RFL
Kigali

Ghana: Umwana w'imyaka 12 yemerewe kwiga muri kaminuza, afite indoto zo kuzaba Perezida

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:30/10/2019 10:14
0


Umwana w'umuhungu wo muri Ghana ufite imyaka 12 y'amavuko n'ubwenge budasanzwe yemerewe kwiga muri kaminuza. Yitwa Viemens Bamfo ni we munyeshuri muto kurusha abandi 30,000 bamaze kwiyandikisha gutangira amasomo muri 'University of Ghana'.



Yatsinze ikizamini kimwemerera kwiga kaminuza nyuma yo kwigishwa na se Robert Bamfo bari mu rugo. Uyu mwana avuga ko intego ye ari ukuzayobora igihugu. Muri iyi kaminuza azakurikirana amasomo ya 'Public administration'.

Yagize ati: "Ndashaka kuzaba Perezida wa Ghana, ndashaka guteza imbere Ghana bya nyabyo ikaba igihugu cyigenga koko nk'u Bushinwa, Amerika u Bwongereza n'ibindi."

Mu byo aziga harimo itegeko nshinga, uburyo bunyuranye bw'imiyoborere, amahame yo kuyobora, ubukungu n'ibaruramari. Se, yarangije kaminuza mu bijyanye na 'chemical engineering' avuga ko ibyo umuhungu we yagezeho bitamutunguye.

Agira ati: "Nashyize imbaraga n'umwanya mu kumwigisha ibyo yari akeneye byose ngo atsinde. Ntabwo natunguwe". Avuga ko ibanga ryatumye umwana we amenya ubwenge butangaje nta rindi, ati:

"Kuva cyera namwumvishije ko atazagengwa n'itegeko rishyira abantu mu kigero runaka, ko agomba kurenga ibyo…Ibyo byatumye akora bidasanzwe kandi yiteguye gukomeza".

Src: BBC 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND