Iyo umuntu ari mu kibatsi cy’urukundo na mugenzi we ntabwo aba yibwira ko bishobora kurngira kandi bikarangira nabi, iyo atari yarabyiteguye cyangwa atari abizi bikamubaho bimutunguye usanga uwo bibayeho agira agahinda gakabije, ndetse akagira igisebe twakwita umufunzo ku mutima ku buryo bitoroshye kumwomora
Igikomere cy’urukundo ni ikintu kiryana nkuko
abahanga babivuga, intnganya zikabije, ibinyoma bitagira ingano,amagambo mabi
ashobora kurenga ibitekerezo by’uyumvisehamwe n’ibindi byinshi, bishobora gutuma
urukundo ruhagarara ubundi ikibazo kikaba kubyakira k’umutima ubabaye
Ese ni gute wakira igikomere cy’urukundo?
Abantu bababara bitandukanye, buri wese aba afite
uko yakira umubabaro we,n’uko abasha kuwikuramo, hari abo binanira bagakomeza
kureba amafoto y’abakunzi babo ndetse bakanabakurikirana cyane ku
mbugankoranyambaga hari abahitamo kubisohokamo neza bagashaka abandi bakunzi bashya
kugirango bibagirwa abambere n’ibindi byinshi
Ariko se uburyo bwiza bwo kwigobotora igikomere
watewe n’urukundo ni ubuhe?
Mu by’ukuri abantu bakundanye igihe kirekire cyane
noneho bakaza gutandukana, ububabare ntibupfa gushira n’iyo wagira ute nkuko
abahanga babivuga
Gua ngo hari uburyo bwo kwiyubaka gahoro gahoro
bwagufasha gusohora icyo gikomere muri wowe
Intambwe ya mbere ni ukwakira uwo mubabaro uhuye na
wo: akenshi usanga iyo umuntu atandukanye numukunzi we, agira agahinda kenshi
akiheba bikabije ndetse akumva ko atabaho atamufite, aha nakubaza nti ese
utaramubona ntiwari uriho? Akenshi usanga umuntu ahangayika ndetse akumva ko
abantu bose bamwanze mbese akumva ko atari uwo gukundwa
Banza wibaze uti ese ndiyumva nte nyuma yo
gutandukana n’umukunzi wanjye? Ese kuki numva mfite ubwoba?ibibazo bimeze bityo
bizagufashakurenga uwo mubabaro ufite
Emera igihombo ugize: nibwo rwose gutandukanan’umukunzi
bisa n’ibituma wumva hari icyuho kibaye mu buzima bwawe ndetse biragora
kwibagirwa ako kanya, ubw wumva wanamwandikir cyangwa ukamuhamagara ariko icyo
gihe uba uri gukereza gukira kwawe
Gerageza kumwivanamo usibe nomero ze ndetse
ntunamukurikirane ku zindi mbuga biragoye ariko wabyibuza bigakunda, buri muti
wose urasharira
Sobanukirwa impamvu yo kubabara kwawe: Birashoboka ko umuntu ahagarika urukundo atanatanze impamvu yabyo, icyo gihe biragrana cyane ndetse bifata igihe kinini ngo ukire kuko uwanzwe ntaba azi impamvuy’umubabaro we, aha rero uribaza uti ese nakundanye n’umuntu utankwiriye? Ese ni iki cyaba cyaranteye iki gikomere?Iyo ubashije kubona igdubizo uba uri mu nzira yo gukira
Fata igihe gihagije: igikomere ahanini gishobora gufata
amezi menshi cyangwa se kigafata umwaka iyo uwo mwatandukanye mwari mumaranye
igihe kinini ariko icyo ukwiye kumenya nuko igihe gikiza ibikomere byose,
wifata umwanya utekereza ibibi gusa, fata igihe cyawe wiyubaka bundi bushya,
umenye neza ko uko utegura ejo hawe heza ni nako wibagirwa umubabaro wahuye na
we
Src: parlerdamour.fr
TANGA IGITECYEREZO