RFL
Kigali

Dore ingaruka ziterwa no kudafata imiti neza nk'uko wayandikiwe na muganga

Yanditswe na: Editor
Taliki:30/11/2019 8:30
0


Akenshi iyo umuntu yumva hari ibitagenda neza mu mubiri atekereza k’uburwayi akihutira kujya kwa muganga kwivuza, muganga akamusuzuma yarangiza akamuha imiti bigendanye n’uburwayi amusanganye. Gusa hari igihe rimwe na rimwe usanga imiti bamwandikiye atayifata uko byagenwe na mugaga cyangwa yakumva amaze gutora agatege akayihagarika itarangiye.



Gusa ntibivuze ko uko muganga yayanditse ariko bose babikurikiza kuko hari igihe usanga umuntu yifatira imiti uko yishakiye cyangwa se adakurikije amabwiriza ya muganga bitewe n’impamvu nyinshi zitandukanye hakaba n'ikindi gihe umuntu yumva yakize agahagarika gufata imiti atayirangije yose nk'uko yayandikiwe na muganga. Ese ni izihe ngaruka zizanwa no kunywa imiti mu buryo wiboneye cyangwa se guhagarika kuyinywa idashize kubera ko wumvise wakize? Mbese ubundi ni iki umuntu yakora kugira ngo imiti afata itamutera ibibazo mu kimbo cy’ibisubizo?

Ubundi se ni ngombwa ko wakomeza kunywa imiti kandi wumva wakize?Abantu bamwe na bamwe bagira ikibazo cyo kudafata imiti neza nk'uko baba bayandikiwe na muganga cyangwa n’abahanga mu by’imiti, abandi bayifata neza nk'uko bitenganyijwe ariko bakumva batangiye gutora agatege bagahita bayireka kuko baba bumva bakize. Ariko ibyo byose bifite ingaruka nyinshi ku buzima bwacu. Nk'uko bitangazwa n’abahanga mu buvuzi ndetse n’abahanga mu by’imiti (Pharmacist), iyo umuntu atanyoye imiti nk'uko bayimwandikiye cyangwa ntayirangize neza agerwaho n’ingaruka zitandukanye zirimo izi zikurikira: 

-Kuba warushaho kuremba kandi uburwayi bwawe bukaba bubi cyane.

-Kuba wamara mu bitaro igihe kirekire.

-Kuba imiti yajyaga ikuvura itazongera kukuvura (Drug resistance).

-Kuba wakwangirika zimwe mu ngingo z’ingenzi zo mu mubiri, nk’impyiko, umwijima, umutima n’izindi zitandukanye ndetse bishobora ku kuviramo uburwayi bw’igihe kirekire cyangwa urupfu.

Nk'uko Ikigo gishinzwe kurwanya indwara CDC (Center for Disease Control and Prevention) kibitangaza abari hagati ya 30 na 50 ku ijana y’abadafata imiti neza nk'uko muganga aba yayibandikiye bibaviramo uburwayi bw’igihe kirekire no kunanirwa kuvurwa, mu gihe abangana na 125,000 bapfa buri mwaka biturutse ku kudafata imiti neza nk'uko baba bayandikiwe.

Ubushakashatsi bugaragaza ko abari hagati ya 25 na 50 ku ijana y’abafata imiti igabanya ibinure mu mubiri (choresterol lowering medications) batayifata neza nk'uko muganga aba yabibandikiye ibi rero bikaba bigenda bibatera ibibazo bitandukanye biganisha ku rupfu.

 Ubirebeye mu ibarurisha mibare: Ikibazo cy’abadafata imiti neza nk'uko byagenwe n’abaganga dore uko gihagaze.

·         Ku kigero cya 50% ntabwo imiti ifatwa neza nk'uko biba byategetswe na muganga.

·         Ku kigero cya 60% cy’abafata imiti y’igihe kirekire nyuma y’amezi 6 barekeraho kuyinywa nk'uko byagenwe na muganga cyangwa se bakayihagarika burundu.

·         Mu gihe abagera kuri 51% y’abafata imiti y’umuvuduko w’amaraso (blood pressure) aribo bonyine bakomeza gufata imiti y’igihe kirekire nk'uko byagenwe na muganga.

Ese ni izihe mpamvu zituma abantu badafata imiti neza nk'uko bayandikiwe na muganga?Abarwayi benshi ntibakurikiza amabwiriza baba bahawe y’uko bagomba gufata imiti ku bw’impamvu nyinshi zirimo izi zikurikira:

-Kudasobanukirwa neza amabwiriza bahawe

-Kwibagirwa

-Kuba bafite ubwoko bw’imiti bwinshi bagomba gufata kandi mu buryo butandukanye

-Kubera ibibazo iyo miti ibatera bigatuma bayireka. Urugero: Nko kuyinywa bakumva umubiri wacitse intege.

Hagati aho n’ikiguzi cy’imiti gishobora kuba kimwe mu mbogamizi zo kudafata imiti neza mu gihe umurwayi atabasha kwigurira iyo miti cyangwa akaba yafata ingano ntoya kuyo yari agenewe gufata kugira ngo ibashe kumumaza igihe kirekire. Ariko nanone gufata imiti neza nk'uko byagenwe na muganga nibyo byonyine bibasha gutanga igisubizo cya nyacyo nk'uko bitangazwa na muganga Kimberley DeFronzo ushinzwe ikoreshwa neza ry’imiti mu gashami k’ubushakashatsi no gukurikirana imiti mu kigo gishinzwe ibiryo n’imiti FDA (Food and Drug Authority).

Dore uburyo ushobora gukoresha kugira ngo ubashe gufata imiti neza nk'uko byagenwe kugira ngo wirinde ibibazo byazanwa no gufata imiti nabi.

·         Gufatira imiti yawe ku gihe kimwe buri munsi mbega kidahindagurika

·         Kuzirikana uburyo bwo gufata imiti yawe buri munsi nkuko wibuka gufata ifunguro. Mbere yo guhitamo ibyo uri burye, ibuka kureba niba imiti yawe ifatwa mbere yo kurya cg se nyuma yo kurya.

·         Fata indanga gihe y’imiti yawe hamwe n’agacupa cyangwa ibyo imiti ibitsemo noneho buri uko ufashe umuti wandikeho.

·         Shaka ahantu ho gutwara imiti kuko usanga abantu akenshi bafite imiti itandukanye bagomba gufata kandi ku masaha atandukanye.Urugero: mu gitondo,saa sita ndetse na n’ijoro

·         Gushyira ararume (Alarm) muri Telephone cg mwisaha yawe ikwibutsa ko isaha yo gufata imiti yageze.

·         Mu gihe ugize urugendo ibuka gupakira imiti yawe ingana n’igihe uzamara noneho urenzeho n’iyi minsi mike mu gihe haba hagize igihinduka ku gihe cyari giteganyijwe ko uzamara

·         Niba nabwo ufashe urugendo rw’indege imiti yawe ujye uyishyira mu gikapu uri kugendana kugirango wirinde kubura kw’imizigo cyangwa kuba yakangizwa n’ubushyuhe bwinshi buba buri aho babika imizigo.

Si byiza kurenga ku mategeko wahawe na muganga kuko ni we wenyine uba uzi ibyerekeye uburwayi bwawe. Ni byiza ko ufata imiti nk'uko yayikwandikiye mu gihe waba ugize ikibazo kerekeye imiti wahawe uburyo ifatwamo ntukagire ipfunwe ryo kubaza umukozi waba ushinzwe ubuzima cyangwa umuhanga mu by’imiti waba ukwegereye kugira ngo abe yaguha ubufasha, wibuke ko ubuzima waba urimo kurengera ari ubwawe. Amagara araseseka ntayorwa. Tugire ubuzima bwiza!

Src: www.fda.gov/drugs/special-features

Umwanditsi:Niyibizi Honoré Déogratias-inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND