RFL
Kigali

Huye igiye kongera kuba igicumbi cy'uburezi - Minisitiri Munyakazi

Yanditswe na: Editor
Taliki:13/11/2019 7:14
0


Mu gihe Huye ikomeje gutera imbere mu bikorwa by'ubukungu, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye, Dr Isaac Munyakazi, yavuze ko aka karere kagiye kongera kuba igicumbi cy'uburezi.



Yabivuze ubwo yatangizaga ibizamini bya leta bisoza icyiciro cya mbere n'icya kabiri by'amashuri yisumbuye, aho byatangirijwe ku rwego rw'igihugu muri Groupe Scolaire Officiel de Butare.

Dr.Munyakazi ubwo yatangizaga ibizamini bya leta ku mugaragararo i Huye 

Kuri uyu wa Kabiri, ni bwo abanyeshuri 119,932 batangiye ibizamini bisoza icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye; naho abanyeshuri 51,291 batangiye ibisoza icyiciro cya kabiri.

Dr Munyakazi yavuze ko guhitamo gutangiriza ibi bizamini muri Huye, by'umwihariko muri Groupe Scolaire Officiel de Butare bifite impamvu.

"Mu bihe byashize, Akarere ka Huye mu bikorwa by'uburezi kigeze kuba aka mbere. Kigeze kuba akarere, ubundi iyo ushaka uburezi abushakira i Huye. Biza kugeza ubwo byacumbagiye," Dr Munyakazi 

Yongeyeho ati: "None mu bihe byashize, ubuyobozi bushya bw'akarere baravuze bati 'dukenye kongera gufata rya darapo ryo kuzamura uburezi, Huye yongere ibe igicumbi cy'uburezi mu Rwanda.'"

Yavuze ko abayobozi b'akarere biyemeje ko by'umwihariko Groupe Scolaire Officiel de Butare bagiye kuyizamura yongere ize mu bigo bya mbere. Ati: "Ibyo barabitubwiye, twaje kubiha umugisha." 

Huye, yahoze yitwa Butare, ni yo yubatswemo kaminuza ya mbere mu Rwanda, muri 1963. Huye yari izwi nk'umujyi w'uburezi.

                            

Iyari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda, yahindutse Kaminuza y'u Rwanda, muri 2013, nyuma yo kuyihuza n'andi mashuri makuru ya leta. Nyuma y'aho hari abanyeshuri benshi bajyanywe mu yandi mashami y'iyo kaminuza, kimwe mu byatumye umujyi usubira inyuma mu bukungu.

Ubu umujyi uri kugaruka neza mu iterambere, nyuma y'aho muri 2018 abanyeshuri barenga 2,000 bagaruwe mu ishami rya Kaminuza y'u Rwanda rya Huye.

Mu Karere ka Huye, harimo ishami rya Kaminuza y'u Rwanda (UR), Protestant Institute of Arts and Social Sciences (PIASS), Catholic University of Rwanda (CUR), ndetse n'ishuri rikuru ry'imyuga rya Huye, (IPRC-Huye).

Mu bizakomeza guteza imbere uyu mujyi n'akarere kandi harimo ibigo bine bya leta biherutse gutangazwa ko bizimukira muri aka karere. 

Umwanditsi: Moise Mugisha Bahati






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND