RFL
Kigali

Copa America 2020: Tombora yasize Messi na Sanchez mu itsinda rimwe, Brazil na Colombia bazisobanura

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:4/12/2019 16:54
0


Kuri uyu wa kabiri i Santiago muri Colombia habereye tombora ya Copa America 2020 izabera mu bihugu bibiri mu mpeshyi y’umwaka utaha, ni tombora yasize Brazil ifite igikombe giheruka na Peru yageze ku mukino wa nyuma bahuriye mu itsinda rimwe, Argentine na Chile bahurira mu rindi tsinda muri iri irushanwa ryiganjemo impinduka .



Ni irushanwa ryiganjemo impinduka ku mipangire n’imigendekere y’iri rushanwa ugereranyije n’imyaka ishize, ubusanzwe igihugu kimwe nicyo cyakiraga iri rushanwa, ariko kuri iyi nshuro irushanwa rizabera mu bihugu bibiri aribyo Argentine na Colombia, bikaba bibaye ku nshuro ya mbere kuva mu mwaka wa 1983.

Amakipe y’ibihugu 12 yitabira yagabanywaga mu matsinda atatu, buri tsinda rikaba rigizwe n’amakipe ane, kuri iyi nshuro amakipe y’ibihugu 12 agabanyije mu matsinda abiri, buri tsinda rigizwe n’amakipe atandatu, aya matsinda akaba azakinira mu bihugu bitandukanye, itsinda rya A ririmo  Argentine niho rizakinira, naho itsinda B ririmo Colombia nabwo rizakinira muri iki gihugu.

Copa America itegurwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa America y’Epfo izwi nka CONMEBOL, yitabirwa n’ibihugu 12, birimo 10 bituruka muri America y’Epfo ndetse n’andi makipe y’ibihugu abiri aba yatumiwe aturutse kuyindi migabane, kuri iyi nshuro Qatar izakira igikombe cy’isi cya 2022 ndetse na Australia nibo batumirwa.

Uko amakipe y’ibihugu yatomboranye:

Group A: Argentine,Australia, Urguay, Bolivia, Paraguay na Chile

Group B: Colombia, Brazil, Qatar, Venezuela, Equador na Peru

Buri tsinda rizavamo amakipe ane ajya muri ¼, amakipe ane azakinira muri Colombia andi ane akinire muri Argentine, muri ½  umukino umwe uzabera muri Colombia undi ubere muri Argentine, umukino wa nyuma uteganyijwe tariki 12 Nyakanga 2020, uzabera mu gihugu cya Colombia kuri Estadio Metropolitano Roberto Melendez Barranquilla.

Urguay niyo imaze gutwara Copa America nyinshi mu mateka, kubera ko yibitseho ibikombe 15, igakurikirwa na Argentine imaze gutwara ibikombe 14, mu gihe Brazi ifite ibikombe 9.

Igikombe giheruka gukinwa mu mpeshyi y’umwaka wa 2019, cyatwawe na Brazi yari yanakiriye iri rushanwa, ihita yuzuza umubare w’ibikombe 9 bya Copa America imaze gutwara.

Copa America 2020 iteganyijwe gutangira gukinwa tariki 12 Kamena kugeza Tariki 12 Nyakanga 2020, kikazabera mu mijyi 9 itandukanye iri mu bihugu bibiri bizakira iri rushanwa.


Uko amakipe agabanyije mu matsinda

    

Brazil niyo ifite igikombe giheruka gukinirwa


Uruguay nicyo gihugu gifite ibikombe bya Copa America byinshi kuko kibitseho 15






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND