RFL
Kigali

Abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga u Rwanda rukina na Mozambique

Yanditswe na: Editor
Taliki:14/11/2019 11:56
0


Nyuma y’imyitozo ya nyuma Amavubi yakoreye ku kibuga aza gukiniraho na Mozambique uyu munsi, hatagize impinduka zibaho abakinnyi 11 bigaragaje mu myitozo bashobora kubanza mu kibuga muri uru rugendo rwo gushaka tike y’igikombe cya Afurika kizaba 2021 muri Cameroon, bamenyekanye.



Mu bakinnyi umutoza Mashami Vincent aza kwitabaza uyu munsi ntibarimo myugariro ukina muri Bangladesh Bayisenge Emery wakomerejwe n’imvune afite bityo Mashami avuga ko abaye yakize neza yazifashishwa ku mukino uzaba ku cyumweru kuri Sitade ya Kigali u Rwanda rukina n’intare za Cameroon.

U Rwanda ruri mu itsinda rya 6 hamwe na Cape Verde, Mozambique na Cameroon. Iyi Cameroon bafitanye umukino ku cyumweru. Umukino wa mbere wabaye wo muri iri tsinda ikipe y’igihugu ya Cameroon izakira irushanwa ikaba yaraye inganyije na Cape Verde mu rugo 0-0 mu mukino wabereye i Yaounde muri Cameroon.

Umukino wa Mozambique n’u Rwanda urabera kuri Zimpeto Stadium kuri uyu wa Kane, tariki ya 14 Ugushyingo 2019 saa 18h00’ z’umugoroba. Nyuma y’umukino w'uyu munsi, ku wa Gatanu Amavubi azagaruka i Kigali yitegura umukino w’umunsi wa kabiri azakiramo Cameroun ku Cyumweru, kuri Stade ya Kigali saa 18:00.

Dore abakinnyi 11 Mashami ashobora kubanza mu kibuga:

Umuzamu: Kimenyi Yves

Ba Myugariro: Omborenga Fitina, Rwatubyaye Abdul, Salomon Nirisarike, Imanishimwe Emmanuel

Abakina hagati: Djihad Bizimana, Muhire Kevin, Haruna Niyonzima

Abataha izamu: Tuyisenge Jacques, Muhadjili Hakizimana, Kagere Meddie

Umutoza:Mashami Vincent


Nyuma y'imyitozo ya nyuma abakinnyi n'abatoza baganiriye na Ambasaderi w'u Rwanda muri Mozambique Bwana Nikobisanzwe Claude




Amavubi yiteguye umukino neza

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND