RFL
Kigali

Bayern munich yirukanye umutoza Niko Kovac nyuma y’amezi 16 ayitoza

Yanditswe na: Editor
Taliki:4/11/2019 10:37
0


Mu nama y’igitaraganya yabaye kuri iki cyumweru igahuza ubuyobozi bukuru bwa Bayern Munich n’umutoza Niko Kovac, hagasuzumwa umusaruro w’iyi kipe n’uburyo iri kwitwara, bafata umworo wo kwirukana uyu mutoza bamushimira byinshi byiza yagejeje kuri iyi kipe ndetse n’ibihe byiza yayigiriyemo mu mezi 16 yari ayimazemo.



Kuri uyu wa gatandatu ku kibuga cya Entracht Frankfut ikipe ya Bayern Munich yahatsindiwe ibitego 5-1, bihita biba umusemburo wo kwirukana uyu mutoza nubundi utari umerewe neza muri iyi minsi kuko mu mikino 10 ya shampiyona imaze gukinwa mu budage Bayern iri ku mwanya wa kane n’amanota 18, ikaba irushwa na Borussia Monchenglabach ya mbere amanota ane. Muri uyu mwaka w’imikino Kovak mu mikino 10 yatsinzemo itanu, anganya itatu, anatsindwa imikino ibiri.

"Uli Hoeness (president) na Hasan Salihamidzic (sporting director) bakoranye inama na Niko Kovac nyuma y’umunsi umwe batsinzwe na Entracht Frankfut maze hasuzumwa umusaruro we mu byumweru bicye bishize ndetse banareba ku musaruro w’iki gihe iyi kipe ifite basanga bihabanye cyane n’ibikubiye mu masezerano afite ndetse n’icyerekezo cy’iyi kipe maze bemeranywa ko uyu mugabo asohoka muri iyi kipe y’i Munich.

Aba bayobozi mu izina rya Bayern Munich bashimiye Niko Kovak ku byiza yagejeje kuri iyi kipe byumwihariko birimo ibikombe bibiri yabahesheje mu mwaka w’imikino ushize, bamwifuriza amahirwe masa.

Niko Kovak wari umaze iminsi 490 muri Bayern Munich nk’umutoza, yatoje imikino 65 atsindamo 45, anganya 12, atsindwa umunani, ahesha iyi kipe ibikombe bitatu bitandukanye.

Ikipe ya Bayern Munich irasigara itozwa na Hans Flick wari umutoza w’ungirije mu gihe hagishakishwa umutoza mukuru ugomba gusimbura umudage Niko Kovac wirukanywe na Bayern Munich.




Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND