RFL
Kigali

Rwamagana: Ababarirwa mu bihumbi basusurukijwe na Riderman, Jay Polly na Marina mu gitaramo 'Izihirwe na Muzika' cya MTN-AMAFOTO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:7/12/2019 16:21
0


Abatuye mu mujyi wa Rwamagana basoje icyumweru mu munezero mwinshi nyuma yo gutaramirwa n’abahanzi b’ibyamamare batandukanye barimo Riderman Jay Polly na Marina mu gitaramo 'Izihirwe na Muzika' cyateguwe na MTN Rwanda.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukuboza 2019, abantu babarirwa mu bihumbi bakoraniye ku kibuga cya Polisi mu Mujyi wa Rwamagana mu gitaramo cya Izihirwe na Muzika. Ni igitaramo cyari kibaye nyuma y’icy’i Rubavu, Huye na Musanze, kikaba ari icya nyuma cyari kibereye mu ntara.

Nk’ibisanzwe Izihirwe na Muzika yaranzwe n’amarushanwa y’Aba DJs bo muri aka gace, aho uwitwa DJ Bably ari we wahize abandi bose bari bahanganye akegukana amafaranga ibihumbi 200.

Habaye kandi irushanwa ryo kuririmba ryegukanywe n’umuraperi witwa Mr X nawe akaba yahawe amafaranga ibihumbi 100. Si aba gusa batashye imifuka yabo ibyimbyemo amafaranga kuko hari abahawe amahirwe yo kwinjira mu kabati k’amafaranga maze bakayora ayo bashoboye.

Umwe mu batsinze ni umusore ufite ubumuga bw’ukuguru, yinjiye mu kabati k’amafaranga yifuza ibihumbi 40 gusa ariko avamo ayoye agera ku bihumbi 140, avuga ko MTN Rwanda imuhinduriye ubuzima kuko agiye gutangiza umushinga umubyarira inyungu.

Ati “Ubundi nsanzwe nkora amasambusa, ariko nari mfite igitekerezo cyo gushinga salon de coiffure ariko narabuze ubushobozi. Aya mafaranga rero ngiye kuyifashisha ntangira umushinga wanjye.”

Hari undi wahembwe miliyoni imwe mu gihe undi mugore yahembwe ibihumbi 300 babikesha gukoresha cyane MTN Mobile Money bikaba byarabahesheje amahirwe yo gutsinda muri poromosiyo ya Izihirwe na MTN.

Nk’uko MTN Rwanda yiyemeje gufatanya Polisi y’u Rwanda mu kurwanya impanuka zo mu muhanda muri gahunda ya “Gerayo Amahoro” hatanzwe n’ubutumwa bushishikariza abantu gukurikiza amategeko y’umuhanda.

Byari kandi ibyishimo bikomeye ku baturage b’i Rwamagana bataramiwe n’abahanzi bakunzwe mu Rwanda barimo umuhanzikazi Marina wari utaramiye ku ivuko ku nshuro ya mbere ndetse abantu baho bamweretse ko batewe ishema nawe kandi bamwishimiye.

Uretse Marina hari umuraperi Jay Polly nawe ubarizwa muri The Mane wishimiwe ku rwego rwo hejuru mu ndirimbo ze zirimo “Too Much”, “Deux Fois Deux”, “Ku Musenyi” n’izindi.

Rwamagana hasaga n’ahahariwe injyana ya Hip Hop hari umuraperi wari uherekejwe na Siti True Karigombe wamwunganiraga mu ndirimbo ze zirimo “Bombori Bombori”, “Igitagaza”, “Horo” ku buryo babayinnye ivumbi rigatumuka.

Iki gitaramo cyasojwe na DJ Marnaud wacuranze indirimbo n’iz’abandi bahanzi ariko zikunzwe kandi zinabyinitse.

Ibitaramo bya Izihirwe na MTN bizarangira tariki 20 Ukuboza 2019 mu mujyi wa Kigali aho hazaba hatumiwe umuhanzi ukomeye muri Ghana, Magnom wamamaye cyane mu ndirimbo yise “My Baby”.

MTN kandi yatangije ubukangurambaga bw’ukwezi kwahariwe Mobile Money aho bakangurira abakiriya babo kwishyura bakoresheje telefone mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo kugabanya ihererekanywa ry’amafaranga mu ntoki.

Marina yishimiye gutaramira ku ivuko


DJ Marnaud ku rubyiniro rw'i Rwamagana yahacanye umucyo

Umugaba mukuru w'Ibisumizi Riderman yishimiwe cyane

Siti True Karigombe ufasha Riderman ku rubyiniro

Umuraperi wiyise X yatsindiye ibihumbi 100

Amafaranga bahitaga bayacyura

DJ Bably yahize abandi mu kuvanga imiziki

Jay Polly yishimiwe n'ab'i Rwamagana

Jay Polly na Marina bafatanyije kuririmba indirimbo bahuriyeho

Abantu bari benshi cyane

Abayoye amafaranga ngo agiye kubahindurira ubuzima

MTN yatanze ibihembo birimo na Telefone

Polisi y'u Rwanda yakanguriye abantu kubahiriza amategeko y'umuhanda

AMAFOTO: Mugunga Evode/ INyarwanda Art Studio

REBA ANDI MAFOTO UNYUZE HANO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND