RFL
Kigali

DJ Phil Peter yagaragaje impamvu ibitaramo bya Silent Disco bikunzwe muri iyi minsi

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:28/10/2019 19:24
0


Ibitaramo bya Silent Disco bifite umurindi udasanzwe muri iyi minsi cyane cyane mu mujyi wa Kigali no mu yindi imwe n’imwe yo mu Rwanda aho bimaze kugarara ko byigaruriye imitima benshi.



Hari benshi batari bagikunda kujya mu tubyiniro ariko bamaze kwisubiraho kubera ubu bwoko bw’ibirori bishimisha benshi. Ababyitabira bambara ecouteurs ubundi aba DJ batatu bakavanga imiziki, ubundi umuntu agahitamo kumva uwo ashaka.

 Nta rusaku rw’imizi ruba rwumvikana hanze ahubwo icyo wumva uri aho byabereye n’urunyuranyurane rw’amajwi y’abantu baba barimba bahimbawe.
 

Ku nshuro ya mbere igitaramo nk’iki cyabereye i Kigali mu 2015 kuri The Manor Hotel, kugeza ubu ni bimwe mu bikunzwe n’aho byabereye haba huzuye abakunda kwihizirwa n’umuziki.

Iyo ugereranyije n’ibindi bitaramo bisanzwe bibera mu tubyiniro n’ahandi hantu hatandukanye ‘Silent Disco’ iritabirwa kurusha ibindi bisanzwe.

DJ Phil Peter umwe mu bakunzwe mu Rwanda yabwiye INYARWANDA  ko ibitaramo bya Silent Disco bikundwa n’abantu benshi bitewe n’uko abakunda umuziki baba bafitemo amahitamo menshi yo kumva imiziki bashaka.

Ati “Mu kabyiniro ibyo umuntu bamushyiriyemo nibyo abyina ariko muri Silent Disco haba hari aba-DJ batatu bacurangira icyarimwe Ecouteur yawe iba ifite imirongo itatu ku buryo uhitamo uwo ushaka kumva, iyo umwe akubihirije umukuraho. Abo batatu ntabwo bagumaho bagenda bahinduranya usanga kirimo nk’aba-DJ 10.”

Uretse amahitamo menshi abantu bari bafite, ngo ibitaramo bya Silent Disco bitanga umunezero uhambaye bitewe n’uburyo ababa bari kumva umuziki nabo baba babyina banaririmba mu buryo busekeje.

Ati “Biba biryoshye, ushobora kubona mugenzi wawe mubyina ibintu bitandukanye kandi muri kumwe, ushobora gukuramo ecouteur ukumva ari kuririmba ibintu bitandukanye, nabyo ubwabyo bizana ibyishimo mu bantu.”

Uretse no mu bafana, ibitaramo bya Silent Disco bizana ihangana mu bacuranga ubwabo, aho buri umwe akora iyo bwabaga ngo yigarurire umubare munini w’abumva ibyo ari gucuranga.

Dj Phil Peter ati “Bishobora kuzanamo ihangana ariko ryiza kuko abafana nibo baba bari guhitamo ucuranga neza. Iyo ubonye nta bantu bari kukumva bigutera ipfunwe ukagenda ukiga ukamenya icyo abafana bakunda.”

Ibi bitaramo kandi byuzuzanya na gahunda ya leta y’u Rwanda yo kurwanya urusaku rubangamira abaturage kuko imiziki yumvwa n’ufite ecouteurs wenyine.

Tariki 02 Ugushyingo 2019 ahitwa Alcobra Dubai i Kibagabaga mu mujyi wa Kigali hazabera igitaramo cya Silent Disco aho abazayitabira bazabyinira ku nkengero za piscine.

Hazaba hari aba DJs bakunzwe mu Rwanda nka Dj Pius, Dj Lenzo, DJ Anita Pendo, DJ Phil Peter, DJ Waxx na DJ Ashirumatic. Kwinjira ni amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe, ibihumbi birindwi ku baje ari babiri n’ibihumbi 10 ku myanya y’icyubahiro ugahabwa icyo kunywa n’icyo kurya.

Ibirori bya Silent Disco bikunzwe na benshi muri Kigali

DJ Pius na DJ Phil Peter bacuranga muri Silent Disco izabera kuri Piscine 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND