Buri mugabane ubarizwa kuri iyi isi ya Rurema, bisa nk’aho ugiye ufite ikintu uzwiho kihariye. Kibe cyiza, cyangwa se kibi! Nk’umugabane wa Afurika, ufatwa nk’umugabane w’intambara n’amakimbirane, inzara, ubukene ndetse n’ibindi.
Uyu munsi, ntabwo tuvuga kuri Afurika. Ahubwo, turibanda ku mugabane wa Asia, aho turareba ibijyanye n’ubuhambare bwawo mu gucukura peterori ndetse n’ibiyikomokaho. Ubu, ni ubucuruzi (business) bumaze gufata indi ntera, ndetse bukaba bunagira ingaruka nziza cyangwa se zitari nziza ku mibereho y’abantu ya buri munsi ku isi.
Imibare
igaragaza ko byibuza bibiri bya gatatu bya peterori
ikoreshwa ku isi ituruka ku mugabane wa Asia. Babaye ubukombe!.
Gusa, n’ubwo inyinshi ituruka kuri uyu mugabane, ntabwo ariko ihakoreshwa ari
nyinshi! Usanga igurishwa cyangwa se ikaba icukurwa n’inganda z’imahanga,
hanyuma zikayijyana ahandi nko muri Leta Zunze Ubumwe zA Amerika, ari naho
hakoreshwa peterori nyinshi ku isi.
Kuri
uyu mugabane kandi haboneka n'ibindi bihugu bicukura peterori nk'u Buhinde butunga ingunguru zigera kuri miliyoni 2.5, bigatuma ubucukuzi bwa peterori bwinjiza
75% ku musaruro w'imbere mu gihugu. Nyuma yacyo haza ibihugu nka: Indonesia,
Malaysia, Vietnam ndetse n'ibindi.
Bisa
nk'ibyihariye, kuri uyu mugabane kandi, haboneka ibindi bihugu biri mu Burasirazuba bwo hagati (Middle East). Ni ibihugu by’Abarabu. Aha, hacukurwa
peterori ku buryo buhambaye, kugeza aho usanga umuntu byaramukijije, akaba
atunze amamiliyaridi y’amadorali. Imibare igaragaza ko muri iki gice cy’isi,
haturuka peterori ingana na 30% y’ikoreshwa ku isi hose.
Bimwe mu bigunguru bibikwamo peterori muri Saudi Arabia
Ubwo,
iba yaturutse mu bihugu nka: Saudi Arabia, hacukurwa ingunguru miliyoni 12 ku
munsi. Iki, kikaza no mu bihugu icumu bikoresha peterori nyinshi ku isi. Ku
isoko, Saudi Arabia itanga byibuza 15% ku isi hose. Nyuma y’ iki gihugu,
haboneka Iraq itanga ingunguru zikabakaba muri miliyoni 4.5 ku munsi, Iran nayo
igeza mu ngunguru miliyoni 5, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (United Arab
Emirates), ho hacukurwa ingunguru zirenga miliyoni 3 buri munsi. Ahandi ni
Kuwait nayo itungunya peterori igera ku ngunguru miliyoni 3.
Biragaragara ko ku isi hari ubucukuzi bwinshi bwa peterori ndetse n’ibindi biyiturukaho. Ntabwo bikorerwa gusa ubucuruzi, kuko iyi isi dutuye biba bisa nk’ aho itagira ubuzima nk’ubwo ifite ubu munsi y’ubutaka haramutse hatari ubu bukungu. Imibare igaragara mu nyandiko za CIA (Central Intelligence Agency) za 2015, ikigo cy’ubutasi cy’Amerika, igaragaza ko ku isi hakoreshwa ku munsi ingunguru zitari munsi ya 93, 500, 000.
Ni mu gihe urubuga YCHARTS
rugaragaza ko mu mwaka wa 2018 isi irimo ikabakaba mu gukoresha peterori igera
ku ngunguru miliyoni 100 ku munsi. Bitewe n’uburyo peterori ikomeza kugenda
ikenerwa cyane, mu mwaka wa 2023 hazaba hakoreshwa igera ku ngunguru miliyoni
104.7 ku munsi mu isi hose.
Ibihugu
bitanu bikoresha peterori nyinshi ku isi (www.eia.gov)
·
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA):
21%
·
China: 13%
·
India: 5%
·
Japan: 4%
·
Russia: 4%
Ifoto itwereka uko peterori igenda ikoreshwa n'ibihugu ku isi
Ifoto itwereka uko impuzandego ya peterori igenda ihinduka
Src: eia, indexmundi.com,
world.bymap.org, CIA.gov,
eia.gov
Umwanditsi: Faridi Muhawenimana-Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO