RFL
Kigali

Didier Drogba afite icyizere cyo gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ivory Coast

Yanditswe na: Editor
Taliki:14/11/2019 13:50
0


Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Cote d’Ivoire wamenyekanye akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, Didier Drogba uri kwiyamamariza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cote d’Ivoire (IFF) ngo afite icyizere cyo gutorerwa uyu mwanya dore ko yateye umugongo ibyo yasezeranywaga muri Chelsea byose.



Didier Dropgba wari wahamagawe muri Chelsea kugira ngo ahabwemo akazi byose yabiteye umugongo ahubwo asubiza amaso inyuma iwabo muri Cote d’Ivoire kugira ngo ajye kugira byinshi afasha umupira w’amaguru wabo mu iterambere ryawo.

Itangazamakuru ryo muri Cote d’Ivoire ribaza Drogba ku mwanzuro yafashe wo kuza guhatanira umwanya wo kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cye cy’amavuko kuruta uko yari kujya mu byubutoza, Drogba yabasubije ko intego ze afite ziruta kure cyane iby’ubutoza ari nayo mpamvu yatumye afata umwanzuro wo guhatanira uyu mwanya.

Yagize ati” Icyerekezo mfite kiruta cyane ibijyanye n’ubutoza kandi icyo nshaka gukora si kuri club yanjye ahubwo ndashaka kugikora ku gihugu cyange”. Didier Drogba ushaka kuyobora ry’umupira w’amaguru muri  Cote d’Ivoire (IFF), arashaka gusimbura Augustin Sidy Diallo umaze imyaka umunani ariyobora.

Didier Drogba afite amahirwe yo gutorwa nka 98% bigendanye n’icyizere abanya Cote d’Ivoire bamufitiye ndetse n’inyota bafite y'ibyo yabakorera mu gihe yaramuka abaye uyoboye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cyabo.

Didier Drogba wakiniye amakipe ya Marseille yo mu Bufaransa na Chelsea Fc yo mu Bwongereza yagiriyemo ibihe byiza, yasezeye ku mugaragaro gukina umupira w’amaguru mu kwezi kwa 11 mu mwaka wa 2018 ubwo yari agejeje ku myaka 40 y’amavuko.

Mu makipe umunani yose Drogba yakiniye mu buzima bwe yayakiniye imikino 679 ayatsindira ibitego 297, muri ayo makipe yose Chelsea niyo yakiniye imikino myinshi anayitsindira ibitego byinshi kuko mu myaka 10 yayimazemo yayikiniye imikino 381 atsinda ibitego 164.

Mu ikipe y’igihugu ya Cote d’Ivoire Drogba yakinnye imikino 105 atsinda ibitego 65. Akaba ariwe rutahizamu w’ibihe byose muri Cote d’Ivoire.


Drogba ari kuvuga icyo yakorera umupira wa Cote d'Ivoire aramutse atowe




Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND