RFL
Kigali

Urutonde rw'ibyamamare bikomeye byasuye u Rwanda mu mwaka wa 2019

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:3/12/2019 12:57
0


U Rwanda ni igihugu kimaze kuba ubukombe mu gusurwa n’abantu b’ingeri zitandukanye bakururwa n’ibyiza birutatse birimo ingagi zo mu birunga, Pariki ya Nyungwe n’iy’Akagera n’ahandi hantu nyaburanga.



U Rwanda kandi ni igihugu kimaze kuba igicumbi cy’inama n’iminsi mikuru ikomeye ku Isi, ibi nabyo biri mu bituma rugendererwa n’abantu benshi cyane baturutse imihanda yose y’Isi.

Mu nkuru z’uruhererekane zivuga ku byaranze uyu mwaka wa 2019 turi kugana ku musozo, tugiye kubagezaho abantu b’ibyamamare bageze mu Rwanda ku bw’impamvu zitandukanye.

Kuri uru rutonde ntabwo twashyizeho, abakuru b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro bakomeye nabo baje mu Rwanda.

 Diamond Platnumz

Diamond Ptanumz ni umuhanzi ukomoka muri Tanzaniya ukunzwe n’abantu batari bake muri Afurika no ku Isi yose. CNN iherutse kumushyira ku rutonde rw’abahanzi bakunzwe kurusha abandi muri Afurika.

Uyu mugabo muri uyu mwaka yageze mu Rwanda ubwo yari yitabiriye igitaramo cyo gusoza iserukiramuco rya Iwacu Muzika Festival ryabaye ku nshuro ya mbere.

Iki gitaramo cyabereye muri Parikingi ya Sitade Amahoro cyitabiriwe n’abantu babarirwa mu bihumbi byinshi bari babukereye bashaka kureba uyu mugabo uri guca ibintu muri iyi minsi.

Ikitazabigirana ku rugendo Diamond yakoreye mu Rwanda ni uko yasubiye iwabo yirahira inyubako ya Kigali Arena asaba ko yakubwaka n’iwabo.

Jidenna

Jidenna Theodore Mobisson ni umuraperi w’umunyamerika ufite inkomoko muri Nigeria. Yamamaye cyane biturutse ku ndirimbo ye yise “Classic Man” yashyize hanze mu 2015.

Jidenna aheruka mu Rwanda vuba aha, aho yaririmbye mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2019. Yashimye Perezida Paul Kagame uburyo agejeje u Rwanda ku iterambere ndetse avuga ko yifuza guhura nawe.

Awilo Longomba.

Uyu musaza wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zo mu njyana ya Rumba akomoka muri Repubulika iharanira Demukarasi Kongo. Ikirenge cye cyakandagiye mu rw’imisozi igihumbi muri uyu mwaka wa 2019 ubwo yitabiraga igitaramo cya Kigali Jazz Junction cyabaye mu gusoza ukwezi k’Ukwakira.

Patoranking

Patrick Nnaemeka Okori, umuhanzi ukomoka muri Nigeria ukunzwe cyane mu njyana ya Dancehall, asoje umwaka wa 2019 ageze mu Rwanda dore ko bitari n’ubwa mbere ahageze.

Yitabiriye inama ya Youth Conneckt  yabaye kuva tariki 09 Ukwakira  kugera tariki 11 Ukwakira 2019 ndetse anaririmba mu gitaramo cyo kuyitangiza yahuriyemo n’abandi bahanzi barimo Meddy, Bruce Melodie, na Queen Cha.

Drogba

Didier Yves Drogba Tébily, umugabo ukomoka muri Cote d’Ivoire akaba yaramamaye bitewe no guconga ruhago. Yaciye mu makipe atandukanye yo ku mugabane w’u Burayi agirira ibihe byiza cyane mu ikipe ya Chelsea.

Didier Drogba wahagaritse gukina umupira w’amaguru, yaje mu Rwanda ubwo yari yitabiriye Inama ya Youth Conneckt Africa yabaye mu Ukwakira, ku munsi wa kabiri w’iyi nama yatanze ikiganiro agaragaza uburyo impano y’umuntu ashobora kuyibyazamo amafaranga.

Ne-Yo

Shaffer Chimere Smith umunyamerika w’icyamamare mu njyana ya R&B ku nshuro ye ya mbere yabashije gukandagira mu Rwanda. Yaje yitabiriye umuhango wo kwita Izina abana b’ingagi ndetse yita umwe muri abo bana, “Biracyaza”.

Nyuma y’umunsi umwe avuye mu Kwita Izina Ne-Yo yahuye n’abandi bahanzi bakomeye bo mu Rwanda, mu gitaramo cya mbere cyabereye mu nyubako ya Kigali Arena. Igitaramo cya Ne-Yo cyitabiriwe n’abarimo Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Burna Boy

Uyu muhanzi uherutse kujya ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya Grammy Awards, nawe ari mu byamamare byageze mu Rwanda. Hari ku nshuro ya mbere akandagiye mu rwa Gasabo ubwo yahakoreraga igitaramo yise Burna Boy Experience cyabereye mu nyubako ya Intare Conference Arena tariki 23 Werurwe 2019.

Naomi

Umunyamideli w’umwongerezakazi Naomi Campbell ni umwe mu byamamare byatumiwe mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 15, mu birori byabereye mu Karere ka Musanze tariki 06 Nzeri 2019.

Nyuma yo Kwita Izina abana b’Ingagi Naomi Campbell yasuye Pariki y’ibirunga asura imiryango itandukanye y’ingagi arishima cyane.

David Luiz

Umukinnyi w’ikipe ya Arsenal ukomoka muri Brezil, David Luiz, umwaka wa 2019 azawandika mu mateka ye kuko ari bwo bwa mbere yabashije gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.

Yageze i Kigali tariki 10 Ukwakira aherekejwe n’umubyeyi we n’umukunzi we. Icyari kizanye David Luiz kwari ugusura ingagi zo mu birunga ndetse asura ikipe y’abana bato bakina umupira w’amaguru. David Luiz kandi yahuye n’abakunzi b’ikipe ya Arsenal bo mu Rwanda bagirana ikiganiro.

Louis Van Gaal

Uyu mugabo yamamaye mu gutoza amakipe atandukanye yo ku mugabane w’u Burayi arimo Manchester United yo mu Bwongereza na FC Barcelona yo muri Espagne.

Nawe ari mu byamamare byasuye u Rwanda aho yitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 15, akaba yaraboneyeho n’umwanya wo kuzisura.

Tony Adams

Tony Alexander Adams wakiniye Arsenal yo mu Bwongereza imyaka 19 akaba na Kapiteni wayo imyaka 14 nawe yaje mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2019.

Igikorwa nyamukuru cyari kimuzanye ni umuhango wo kwita Izina abana b’ingagi wabaye ku nshuro ya 15 muri Nzeri 2019. Umwana w’ingagi yamwise “Sura u Rwanda”.

Maria Sharapova

Maria Yuryevna Sharapova w’imyaka 32 ni umurusiyakazi wamamaye ku Isi mu mukino wa Tenis. Yasuye u Rwanda u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo ubwo yari mu biruhuko.

Sharapova yagiriye ibihe byiza mu Karere ka Musanze aho yasuye ingagi zo mu Birunga nyuma ahura na Perezida Kagame n’abo mu muryango we.

Don Moen

Uyu ni umuramyi wahanze indirimbo zihembura imitima y’abakirisitu batagira ingano ku Isi ya Rurema.

Donlad James Moen yageze mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere ubwo yari yitabiriye igitaramo cya MTN Kigali Praise Fest Edition I cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village.

Igitaramo Don Moen yakoreye i Kigali cyitabiriwe n’abantu benshi cyane bari bafite amatsiko yo kumubona amaso ku maso nyuma y’imyaka myinshi bamubona kuri televiziyo gusa.  

Jidenna ni we muhanzi ukomeye uheruka i Kigali 

Awilo Longomba yaririmbye muri Kigali Jazz Junction 

Diamond Platnumz ni we wahaye umugisha Iwacu Muzika Festival

Didier Drogba yatanze ikiganiro mu nama ya Youth Conneckt

Patoranking yataramiye i Kigali muri uyu mwaka     


Nyuma yo Kwita Izina Ne-Yo yataramiye i Kigali 

Naomi Campbell yasuye ingagi zo mu birunga

Luis Van Gaal yitabiriye umuhango wo kwita izina ingagi

Don Moen yataramiye i Kigali ku nshuro ya mbere mu 2019

Maria Sharapova muri Pariki y'ibirunga

David Luiz yateye igiti ku nkengero za pariki y'ibirunga 
Burna Boy uri mu bahatanira Grammy Awards yaciye i Kigali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND