RFL
Kigali

Mario Balotelli yongeye kugirirwa irondaruhu ashaka gusohoka mu kibuga umukino utarangiye

Yanditswe na: Editor
Taliki:3/11/2019 21:46
0


Mu mukino wabaye kuri iki cyumweru muri shampiyona y’u Butaliyani ku kibuga Stadio Marcantonio Bentegodi ikipe ya Verona yari yakiriye Brescia, umukino utaguye neza rutahizamu Mario Balotelli kuko yaririmbiwe indirimbo z’irondaruhu n’abafana ba Verona ashaka gusohoka mu kibuga umukino utarangiye.




Balotelli yingingwa n'abagenzi be ndetse n'abakinnyi ba Verona ngo adasohoka mu kibuga

Wari umukino wa shampiyona mu gihugu cy’u Butaliyani warangiye Verona itsinze Brescia ibitego bibiri kuri Kimwe, igitego rukumbi cya Brescia cyatsinzwe na Mario Balotelli.

Mu mukino hagati abafana ba Verona bazengereje Mario Balotelli bamuririmbira indirimbo z’irondaruhu maze nawe bimaze kumurenga afata umupira wo gukina awubajugunyamo, umusifuzi wari uyoboye umukino Maurizio Mariani yahise yereka ikarita y’umuhondo Balotelli. 

Nyuma yo gutega amatwi neza ibyo abafana ba Verona bari kuririmba Mariani yahise akuraho igihano yari amaze guhano cy’ikarita y’umuhondo yari amaze guha Balotelli.

Mario Balotelli byamubabaje cyane maze ashaka gusohoka mu kibuga umukino utarangiye ariko bagenzi be bakinana ndetse n’abakinnyi ba Verona bose baramwinginga bamwumvisha ko akwiye gukomeza umukino.

Ku munota wa 54 Mariani yahagaritse umukino asaba abafana ba Verona guceceka bakareka kuririmba indirimbo zibasira Balotelli.

Nubwo ikipe ya Brescia itatsinze uyu mukino, rutahizamu wayo Mario Balotelli yatsinze igitego kimwe rukumbi iyi kipe yatsinze, byagaragaye ko ibyabaye mu mukino bitamuhungabanyije cyane.

Si ubwa mbere kuri iki kibuga cya Verona, abafana b’iyi kipe bahavugira amagambo y’irondaruhu kuko n’ubundi muri uyu mwaka w’imikino Frank Yannick Kessie nawe yaririmbiwe indirimbo nk’izaririmbiwe Balotelli.

Nyuma y'uko igihugu cy’u Butaliyani gishyizwe mu majwi cyane ko gitiza umurindi abagira irondaruhu ku bibuga umuyobozi w’umupira w’amaguru muri iki gihugu Bwana Gabriele Gravina mu Ukwakira yari yavuze ko bari gutegura uburyo muri shampiyona yabo bazazana VAR ku buryo bazajya babasha gufata abafana bagize irondaruhu bitabagoye.

Mario Balotelli n’ikipe ye ya Brescia ntibahagaze neza muri shampiyona kuko bari ku mwanya wa 18 mu makipe 20, n’amanota 7 mu mikino 10 imaze gukinwa.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND