Umunyarwanda ukiri muto Munyaneza Didier bakunda kwita Mbappe ukinira Benediction Excel Energy, yambaye umwambaro w’umuhondo muri Tour du Senegal ku munsi wa 2 w’iri rushanwa, nyuma yo gusiga bikomeye abo bari bahanganye ku ntera y’ibilometero 185 kuri uyu wa mbere.
Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi bahagurukiye ahitwa
Ziguinchor berekeza Kolda aho hari bavuye ejo hashize, ku ntera y’ibilometero 185.
Aka gace kegukanywe n’Umunya Slovakia, Jan Andrej Cully.
Umunyarwanda
Munyaneza Didier ‘Mbappé’ witwaye neza muri aka gace ka kabiri, ni we wahise
yambara umwenda w’umuhondo nyuma yo gukoresha amasaha icyenda, iminota 31 n’amasegonda
27 ku rutonde rusange. Ararusha Umudage Linert Thomas wa Embrace the World,
watwaye agace ka mbere, iminota itatu n’amasegonda 20 mu gihe undi Mudage
ukinira iyi kipe, Keller Herman, we amurusha iminota itatu n’amasegonda 30.
Abakinnyi ba Slovakia, Canecky Marek na Kubis Lukas,
bari ku mwanya wa gatatu n’uwa kane nyuma y’uduce tubiri tumaze gukinwa muri
iri siganwa rigizwe n’uduce turindwi.
Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ ni uwa karindwi ku rutonde
rusange, arushwa iminota itatu n’amasegonda 42 n’uwa mbere mu gihe Byukusenge Patrick ari uwa cyenda
arushwa na Mbappe iminota umunani n’amasegonda 40.
Nzafashwanayo
Jean Claude ari ku mwanya wa 12 arushwa iminota 12 n’amasegonda 12 mu gihe
Nkurunziza Yves wa 28, we arushwa na Mbappé iminota 21 n’amasegonda arindwi.
Uko urutonde rusange ruhagaze kuri ubu
Irushanwa rizakomeza
ku wa Gatatu hakinwa agace karyo ka gatatu, aho abakinnyi bazakora intera
y’ibilometero 120 bava Ndangane berekeza i Nguéniène.
Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO