Umuhanzi Lil G yashyize hanze indirimbo yise History igamije kugaragaza ibyiza yakoze mu myaka 12 amaze muri muzika kuruta ibibi byamuvuzweho.
Karangwa Lionel wiyise Lil G ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki ndetse wanakunzwe mu buryo bukomeye mu gihe yatangiraga muzika akiri umwana w’imyaka 13. Yatangiye akora injyana ya Rap mu ndirimbo zakunzwe cyane zirimo “It’s Ok”, “Nimba Umugabo”, “Akagendo” n’izindi nyinshi.
Kuri uyu wa mbere Lil G
yashyize hanze indirimbo yise “History” [Amateka] agaragazamo ibintu
bitandukanye yagiye akora mu muziki birimo ibihembo yegukanye, ibitaramo
yitabiriye n’ibindi.
Urugendo rw’uyu musore
muri muzika rwaranzwe n’inkuru z’urudaca zagaragarazaga isura ye nabi cyane
cyane avugwa mu kuryamana n’abakobwa benshi cyane barimo n’umukecuru w’umuzungu
byigeze kuvugwa bagiye gukora ubukwe, kubyara akiri umwana n’ibindi.
Mu kiganiro yagiranye na
INYARWANDA, Lil G yavuze ko yakoze iyi ndirimbo yise History mu rwego rwo
kwerekana ibyiza yakoze byagiye bitsikamirwa n’inkuru zitari nziza
zamuvugwagaho.
Ati “ Nayikoze kuko
urabona hari impande ebyiri z’ibintu urubi n’urwiza. Hakaba ubwo abantu bita cyane ku ruhande
rutari rwiza kandi rutanahari ari byo bya bindi bita amashyari, bikaba nta kintu
byakongera kuri ejo hazaza. Hari ibikombe natwaye ariko abantu bakandika ibintu
by’abakobwa 90.”
Lil G avuga ko atagamije
kwitaka no kurata ubutunzi n’ibindi yagezeho ahubwo we ngo ashaka guha ubutumwa
abantu bakunda kureba gusa uruhande rw’ibibi kuruta ibyiza abandi baba
bagezeho.
Ati “Hari ikintu iri
bufashe abantu bumva ko ari utumana baca imanza z’ubuzima. Nashakaga kuba
natanga impanuro zo kuba wakora ukagira icyo usiga kuruta kuba wakumva ufite
inama nyinshi zo kuvuga.”
“History” ni indirimbo
Lil G avuga ari iy’ibihe byose kuri we ndetse akaba ari nayo yitiriye Alubumu
ye ya gatanu izaba ikubiyeho indirimbo z’ubuzima busanzwe, ikazaba ikurikira “Nimba
Umugabo”, “Ese Ujya Unkumbura”, “Umubyeyi” na “Halleluyah”.
Lil G avuga ko mu myaka amaze mu muziki yahuye na benshi bamuvuga ibibi kuruta ibyiza yakoze
TANGA IGITECYEREZO