RFL
Kigali

Ibintu 5 by’ingenzi ukwiye kumenya kuri Paris Saint-Germain igiye kujya yamamaza 'Visit Rwanda'

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/12/2019 7:53
0


Kuba Real Madrid ifite uruhare runini mu ivuka rya Paris Saint Germain, benshi ntimubizi kuko byabaye mu myaka yo hambere, gusa kuri ubu ni ikipe isi yose yubaha kubera ibigwi byayo, kuko imaze gutwara ibikombe 40 mu marushanwa atandukanye. Bamwe mu bakinnyi b’iyi kipe barasesekara mu rw’imisozi 1000 mu minsi iri imbere.



Umupira w’amaguru ni imwe muri siporo zikunzwe mu Bufaransa, hari utabyemera yasubiza amaso inyuma akareba ibyishimo abafaransa bari bafite ubwo batwaraga igikombe cy’isi cya 2018 cyabereye mu Burusiya, ni ikiragano kandi gikomeye ku gihugu cy’u Bufaransa.

Buri mujyi ukomeye mu Bufaransa ufite ikipe kandi ikomeye, aha twavuga nka Nantes, Marseille, Paris, Lyon, Monaco n’iyindi. Umujyi wa Paris ni umwe mu mijyi yahiriwe cyane mu Bufaransa kuko ufite ikipe y’ubukombe ku isi, bityo igahora isusurutsa uyu mujyi. Iyi kipe ifite byinshi byagiye biyiranga bituma iba Paris Saint Germain tubona kuri ubu.

Inyarwanda.com yaguhitiyemo ibintu bitanu byaranze iyi kipe, bimwe muri byo biratangaje. Ibintu 5 byaranze PSG mu mateka kugeza uyu munsi bikaba bikizirikanwa.

1.   Real Madrid yo muri Espagne yagize uruhare runini mu ivuka rya PSG

Ivuka rya PSG ihora ari inkuru iganirwaho n’abakanyujijeho mu Bufaransa, kuko n’icyegeranyo kivuga uko byagenze kimaze imyaka mike kigiye hanze.

Mu myaka 50 ishize umujyi wa Paris nta kipe wagiraga, ariko i Madrid muri Espagne hakaba ikipe ikomeye yitwa Real Madrid yayoborwaga n’umugabo witwa Santiago Bernabeu, wasanze ubumenyi bwe bukwiye kwaguka bukajya n’ahandi, niko kunyarukira mu Bufaransa agira inama umuyobozi wayoboraga umujyi wa Paris ko hagomba kuvuka ikipe, ariko ikibazo cyari gihari cyari amafaranga, Santiago abagira inama yo guterateranya buri wese akazana ayo afite ariko ikipe ikavuka,  maze iyitwa PSG tubona kuri ubu ivuka ityo ku gitekerezo cya Santiago Bernabeu wari Perezida wa Real Madrid.


2.   PSG ni ikipe y’ubukombe mu Bufaransa

Uretse kuba itaramara imyaka myinshi ivutse, Paris Saint Germain ni yo kipe ifite ibikombe byinshi mu gihugu cy’u Bufaransa mu myaka 48 gusa imaze ivutse.

Igitangaje ni uko ubushoramari n’ubucuruzi bwahinduye ubuzima bw’iyi kipe ku kigero cya 100%, umunya Brazil Neymar n’umufaransa Klyan Mbappe basinye mu myaka 2 ishize muri iyi kipe, nibo bakinnyi bari bahenze ku mugabane w’iburayi, kubera ko Miliyoni 400 z’amayero ni zo zashowe kugira ngo bavane Neymar muri Barcelone na Klyan Mbappe muri Monaco.

Muri rusange PSG imaze kwegukana ibikombe 40 bitandukanye birimo 8 bya Ligue 1, igikombe 1 cya Ligue 2, 12 bya Coupe de France, 8 bya Coupe de la Ligue, 9 bya Trophee des champions, 1 UEFA Cup Winners Cup ndetse n’igikombe 1 cya UEFA Intertoto Cup.

3.   Mu myaka 10 ishize PSG yarwanaga no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri iza kurokoka ku mukino wa nyuma wa shampiyona.

Kuri ubu PSG ni imwe mu makipe ahangana n’amakipe akomeye ku mugabane w’iburayi nka Barcelona, Real Madrid, Manchester United, Liverpool n’ayandi, nyamara ibi byose yabigezeho nyuma yuko abaherwe b'abanya Qatar bashoyemo akayabo k’amafaranga.

Gusa ariko ntawakwibagirwa ko mu mwaka w’imikino wa 2007-2008 PSG yamaze imikino myinshi ya shampiyona iri mu makipe yamanuka mu cyiciro cya kabiri isaha n’isaha.

Abafana ba PSG ntibazibagirwa umukino wasozaga shampiyona, ukaba waragombaga kubakura mu cyiciro cya mbere cyangwa bakakigumamo, icyo gihe PSG yatsinze Sochaux ibitego 2-1, byose byatsinzwe na Amara Diane’ kuri ubu ugifatwa nk’intwari mu mujyi wa Paris.

4.   Benshi mu bafaransa ntibakunda PSG, ahubwo usanga iyi kipe ikundwa cyane n’ibyamamare.

Indirimbo yamamaye cyane ikunda kuririmbwa n’abafana ba PSG cyane iyo bari ku kibuga Parc des Princes baba bagira bati” Nta muntu n'umwe udukunda, ibyo ntitubyitayeho”.  Iyi ni indirimbo yihariwe n’abafana b’iyi kipe.

Benshi mu bafaransa ntibakunda PSG, buri wese aribaza ati “Ni kuki iyi kipe idakundwa kandi itsinda kandi inatwara ibikombe”?  Igihari ni uko abakunzi b’umupira w’amaguru mu Bufaransa ntibakunda iyi kipe kubera ko ab’i Paris bashinjwa ubwirasi, ikindi ni uko iyi kipe ishinjwa kuba yarabonye amafaranga ikaba itakiri ku rwego rw’amakipe yo mu Bufaransa bigatuma yangwa n’abafaransa batari bake, kuba ihora itsinda hari benshi bitanezeza barushaho kugenda bayanga.

Gusa ariko nugera ku kibuga Parc des Princes uzahahurira n’ibyamamare bitandukanye kubera ko  bikunda iyi kipe cyane, usanga bavuye mu bihugu bitanduikanye bakaza i Paris gushyigikira iyi kipe.

5.   PSG niyo kipe yonyine itaramanuka mu cyiciro cya kabiri kuva yazamuka

Kuba mu mwaka w’imikino nwa 2007-2008 PSG itaramanutse mu cyiciro cya kabiri, byahise biyiha gukomeza kwandika amateka ikigenderaho kugeza uyu munsi, ikaba ariyo kipe yonyine itarigeze isubira mu cyiciro cya kabiri.

Muri PSG ntibazibagirwa ko ibara ry’umutuku n’ubururu bambara uyu munsi barihawe na Daniel Hechter, wari umufana ukomeye w’iyi kipe iherereye mu mujyi wa Paris. Umukeba wa mbere wa PSG ni Olympique de Marseille.


Neymar na Klyan Mbappe mu myaka ibiri ishize ni bo bakinnyi bari bahenze ku isi, ariko bigondewe na PSG


PSG ni imwe mu makipe akomeye ku mugabane w'iburayi


PSG niyo kipe imaze gutwara ibikombe byinshi mu Bufaransa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND