RFL
Kigali

Urwego rw’Umuvunyi rwahembye abanyamakuru bakoze inkuru nziza zirwanya ruswa kurusha iz'abandi

Yanditswe na: Editor
Taliki:20/11/2019 17:45
0


Urwego rw'Umuvunyi rufatanyije n’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi ku munsi wo kurwanya ruswa wahariwe itangazamakuru, rwahembye abanyamakuru 15 babaye indashyikirwa mu gukora inkuru n’ibiganiro birwanya ruswa kurusha abandi.




Habaye ikiganiro nyunguranabitekerezo kibanze ku ruhare rw'itangazamakuru mu kurwanya ruswa

Guhemba aba banyamakuru byakorewe kuri Lemigo Hotel uyu munsi tariki 20 Ugushyingo 2019. Uyu muhango witabiriwe n’abanyamakuru batanduknaye, ibigo bifite mushingano itangazamakuru n’ibindi bya Leta bishyize imbere intego yo kurwanya ruswa.

Mbere yo gutanga ibi bihembo ku banyamakuru, habaye ikiganiro nyungurana bitekerezo ku ruhare rwabo mu kurwanya ruswa. Abanyamakuru bagaragaje imbogamizi bahura nazo mu kurwanya ruswa binyuze mu mwuga wabo, bavuga ko akenshi bagorwa no kubona amakuru igihe bakora inkuru zicukumbuye kuri ruswa.

Batanze ingero bavuga ko akenshi amakuru bayakenera ku bayobozi bakayabima. Ibindi byagarutsweho ni ibiganiro by’imyidagaduro bikorwa ku buryo butari ubwa kinyamwuga, bikavugirwamo ibibonetse byose ku buryo bishora abanyamakuru mu kurya ruswa kandi aribo bakayirwanyije.

Ibi byahujwe na ruswa abanyamakuru basazwe bahabwa n’abaturage ngo babakingire ikibaba.Urwego rw’umuvunyi tariki 29 Nyakanga nibwo rwatanze intangazo rivuga ko abanyamakuru bakorera ibitangazamaku bitandukanye, bakoze inkuru n’ibiganiro birwanya ruswa bashobora kubitanga bakajya mu bahatanira ibihembo byatanzwe uyu munsi.

Abanyamakuru bahembwe bari mu byiciro 4, hari mo abakoze inkuru nziza zirwanya ruswa kurusha abandi kuri Radio, Televiziyo, abakorera ibinyamakuru bikorera kuri murandasi, n’abakorera ibinyamakuru bisanzwe bisohoka mu gihe runaka.

Abakoze inkuru za Radio hahembwe ni batanu, abakoze inkuru za Televiziyo nabo ni bane, abakoze inkuru kuri murandasi nabo ni bane naho mu binyamakuru bisanzwe hahembwa umwe.

Robert Bimenyimana umukozi muri RGB akaba n’umwe mu bari bagize akanama nkemuramaka mu gutoranya inkuru zabaye nziza kurusha izindi yagaragaje ko hari ibyo bagendeyeho birimo, icyo inkuru wakoze irwanya ruswa ivugaho, akamaro inkuru yawe ifitiye sosiyete, ubunyamwuga, uko inkuru yubatse, ubuhanga buri mu nkuru, kureba niba inkuru icukumbuye, n’ibindi bijyanye n’umwuga w’itangazamakuru.

Hari hari abanyamakuru benshi

Mu byiciro bine byahembwe uwa gatanu n’uwa kane bahembwe Recorder, uwa gatatu agahembwa Camera (Photo), uwa kane agahembwa 'Video Camera', naho uwa mbere ahembwa 'Video Camera' na ipaid.

Paluku Rene umunyamakuru wa Tv1 uri mu begukanye igihembo yabwiye INYARWANDA ko ashimishijwe no kuba yahembwe nk’umunyamakuru washyize itafari rye mu kurwanya ruswa. Ati”Nishimiye igihembo nahawe, nshimishijwe no kuba naragize uruhare mu kurwanya ruswa”. 

Yakomeje avuga ko n’ubwo kugira uruhare mu kurwanya ruswa nk’umunyamakuru bitoroshye kubera ubuzima abanyamakuru babayemo, bikenewe. Yagaragaje ko kubigeraho bisaba kuba inyangamugayo, kumenya ko inshingano z’umunyamakuru ari ukuvugira umuturage no kumenya ko umunyamakuru akwiye kugira uruhare muri gahunda za Leta.

Musangabatware Clement umuvunyi mukuru wungirije yibukije abanyamakuru ko aho ruswa iri nta iterambere riharangwa kuko umutungo w’igihugu utwarwa n’abantu bake kandi mu nyungu zabo bwite.

Yavuze ko abanyamakuru bafite uruhare runini mu kugaragaza ibikorwa bya ruswa no kwigisha abaturage ububi bwa ruswa kuko rigera ku bantu benshi. Yasabye abanyamakuru kurwanya ruswa bifashishije ubushobozi bafite.

Ati”Itangazamakuru ryakumira rikarwanya ruswa rikoresheje uburyo butandukanye nko gukora inkuru zicukumbuye ibiganiro mpaka kuri ruswa n’ibindi” Yashimye abanyamakuru batanze umusanzu wabo bakora inkuru kuri ruswa no gukomeza kubigira intego.

URUTONDE RW’ABABAYE ABA MBERE MURI BURI CYICIRO

RADIO: Ndagijimana Kaliste

ONLINE: Jean Baptiste Karegeya

TELEVIZIYO: Paluku Rene Pedro

IBINYAMAKURU BISANZWE: Rwamapera Kelly


UMWANDISTI:Neza Valens-inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND