RFL
Kigali

Umunyarwandakazi Neza yashyize hanze indirimbo ya mbere akoreye muri label y'umukunzi we Skales

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:1/11/2019 10:47
0


Umuhanzikazi Neza ukorera umuziki muri Nigeria yashyize hanze indirimbo ye yise “Killa” ikaba iya mbere akoreye mu label y’umukunzi we Skales yitwa OHK Music.



Neza Patricia Masozera ni umunyarwandakazi wakuriye muri Canada, ariko ibikorwa bye bya muzika akaba akunze kubikorera muri Nigeria.

Indirimbo zitandukanye zirimo nka “Uranyica”, “Slay Mama” “Vibe” n’izindi zatumye amenyekana mu Rwanda no muri Nigeria ubwo yakoranaga na Label MCG Empire batandukanye mu mwaka wa 2018.

Nyuma yo gutandukana na MCG Empire Neza yasubiye iwabo muri Canada ndetse ibijyanye n’umuziki amera nk’ubishyize ku ruhande. 

Muri Gicurasi 2019 nibwo Neza n’umukunzi we Skales uri mu bahanzi bakunzwe muri Nigeria bizihije isabukuru y’umwaka umwe bamaze bakundana maze afata indege yerekeza i Lagos bahita banigumanira n’iby’umuziki yongera kubyubura.

Kuri uyu wa Gatanu Neza yashyize hanze indirimbo ye ya  mbere muri uyu mwaka ikaba n’iya mbere akoreye mu label y’umukunzi we yitwa OHK Music n’ubwo nayo ikora biguru ntege.
 

Iyi ndirimbo yitwa “Killa” yasohokanye n’amashusho, ivuga ku mukobwa wakunze umuhungu mu buryo bw’ikirenga ku buryo aba yumva atabaho atamubona iruhande rwe.
 

Neza kuri ubu ni umugore wa Skales n’ubwo babana mu buryo butemewe n’amategeko. Ibitaramo uyu muhanzi akorera mu bihugu bitandukanye birimo n’icyo yakoreye i Gicurasi baba bari kumwe ndetse mu minsi ishize baherutse guhishura ko bitegura kwibaruka imfura yabo.

Mu 2017 Neza yahawe igihembo cya AFRIMMA mu cyiciro cy’umuhanzi utanga icyizere ku mugabane w’Afurika ahigitse abarimo Mr.Eazi ukunzwe n’abatari bake muri iki gihe.

REBA "KILLA" YA NEZA

">

Neza yagarutse mu muziki nyuma y'umwaka adakora

Neza ari gufashwa n'umukunzi we Skales






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND