RFL
Kigali

Abandi baririmbyi ba Chorale de Kigali bakoze ubukwe-AMAFOTO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:9/11/2019 19:13
2


Abaririmbyi bo muri Chorale de Kigali Marie Claude Mahoro & Dr Irenée Niyongombwa basezeranye imbere y’Imana biyemeza kubana nk’umugabo n’umugore.



Marie Claude Mahoro na Dr Irenée Niyongombwa ni bamwe mu baririmbyi b’inkingi za mwaba muri Chorale de Kigali imaze imyaka irenga 50 ikora ivugabutumwa.

Kuri uyu wa 09 Ugushyingo 2019 bambikanye impeta y’urudashira biyemeza kuba iteka ryose mu gitambo cya misa cyaturiwe kuri Centre Christus i Remera, aho banaririmbiwe na bagenzi babo bo muri Chorale de Kigali.

Ku wa kane w’icyumweru gishize tariki 07 Ugushyingo 2019 bari babanje guhamya isezerano ryabo imbere y’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda.

Marie Claude Mahoro na Dr Irenée Niyongombwa bamaze igihe baririmba muri Chorale de Kigali ndetse urukundo rwabo niho rwatangiriye.

Ubu bukwe bubaye nyuma y’ubwa Gilbert Ndikubwimana na Ndizihiwe Simbi Yvette basezeranye tariki 16 Gashyantare 2019 nabo basanzwe baririmba muri Chorale de Kigali bakaba ari naho bahuriye.

Dr Irenée Niyongombwa asanzwe ari umuganga mu bitaro bya Masaka mu karere ka Kicukiro ndetse ni umuhanga mu mukino w’iteramakofe ya Karate.

Abaririmbyi ba Chorale de Kigali basezeranye

Mahoro na Dr Niyongombwa bakundaniye muri Chorale de Kigali bakoze ubukwe

Babanje gusezerana imbere y'amategeko









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Pius4 years ago
    Ni byiza cyane kubona abantu baririmbana bakoze ubukwe cyane cyane ni ishema kuri Chorale umuntu yakwita umubyeyi wabo
  • Germain4 years ago
    Twifurije Urugo ruhire Marie Caude na Dr Irénée, Imana Ibahe umugisha bazabyare baheke.





Inyarwanda BACKGROUND