RFL
Kigali

Neza yavuze ko yaretse akazi keza muri Canada akajya gukorera umuziki muri Nigeria

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:26/11/2019 10:03
0


Umuhanzikazi w’umunyarwandakazi, Neza, yatangaje ko yataye akazi keza yakoraga mu kigo cya Leta muri Canada kugira ngo abashe gukora umuziki yakunze kuva akiri umwana.



Neza Patricia Masozera ni umwe mu bahanzikazi bakomoka mu Rwanda bari kugeregeza kumenyekanisha u Rwanda ku ruhando rwa Afurika biciye mu muziki.

Mu mwaka wa 2017 yegukanye igihembo cya Afrimma nk’umuhanzi utanga icyizere icyo gihe yari ahanganye n’abarimo Mr Eazy uri mu bahagaze neza muri Nigeria.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Nation cyo muri Nigeria Neza yagarutse ku rukundo rwe rw’umuziki kuva akiri umwana kugeza atangiye kuwukora nk’umwuga mu 2017.

Neza yavuze ko umuhamagaro yiyumvamo kuruta iyindi ari ukuririmba ari nayo mpamvu yafashe icyemezo cyo kuva ku kazi ka leta yakoraga muri Canada akajya kuba muri Nigeria kugira ngo ahakorere ibyo akunda.

Ati “ Mu 2017 nabonye amahirwe yo gukorana n’inzu ifasha abahanzi iri muri Lagos, nahise ndeka akazi ka buri munsi nakoraga mu kigo cya leta kiri mu mujyi wa Ottawa cyitwa OSFI (Office of the Superintendent of Financial Institutions) nimukira muri Nigeria kugira ngo nkore umuziki wanjye.”

Iyi nzu ifasha abahanzi ni MCG Empire iyoborwa na MC Galaxy bakaba baratandukanye nyuma y’umwaka umwe bakorana.

Neza avuga ko icyemezo cyo kureka akazi ka leta akajya mu muziki ari kimwe mu byiza yafashe kuko yumvaga ubuzima bwe butameze neza atari kuririmba.

Ati “ Nicyo cyemezo cyiza kurusha ibindi nafashe mu buzima bwanjye. Kwicara mu biro kuva saa tatu kugeza saa kumi n’imwe byari binkomereye. Numvaga ubuzima buri kunsiga kuko numvaga nkumbuye umuhamagaro wanjye nyakuri. Sinshobora guhindura ubuzima ndimo ubu uko byagenda kose. Ndanezerewe.”

Neza yavuze ko bwa mbere ajya gukorera umuziki muri Nigeria bitagenze neza nk’uko yabyifuzaga kuko nta ruhare rugaragara yagiraga mu gufata ibyemezo biganisha ku iterambere rye nk’umuhanzikazi.

Ati “ Ubwo nimukiraga i Lagos hafi ya buri mwanzuro werekeranye n’iby’umuziki wanjye nawufatirwaga n’abandi. Kuva ku bwoko bw’umuziki nkwiye gukora, kugera n’uko ngomba kugaragara kandi ntibyigeze bitanga umusaruro.”

Ubu avuga ko afite itsinda rimufasha ku buryo abakunzi be ahaba ibyo yifuza bidaturutse mu bushake bw’undi muntu.

Kuva Neza yatandukana na MCG Empire mu 2018 yahise asubira muri Canada, yongera kugaruka yo muri Gicurasi uyu mwaka ubwo yari agiye kwizihiza isabukuru y’umwaka umwe amaze mu rukundo n’umuraperi Skales wo muri Nigeria.

Kuva ubwo Neza yahise aguma muri Nigeria hafi y’umukunzi we ari naho akorera umuziki binyuze muri label ya Skales yitwa OHK Music ndetse aherutse gushyira hanze indirimbo yise Killa.

Neza n’umukunzi we bivugwa ko babana nk’umugabo n’umugore baherutse guca amarenga ko baba bitegura no kubyara umwana wabo w’imfura.

Neza avuga ko nta kindi yakora kitari umuziki

Neza akundana na Skales ari nawe uri kumufasha mu bijyanye n'umuziki





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND