Imikino y’igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 17 yari imaze iminsi 22 ibera mu mijyi itandukanye igize igihugu cya Brazil yasojwe mu rucyerere rwo kuri uyu wa mbere, Brazil yakiriye iri rushanwa yegukanye igikombe cya kane mu mateka nyuma yo gutsinda Mexico ku mukino wa nyuma ibitego 2-1, naho u Bufaransa bwegukana umwanya wa gatatu.
Guhera tariki ya 26 Ukwakira 2019 mu gihugu cya Brazil haberaga imikino y’igikombe cy’isi mu bakinnyi batarengeje imyaka 17. Ibihugu 24 nibyo byari byitabiriye iri rushanwa bikaba byari bigabanyije mu matsinda atandatu. Ikipe y’igihugu ya Brazil yakiriye iri rushanwa yari mu itsinda rya mbere aho yari kumwe na Angola, New Zealand ndetse na Canada.
Brazil
yazamutse muri iri tsinda ari iyambere, irakina igera mu mikino ya ½ benshi
babonaga ko ishobora gusezererwa nyuma yo gutomborana n’ikipe y’igihugu y’ubufaransa,
ariko siko byagenze kuko Brazil yageze ku mukino wa nyuma itsinze ubufaransa
ibitego 3-2 mu mukino utari woroshye. Undi mukino wa ½ wari wahuje Mexico n’ubuholandi,
maze Mexico ikomeza ku mukino wa nyuma itsinze ubuholandi kuri penaliti 4-3,
nyuma yuko iminota y’umukino yagenwe irangiye amakipe anganya igitego 1-1.
Umukino
wa nyuma wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere wabereye ku kibuga cya
Bezerrao, wayobowe n’umusifuzi Andris Treimanis ukomoka mu gihugu cya Lativia.
Brazil
ntiyifuzaga gutsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro ebyiri zikurikirana kuko mu
irushanwa riheruka Brazil yatsinzwe n’ubwongereza ku mukino wa nyuma itwarwa
igikombe ikireba.
Ni
umukino wahinduye isura byumwihariko mu gice cya kabiri cy’umukino ubwo ku
munota wa 66 Mexico yafunguraga amazamu ku gitego cyatsinzwe na Bryan Gonzalez,
mu gihe abanya Mexico bari mu bicu batekereza ko bagiye gutwara igikombe cy’isi,
umukino ubura iminota 6 gusa Brazil yahinduye ibintu ubwo yabonaga Penaliti ku
munota wa 84 yatewe neza na Kaio Jorge yishyura igitego bari batsinzwe. Iki gitego
cyasembuye abasore ba Brazil maze ku munota wa 90 Lazaro atsinda igitego cy’intsinzi
cyahesheje igikombe Brazil.
Mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu ikipe y’igihugu y’ubufaransa yihimuye ku buholandi bubutsinda ibitego 3-1. Igikombe Brazil yatwaye cyabaye icya Kane yegukanye mu mateka (1997, 1999, 2003, na 2019) byatumye isatira Nigeria ifite ibikombe bitanu by’Isi mu batarengeje imyaka 17, ikaba ari nayo ya mbere ku isi kuri ubu ifite byinshi.
Brazil yegukanye igikombe cy'Isi cya 4 mu batarengeje imyaka 17 mu mateka
Abasore ba Brazil bishimira amateka bakoze yo kwegukana igikombe cy'Isi
Lazaro watsinze igitego cy'intsinzi cyahesheje igikombe Brazil
Umwanditsi
– SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO