RFL
Kigali

Urutonde rw’ibihugu 10 by’ibihangange ku isi mu mwaka wa 2019

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:25/11/2019 9:49
0


Ubuhangange bw’igihugu runaka akenshi bushingira ku mafaranga, igisirikare gikomeye, ibyemezo gifata, uburyo amahanga agifata n’inkunga giha amahanga. Ese kuki muri Afrika haba ikibazo ugasanga hari igihugu cyo ku wundi mugabane kije gufata imyanzuro ? Ibi byose ni ibimwe mu biranga ubuhangange ndetse n'ubushongore.



Umunyarwanda ati”Akaruta akandi karakamira” Ibi ntabwo ari iby'iyi minsi muri iki kinyejana cya 21 na kera na kare byahozeho. Nushishoza neza uzasanga ku isi hari ibihugu by’ibihangange ndetse bimeze nk'aho ari ari byo biyobora isi. 

Ubu bushongore kubugeraho bisaba kubugeraho nta yindi nzira usibye ubutunzi buhambaye biba bifite, ikoranabuhanga rihambaye ndetse n’igisirikare gikomeye. Gusa akenshi uzasanga ibi bihugu bifite uburezi bufite ireme ryo ku rwego rwo hejuru kuko akenshi usanga abanyabwenge ndetse n’abafite inyota yo kuba intyoza mu kumenya isi bose bashaka kujya kuhaba.

Ese waba uzi impamvu ikibazo gishobora kubera ku mugabane runaka ugasanga inama zikigaho cyangwa imigambi yo kugicyemura ziri zibera ku wundi mugabane?  Impamvu nta yindi ni uko baba bagiye kureba bagashaka buhacye babahakishije ubutunzi babarusha ndetse n’amaronko y’ubufasha baba babatezeho, aha niho bya bihugu bifite ubuhanganye ndetse n’ijambo rihambaye bihera byigaragariza bigira uruhari mu gucyemura bya bibazo ndetse akenshi ugasanga bibogamiye ku ruhande bifitemo inyungu. 

Ni ukuvuga aha biba bimeze nk'uko abana babiri iyo batonganye akenshi usanga ikibazo gicyemurwa na se cyangwa undi muntu mukuru ubarusha ubushobozi ndetse n’ubunararibonye, gusa aha siko rimwe na rimwe bigenda kuko ibi bihugu bikunze kubogama ku ruhande bibona bifitemo inyungu. Kenshi na kenshi ibi bihugu bikunze kuba ari byo bitera inkunga nyinshi imiryango ikwiye guharanira kwishyira no kwizana kw'ikiremwa muntu ku Isi.   

Urutonde rw’ibihugu 10 bivuga rikijyana ku isi mu mwaka wa 2019

10. South KoreaUmugabane kiriho: Asia

Ucyiyobora: Moon Jae-in

9. Saudi ArabiaUmugabane kiriho: Asia

Ucyiyobora: King Salman bin Abdulaziz Al Saud”

8. IsraelUmugabane kiriho: Asia

Ucyiyobora: Reuven Rivlin

7. JapanUmugabane kiriho: Asia

Ucyiyobora: King Naruhito

6. FranceUmugabane kiriho: Europe

Ucyiyobora: Emmanuel Macron

5. United Kingdom

Umugabane kiriho: Europe

Ucyiyobora: Queen Elizabeth II

4. GermanyUmugabane kiriho: Europe

Ucyiyobora: Frank-Walter Steinmeier

3. ChinaUmugabane kiriho: Asia

Ucyiyobora: Xi Jinping

2. RussiaUmugabane kiriho: Europe na Asia

Ucyiyobora: Vladimir Putin

1. United StatesUmugabane kiriho: North America

Ucyiyobora: Donald Trump

Src: worldpopulationreview.com, usnews.com, ceoworld.biz






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND