Kuri iki cyumweru hasozwaga imikino y’umunsi wa 9 muri ‘Rwanda Premier League’, kuri Stade ya Kigali Gicumbi Fc yakinaga na Rayon Sports mu mukino wabonetsemo amahirwe menshi yo gutsinda ntabyazwe umusaruro ku mpande zombi, ariko Michael Sarpong umukino urangira abaye umucunguzi w’abarayon ku gitego kimwe yatsinze ku munota wa 86’.
Ni
umukino utatangiriye igihe kuko wakerewe
iminota ibiri ku gihe cyagenwe kuko watangiye saa 15h02’, mu gihe byari
biteganyijwe ko utangira saa 15h00’ ku mpamvu zitamenyekanye.
Mu
gice cya mbere cy’umukino Rayon Sports yari iri ku rwego rwo hejuru
bigaragarira buri wese, haba guhererekanya umupira mu kibuga ndetse no kugera
imbere y’izamu inshuro nyinshi, ariko kuzibyaza umusaruro kikaba ikibazo cy’ingutu.
Mu
minota 45 y’igice cya mbere Rayon Sports yabonye amahirwe menshi yo gutsinda
ariko bikanga, nko ku munota wa 26 Gilbert Mugisha wenyine imbere y’izamu
yahushije igitego ku mupira yari ahawe na Sarpong, ku munota wa 43 Herve
Rugwiro yahushije igitego ari imbere y’izamu wenyine ku mupira wari uvuye muri
Corner, mu minota ibiri yongeweho ubwo iminota 45 yari irangiye Radu
yazamukanye umupira acenga atera ishoti rikomeye mu izamu rya Gicumbi ariko
Ndayisaba Olivier amubera ibamba awushyira muri Corner.
Ku
ruhande rwa Gicumbi FC, rutahizamu wayo Dusenge Bertin yagerageje kugora
ubwugarizi bwa Rayon Sports ariko uburyo agerageje ntibuvemo ibitego. Ku munota
wa 45’ Nsengayire Shadad wa Gicumbi yahushije igitego ku ishoti rikomeye yateye
umupira ujya hanze. Bityo igice cya mbere kirangira nta kipe itsinze igitego.
Mu
gice cya kabiri Gicumbi Fc yaje yahinduye imikinire kuko yasatiriye cyane Rayon
Sports iyihusha ibitego byinshi, Rayon Sports yagaragaje imbaraga nke mu minota
30 ya mbere y’igice cya kabiri, yaje kwisubiraho yibuka ko ikeneye intsinzi
kuri uyu mukino, itangira gucurika ikibuga.
Espinoza
yakoze impinduka Bizimana Yannick yinjira mu kibuga hasohoka Gilbert Mugisha,hajyamo
Sekamana Maxime hasohoka Iranzi,
Commodore ava mu kibuga hinjira Imran Nshimiyimana.
Izi
mpinduka zongereye imbaraga Rayon Sports yongera gsatira cyane izamu rya
Gicumbi, Iragire Saidi aza no gutsinda igitego kirangwa, Maxime nawe ahusha
ikindi ari imbere y’izamu wenyine ariko akagozi kaza gucika ku munota wa 86’
ubwo rutahizamu ukomoka muri Ghana, Michael Sarpong yatsindaga
igitegocyahesheje amanota atatu Rayon Sports ku mupira wari uvuye kwa Radu
ukomeza gusirisimba mu rubuga rw’umunyezamu, usanga Sarpong aho ahagaze ahita
anyeganyeza inshundura.
Gutsinda
uyu mukino byafashije Rayon Sports guhita ifata umwanya wa gatatu n’amanota 18
ijya imbere ya Mukura yatakarije i Bugesera, kuri ubu ikaba irushwa na APR FC
ya mbere amanota 3.
Mu
yindi mikino yabaye Bugesera Fc ya Masudi Djuma yatsindiye i Nyamata Mukura
igitego 1-0, cyatsinzwe na Shaban Hussein Tchabalala, intsinzi yafashije
Bugesera kugaruka mu makipe 10 ya mbere.
Mu
karere ka Rubavu Police Fc yahatsindiye Etincelles igitego 1-0, cyatsinzwe na
Iyabivuze Osee, bituma Police ikomeza kunganya amanota na APR FC, ijya ku
mwanya wa kabiri bitewe n’umubare w’ibitego izigamye.
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa Gicumbi FC
Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports
Ni umukino wagoye Rayon Sports cyane
Uko
umunsi wa 9 muri ‘Rwanda Premier League’ wagenze
Ku wa kane:
v
Gasogi United 1-1 Musanze FC
Ku wa gatanu:
v
APR FC 3-1 Espoir FC
v
Sunrise FC 4-1 Heroes
Ku wa gatandatu:
v
AS Kigali 0-0 Kiyovu Sports
v
Marines 0-1 AS Muhanga
Ku Cyumweru:
v
Gicumbi 0-1 Rayon Sports
v
Bugesera 1-0 Mukura VS
v Etincelles 0-1 Police FC
Umwanditsi
– SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO