RFL
Kigali

Ivumburamatsiko ku bahanzi b'abanyarwanda bafite ubucuruzi basaruramo agatubutse

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:18/11/2019 20:00
1


Kugeza ubu Shawn Corey Carter uzwi nka Jay Z, ni we muraperi mu bari ku Isi y’abazima ufite umutungo ubarirwa muri miliyari imwe y’amadorali y’Amerika. Uyu mutungo wa Jay Z ntabwo uva mu ndirimbo n’ibitaramo akora ahubwo yashoye imari.



Kuba asanzwe ari icyamamare bimufasha kwamamaza byoroshye ibikorwa bye bindi yashoyemo imari maze abantu bakabigura bacuranwa. Afite ubucuruzi bwa Shampanye zitwa Armand de Birganc bugahaze miliyoni $310, afite kompanyi icuruza inzoga ya D’Ussé ifite agaciro ka miliyoni $100, urubuga rucuruza imiziki rwa Tidal narwo ruhagaze miliyoni $100 n’ibindi.

Muri Afurika hari abahanzi nabo bakoresha amazina yabo mu bundi bucuruzi, urugero rwa hafi ni Diamond Platnumz wo muri Tanzaniya ufite ibikorwa bitandukanye birimo ikigo kinini cy’itangazamakuru cya Wasafi.

Mu Rwanda amafaranga ava mu muziki si menshi, benshi barakiyubaka ariko hari n’abandi batangiye kwinjira mu bindi bikorwa by’ubucuruzi n’ubwo bamwe badakunda kubivugaho.

Tom Close mu bwanditsi

Dr Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close ni umwe mu bahanzi bubashywe mu Rwanda ku bw’impamvu zirenze kuba ari umunyamuziki mwiza kandi ubimazemo igihe.

Ni inyangamugayo agaca bugufi, akaba ari Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe gutanga amaraso ishami rya Kigali.

Uwavuga ko ari umwe mu bahanzi batunze agatubutse mu Rwanda ntiyaba abeshye. Uretse umushahara ahembwa na Leta, Tom Close ni umwanditsi w’ibitabo by’abana ndetse yashinze inzu igurisha ibitabo yitwa IGA Publishers ikorwamo n’umugore we.

Ubu bushabitsi mu bijyanye n’ubwanditsi bwinjiriza Tom Close amafaranga atari make dore ko ibi bitabo abigurisha mu mashuri atandukanye.

Bruce Melodie  umushabitsi mu bworozi n’itangazamakuru

Itahiwacu Bruce ni we muhanzi ukunzwe cyane mu bari mu Rwanda kuri iki igihe. Umuziki ni ko kazi ke ka buri munsi, asaruramo amafaranga atari make, ariko afite n’ibindi bikorwa bimwinjiriza amafaranga ku ruhande.

Uyu mugabo wiyise Igitangaza yakoze ibitamenyerewe yinjira mu bworozi bw’ingurube ubundi bunenwa na benshi mu rubyiruko we akabubona nk’ikirombe cy’izahabu.

Mu 2017 yatangaje ko amafaranga ye yanayashoye mu bijyanye no kongerera agaciro imbaho aho azikoramo ibikoresho bitandukanye.

Mu minsi ya vuba, Bruce Melodie afatanyije n’umujyanama we, bashoye imari mu itangazamakuru batangiza televiziyo yitwa Isibo TV. Ibi byose ni mu buryo bwo gukomeza gushaka ubukire adashingiye ku muziki.

Ama G The Black muri frigo n’inkoko

Hakizimana Amani ni umwe mu baraperi bamaze igihe kinini mu muziki wo mu Rwanda. Iyo ibitaramo bitari kuboneka ntabwo aryama ahubwo ashabikira ahandi.

Ama G The Black  akorera ubworozi bw’inkoko mu rugo rwe i Kanombe ndetse  ni umukanishi w’ibyuma bikonjesha. Ntuzatungurwe no kumubona yiyambariye isarubeti y’ubururu yunamye kuri firigo ayisubiza ubuzima.

Ubu bushabitsi ni bwo Ama G The Black akuramo andi mafaranga ku ruhande rw’ayo abona mu muziki.

King James na Supermarket

Ubusanzwe yitwa Ruhumuriza James akaba umwe mu bahanzi bigwije igikundiro bitewe n’indirimbo zifasha cyane abari mu rukundo.

Uyu musore ni umugwizatunga, kuko uretse amafaranga menshi asurarura mu muziki, yinjiza n’andi ayakuye mu bucuruzi butandukanye.

Afite supermakert yitwa Mango iherereye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali ndetse akora ubundi bucuruzi adakunda kuvugaho burimo n’ubw’ibirayi.

Danny Vumbi yashoye mu kabari

Semivumbi Danny ni umuhanzi w’umuhanga mu njyana ya Afro Beat. Ni umuhanga mu kwandika indirimbo ndetse abikuramo amafaranga atari make. Iyo atari mu kazi k’umuziki aba ari gukurikirana iby’abakabari ke kitwa Inkumbura Bar gaherereye i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali.

Marchal Ujeku mu bwubatsi

Uyu ni umusore wamamaye mu njyana yo ku kirwa cyo Nkombo. Azwi mu ndirimbo zitandukanye nka “Bombore Bombore” yakoranye na Jay Polly n’izindi.

Uyu musore umuziki awufatanya n’ubushabitsi butandukanye burimo kubaka no kugurisha amazu biciye muri kompanyi ye ya Marshal Construction ndetse acuruza imodoka n’ibindi bikoresho bihenze akura i Dubai.

Oda Paccy muri studio

Uyu ni umukobwa uri mu bambere batangiye gukora injyana ya Hip Hop mu Rwanda. Umuziki yarawukoze ndetse umwinjiriza amafaranga atari make kugeza n’aho na we atangiye kuwushoramo ubu akaba afite label yise Empire aho atanga serivisi zirimo gutunganya amajwi n’amashusho.

Platini mu gutwara abantu

Nemeye Platini ni umwe mu bagize itsinda rya Dream Boys rimaze imyaka isaga 10 rihagaze neza mu ruhando rwa muzika nyarwanda. Platini yasanze amafaranga y’umuziki adahagije ahita afata umwanzuro wo kwinjira mu bushabitsi bwo gucuruza serivisi z’ubwikorezi.

Afite imodoka ebyiri zo mu bwoko bwa RAV zikodeshwa n’abantu batandukanye bashaka gukora ingendo. Uyu musore kandi afite na moto yahaye umumotari utwara abagenzi mu mujyi wa Kigali.

Lil G muri Supermarket

Karangwa Lionel wiyise Lil G ni we muhanzi wanditse amateka yo kwamamara ndetse akinjiza amafaranga atari make bitewe no gukora injyana ya Rap.

Uyu musore mu guhiga ifaranga ntacyo wamubeshya! Yahereye mu bijyanye na studio ashinga Round Music itagikora kuri ubu. Hirya y’umuziki kandi Lil G afite ubucuruzi bwa Supermarket iri ku Kicukiro.

Safi na Riderman muri Hoteli

Safi Madiba na Riderman ni abahanzi b’inshuti magara mu buzima busanzwe biyemeje no guhuriza hamwe amafaranga bayashora muri serivisi z’amahoteli.

Bafite Hotel yitwa Juru Park iherereye ku musozi wa Rebero mu mujyi wa Kigali, bakaba barayiguze muri Kamena uyu mwaka.

Riderman ku giti cye yashoye amafaranga mu bijyanye no gutwara abantu aho afite moto nyinshi zitwara abantu mu mujyi wa Kigali ndetse akaba acuruza imyenda n'ingofero biriho ikirango cy'Ibisumizi.

Marchal Ujeku acuruza amamodoka akanakora ibijyanye n'ubwubatsi

Ama G The Black ni umworozi w'inkoko

Riderman afite ubucuruzi butandukanye burimo n'imyenda y'Ibisumizi

Safi Madiba afatanyije hoteli na Riderman 

Platini we yagannye iyo gucuruza serivisi zo gutwara abantu

Bruce Melodie ashabika muri byinshi birimo n'ubworozi

Lil G akura amafaranga mu bucuruzi bwa Supermarket

Oda Paccy nawe asigaye ari rwiyemezamirimo mu muziki





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sindayigaya jean4 years ago
    Mutubwire abafite amazu muri kgl nibande nibangahe





Inyarwanda BACKGROUND