Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki kugira ngo mu gihugu cya Qatar hatangire gukinwa imikino y’igikombe cy’isi cy’ama Club, imyiteguro irakataje ku ruhande rwa Liverpool izaserukira umugabane w’uburayi. Umutoza wayo Jargen Klopp yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 23 bazifashishwa batarimo Matip na Fabinho bafite ikibazo cy’imvune.
Ni
irushanwa rikunze guhira amakipe aba yaserukiye umugabane w’uburayi cyane ko
usanga aba ari hejuru y’andi bahuriyemo, gusa ariko Klopp we atangaza ko ibyo
utabigenderaho kuko umupira uhinduka isegonda ku rindi bityo rero kuba afite
intego zo kuzashyira igikombe mu bindi bimusaba gutegura ikipe ye hakiri kare.
Gusa
ariko mu bakinnyi 23 bagomba kwerekeza muri Qatar guhatanira igikombe cy’isi
muri uku kwezi, ntibarimo myugariro ukomoka muri Cameroon Joel Matip ndetse n’umunya
Brazil ukina mu kibuga hagati Fabinho bose bari mu minsi yabo ya mbere bava mu
mvune, bakaba bari bamaze igihe
badakorana imyitozo na bagenzi babo.
Kubura
aba bakinnyi ni ikibazo kuri Liverpool nk’uko Klopp abitangaza ariko akavuga ko
nta cyuho bigomba gutera kuko Liverpool ifite abakinnyi benshi kandi bashoboye,
bityo rero yizeye ko uzajya mu kibuga wese azatanga umusaruro umutegerejweho.
Abakinnyi 23 ba Liverpool bazitabira
igikombe cy’isi: Alisson, Van Dijk, Wijnaldum, Lovren,
Milner, Keita, Firmino, Mane, Salah, Gomez, Adrian, Henderson,
Oxlade-Chamberlain, Lallana, Lonergan, Shaqiri, Brewster, Robertson, Origi,
Jones, Alexander-Arnold, Elliott, Williams.
Ni
irushanwa rizitabirwa n’amakipe 7 ahagarariye buri mugabane, Liverpool
izatangira gukina mu mikino ya ½ iteganyijwe kuba tariki 18 Ukuboza 2019,
niwutsinda tariki 21 Ukuboza ikine umukino wa nyuma wazayihesha igikombe
cyangwa ikakibura.
Amakipe azitabira: Al Sadd Sports Club yo muri Qatar, Espérance
Sportive de Tunis izaba ihagarariye umugabane wa Afurika, Al Hilal FC
izaserukira umugabane wa Asia, Monterrey izaba ihagarariye Amerika y’amajyaruguru
ndetse n’iyo hagati, Hienghène Sport izaba ihagarariye umugabane wa Oceania, CR
Flamengo izaba ihagarariye Amerika y’Epfo ndetse na Liverpool izaba
ihagarariye umugabane w’uburayi.
Umukinnyi
wagira imvune ari ku rutonde rw’abakinnyi batanzwe kuzifashishwa muri iri
rushanwa, ikipe yemerewe kumusimbuza mbere y’amasaha 24 ngo umukino utangire.
Iri
rushanwa riteganyijwe gutangira tariki 11 -21 Ukuboza 2019, rikazabera mu mujyi
wa Doha muri Qatar, ibibuga bitatu nibyo bizakinirwaho n’amakipe 7 azaba
aturutse mu mpuzamashyirahamwe zitandatu.
Mu myaka itandatu yose iheruka iki
gikombe cyatashye ku mugabane w’iburayi, mu gihe ibikombe bitatu biheruka
gukinirwa byose bibitse i Madrid kuko byegukanwe na Real Madrid yari yaserukiye
umugabane w’uburayi.
Ikipe
ya Corinthians yo muri Brazil niyo kipe idaturuka ku mugabane w’iburayi iheruka
gutwara iki gikombe mu myaka 13, kuko hashize imyaka irindwi icyegukanye ubwo
yatsindaga Chelsea igitego 1-0.
Muri uyu mwaka n’ubundi nta gihindutse
Liverpool niyo kipe ihabwa amahirwe yo kuzegukana iki gikombe.
Uku niko urugendo rw'amakipe ruteye kugera ku mukino wa nyuma
Real Madrid niyo yegukanye igikombe cy'umwaka ushize, ikaba ari nayo ifite ibikombe byinshi 4
TANGA IGITECYEREZO