, ariko akeneye ko wicunga ukiyitaho ugahora
ugaragara neza igihe cyose.
17. Hora umeze neza kandi ukeye igihe cyose
Hari abagore bambara imyenda mibi inacitse igihe bari
kumwe n’abagabo bonyine yajya ahandi akambara neza. Umugabo wawe akeneye
kukubona uhorana umucyo kabone n’ubwo mwaba muri mwenyine.
18. Niba wamurakariye iga kubimubwira
Abagore benshi iyo barakaranije n’abagabo babo babahanisha
guceceka bakabihorera nyamara ubu si uburyo bwiza bwo gukemura ikibazo. Mubwire
ikosa yakoze n’impamvu wamurakariye kandi ubimubwire mu nzira nziza z’ikiganiro.
19. Ntukabe umunyakuri buri gihe
Bijya bibaho ko mu rukundo buri wese yumva ko ari we uri mu kuri cyane cyane abagore bo babikunda kubi. Ntabwo igihe cyose waba umunyakuri, gerageza kubona ibintu mu ruhande rwe ureke gushaka kuba ari wowe uba umunyakuri buri gihe.
20. Abagabo bakunda imyenda y'imbere igaragara neza
Abagabo benshi bishimira kubona abagore babo bambaye
utwenda tw’imbere tubakurura. Gerageza kwambara neza nawe azakubona nk’umwiza
buri gihe abone uteye ipfa.
Izi nama zose umaze kubona haruguru ni ingenzi mu buzima bw’urukundo. Abagabo benshi ibi babihuriyeho si iby’umwe. Nugerageza kubyitwararika bizagukomereza urukundo nawe uhe abandi ubuhamya.
TANGA IGITECYEREZO