RFL
Kigali

Dore ibintu bizakubaho nuramuka uriye amagi abiri ku munsi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:1/11/2019 13:03
3


Ubusanzwe amagi azwiho kugira icyo bita cholesterol cyangwa se ibinure bigatuma abaganga babuza abantu kuyarya bavuga ko atari meza mu mubiri ariko burya ngo igi ni ikiribwa utagakwiye kwirengagiza kuko rikize kuri protein na vitamin nyinshi



Dukurikije ibyavuye mu bushakashatsi, muri iki gihe abaganga bavuga ko ari byizakurya amagi 2 cyangwa 3 ku munsi kuko ari meza ku buzima bw’umuntu

Dore imwe mu mimaro amagi afitiye umubiri w’umuntu:

Amagi agabanya ibyago byo kurwara kanseri: ubushakashatsi bwakozwe na Brest Cancer Research buvuga ko kurya amagi abiri buri munsi bigabanya ibyago byo kurwara kanseri ku cyigero kingana na 18%

Amagi agabanya ibyago byo kurwara indwara zifata umutima: byari byaravuzwe ko amagi ayongera cholesterol mu maraso ariko byaje kugaragara ko cholesterol ubwayo ikorwa n’umubiri, ibi byagaragaye nyuma y’ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 152 bafite ibiro byinshi bagabanywa mu matsinda 3, itsinda rya mbere nta kintu ryafataga kugitondo, irya kabiri ryafataga amagi, irya gatatu rigafata agace k’umugati

Ibisubizo byaje bigaragaza ko abafataga amagi mugitondo bagabanutse ibirondetse ikigero cya cholesterol yabo kiguma uko cyari kiri

Amagi atuma umuntu abasha kureba neza: bitewe na vitamin A iri mu magi, bituma afasha amaso kubona neza cyane cyane mu gihe cy’umwijima

Amagi atuma umuntu adasaza vuba: kurya amagi buri munsi ngo bikerea gusaza k’umuntu ndetse bikarinda kanseri y’uruhu, amgi kandi afasha ubwonko gukora neza, afasha umwijima, uruhu ndetse akuza n’umusatsi, afasha cyane mu igogora, afasa mu kugabanya ibiro, atuma amagufwa amera neza n’ibindi byinshi

Niyo mpamvu rero abahanga bavuga ko ari byiza kurya amagi 2 cyangwa 3 ku munsi, keretse umuntu urwaye diabete ndetse n’umutima nib o bakwiye kurya nibura amagi 2 mu cyumweru

Src: healthline.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Harerimana twaha4 years ago
    Murakoze kutugirinama. Ntabwo narinzi ko kury amagi bifite akamaro kangana gatyo.
  • ngirente felecien4 years ago
    murakoze kutugira inama nkizo ziba zikenewe
  • MBOOICUYE SIMON11 months ago
    AMAGI NDATAHUYE KWAR'IGIFUNGURWA CIZA PE





Inyarwanda BACKGROUND