RFL
Kigali

Mister Africa International 2019: Batangiye guhatanira kwinjira muri 1/2- Uko watora umunyarwanda

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:1/11/2019 13:11
1


Abasore 25 bahatanira ikamba rya Mister Africa International batangiye guhatana mu matora yo ku mbuga nkoranyambaga aho uzahiga abandi azahita ajya muri ½ ndetse akanaba Mr Popularity.



Ku nshuro ya munani muri Nigeria hazabera irushanwa ry’ubwiza ku basore b’Abanyafurika rya Mister Africa International rizasozwa tariki 07 Ukuboza 2019 mu mujyi wa Lagos.

Ni irushanwa rizitabirwa n’abasore 20 baturutse mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda ruzahagararirwa na Twagira Prince Henry wabaye igisonga cya mbere mu irushanwa rya Miss & Mister Elegancy Rwanda 2018.

Abandi harimo uzahagararira u Burundi, Ishimwe Kevin, Lance Ndlovu wo muri Zimbabwe, Jules Oyao wo muri Côte d’Ivoire,  Siriki Combala na we wo muri Côte d’Ivoire, Yuston Nessy wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya  Kongo, Emmanuel Umoh wo muri Nigeria, Josevanio Canga wo muri Angola, Dawuda Drammeh wo muri Gambia.

Hari kandi  Rui Dasilva wo muri Cape Verde, Emmanuel wo muri Ghana, Saint Angelo Eimann wo muri Namibia, Saidi Hussein wo muri Kenya, Ken A Kakay wa Sierra Leone, Mandlonke Mkhiwane wa Afurika y’Epfo, Rashid Ally Djuma wa Tanzania, Josma Phiri wa Zambia, Muhammed Bah uzaturuka muri Turukiya, na Christina Leon wa Togo.

Abategura iri rushanwa bamaze gutangiza amatora yo ku rubuga rwa Instagram, aho abantu basabwa gukurikira konti ya Mister Africa Internation gukunda [like] ifoto y’uwo ushyigikiye, kwandika ahagenewe gutanga ibitekerezo umwifuriza amahirwe, gusangiza abandi iyo foto nabo bakayikunda bakanayivugaho ni gukoresha Hashtag ya #misterafricainternational.

Uzahiga abandi muri iki gice azahita abona itike yo guhatana muri ½ cy’irushanwa ndetse agahita atorwa nk’ukunzwe kurusha abandi Mister Popularity.

Mu 2015 Moses Turahirwa yitabiriye iri rushanwa yegukana umwanya w’igisonga cya mbere ndetse mu 2017 asubirayo ari umwe mu bagize akanama nkempurampaka. Muri uyu mwaka kandi Ntabanganyimana Jean de Dieu yitabiriye iri rushanwa yegukana ikamba rya Rudasumbwa wa Afurika.

Muri 2018 u Rwanda ntabwo rwabashije kwitabira iri rushanwa kuko Niyirora Divic wari wemerewe kuryitabira atabashije kubona ubushobozi bumujyana muri Nigeria.

TORA TWAGIRA PRINCE HENRY UNYUZE HANO

Twagira Prince Henry ahagarariye u Rwanda muri Mister Africa International 2019





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntare Doris4 years ago
    Good luck





Inyarwanda BACKGROUND