Kuri uytu wa Gatatu mu gihugu cy’ubwongereza hakomezaga imikino y’umunsi wa 15 muri shampiyona yaho izwi nka ‘Premier League’, amakipe nka Liverpool yitwaye neza imbere ya Everton, Manchester United ikosora Tottenham ya Mourinho wahoze atoza Man United ndetse na Chelsea yongera kubona amanota atatu ayihesha kuguma mu makipe ane ya mbere.
Mu mukino utari woroshye wabereye Old Trafford Manchester
United ibifashijwemo na Marcus Rashford wayitsindiye ibitego bibiri yitwaye
neza ibasha gukura amanota atatu Tottenham Hotspur iyitsinze ibitego 2-1 mu
mukino wahise utuma Manchester United izamuka ikajya ku mwanya wa gatandatu ku
rutonde rwa shampiyona. Igitego kimwe rukumbi cya Tottenham cyatsinzwe na Dele
Alli.
Mu ijoro ryakeye byari ibirori Anfield mu mujyi wa Liverpool
kuko abakunzi b’umupira w’amaguru bongeye kwibuka bya bihe byo hambere, iyo ni Merseyside Derby, ukaba ari umukino ukomeye
cyane uhuza Liverpool na Everton.
Gusa arikoguhangana bisa n’aho byagabanyutse, kuko n’ubundi
nta gitunguranye Liverpool yegukanye amanota atatu nyuma y’intsinzi y’ibitego 5-2, Divock Origi yatsinze ibitego bibiri, Giorginio
Wijnaldum atsinda igitego kimwe, Sadio Mane na Xherdan Shaqiri nabo batsinda
igitego kimwe kimwe bafasha Jurgen Klopp
kwegukana amanota atatu akomeza kubaha icyizere cyo kwegukana igikombe cya shampiyona
ariko ku rundi ruhande bikomeza gushyira mu mazi abiri Marco Silva bivugwa ko
ashora kwirukanwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe. Michael Keane na Richarlison nibo
batsindiye Everton.
Mu wundi mukino Chelsea yari yatakaje umukino uheruka muri
shampiyona, kuri uyu wa Gatatu yitwaye neza imbere ya Aston Villa ibasha
gutsinda ibitego 2-1, byatsinzwe na Tammy Abraham wari wagarutse avuye mu mvune
nubwo yongeye akagira ikibazo mu mukino hagati na Mason Mount utaherukaga gutsinda,
Mahmoud Hassan niwe watsindiye Aston Villa.
Uko imikino yo kuwa Gatatu yagenze
FT:
Chelsea 2-1 Aston Villa
FT:
Liverpool 5-2 Everton
FT: Man
United 2-1 Tottenham
FT:
Leicester City 2-0 Watford
FT:
Wolves 2-0 West Ham
FT:
Southampton 2-1 Norwich City
Imikino iteganyijwe kuwa Kane
21:30 ―
Shiffield United v Newcastle
22:15 ― Arsenal v Brighton & Hove Albion
Uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze
Markus Rashford watsinze igitego kimwe muri bibiri batsinze Tottenham
Manchester United yahise izamuka ku rutonde rwa shampiyona ubu iri ku mwanya wa Gatandatu
Ole Gunnar utoza Manchester United na Mourinho utoza Tottenham
TANGA IGITECYEREZO