RFL
Kigali

Wari uzi ko ukwezi wavutsemo guhuye n’imico yawe? Menya imico y’umuntu ugendeye ku kwezi yavutsemo?

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/10/2019 7:02
27


Uko iminsi igenda ihita ubushakashatsi burushaho gutera imbere ku kigero cyo hejuru. Siyansi nk’ikintu gikunda gutanga ibitekerezo kuri buri ngingo yemeza ko bitewe n’ukwezi umuntu yavutsemo bishobora kugira uruhare runini mu myitwarire ye ya buri munsi mu byo akora byose.



Gukoresha ukwezi umuntu yavutsemo maze bikagufasha kumenya imyitwarireye y’umuntu byatangiye gukoreshwa kuva kera. Nk'uko tubikesha urubuga www.apost.com hagendewe ku mibare y’abantu bagiye babazwa nyuma yo gukora ubwo bushakashatsi byagaragaje ko imico y’abantu bakoreweho ubushakashatsi ihura n’ukwezi bavutsemo hafi ya bose.

Abashakashatsi baheraho bemeza ko ugendeye ku kwezi umuntu yavutsemo byagufasha kumenya imyitwarire ye. Tugiye guhera ku kwezi kwa mbere kugeza ku kwezi kwa cumi n'abiri tubabwira imico ya buri muntu bigendanye n’ukwezi y’avutsemo.

1. Ukwezi kwa mbere ari ko 'Mutarama'

Abantu bavutse mu kwezi kwa mbere ni abantu bifitemo ubushobozi bwo kuyobora, barigenga cyane bumva ko ibintu byose bashobora kubyikorera nta bundi bufasha. Baratuje cyane ariko n’ubwo batuje bakunda gusabana, baratekereza cyane ndetse bakaba bazwiho guhanga udushya no kugendera ku mategeko cyane. 

Bakunda kwita ku bintu by’umuco kuko usanga iyo ari abahungu bakunda gutereta abakobwa bo mu cyaro ndetse n’abakobwa bakaba uko. Bakunda abantu babatera imbaraga ndetse banakunda ko abantu babari iruhande bahora bishimye, ntibakunda abantu bababaye cyangwa bari mu gahinda. Abantu bavutse mu kwezi kwa mbere ntibakunda kurwara cyane. Barizigama cyane ku buryo iyo ari ikintu bagiye gukora babanza gutekereza cyane.

2. Ukwezi kwa kabiri ari ko "Gashyantare”

Abantu bavutse mu kwezi kwa kabiri barangwa n’urukundo rwinshi ahantu hose aho bari iyo nta rukundo ruhari ntakiba gihari. Ni abantu bagira impuhwe cyane ntiwapfa kubona umuntu barenganyije ndetse n'iyo babonye umuntu warenganyijwe birabababaza cyane n'iyo baba batamuzi, bagira intego zikomeye kandi iyo izo ntego batazigezeho birababaza cyane bagahora b’icuza. Bakunda gukurura igitsinagore bagahindura ibyiyumviro byacyo, bavugisha ukuri ndetse bakunda kurwanirira uburenganzira bwabo.

3. Ukwezi kwa Gatatu ari ko "Werurwe"

Ubushakashatsi bugaragaza ko abantu bavutse mu kwezi kwa gatatu ari abantu bakunda kugira amahirwe cyane, bakunda kubona amafaranga cyane ariko akaba yanagenda vuba kubera ko bagira impuhwe nyinshi. Bakurura abo badahuje igitsina kandi bagakundwa cyane. 

Iyo badatuje cyane barasaragurika cyane, bagira ibanga cyane kumubitsa ibanga uba wizeye ko atazarimena. Bakunda kwitabwaho ndetse bashobora gukunda umuntu mu ibanga rikomeye cyane ntibabivuge. Bazi kumva ndetse no kubara inkuru. Bakunda kwitangira abantu cyane kuko uramutse umusabye ubufasha ntabuguhe aba yabuze uko yabigenza. Bakunda kwitonda mu gihe bagiye guhitamo uwo bakundana.

4. Ukwezi kwa kane ari ko "Mata”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Kane barangwa no gutuza, bakunda gukora ibintu kumurongo, ntibakunda abantu bakunda kuzarira mu kazi rimwe na rimwe bagira igitsure kinshi ndetse nta n’ubwoba bagira. Bakunda abantu bagira gahunda, bakunda guhanga udushya, bagira isuku cyane, bazi gufata umwanzuro, bakunda no kugishwa inama cyane kubera ukuntu ari inyangamugayo. Bagira amahane cyane kubera iyo mpamvu iyo batitonze bakunda gutinywa cyane.

5. Ukwezi kwa Gatanu ari ko 'Gicurasi'

Abantu bavutse mu kwezi kwa Gatanu ni abantu bagira impano nyinshi, kubera iyo mpamvu bashobora kuba abahanzi beza, abakinnyi ba filime, abanditsi b'ibitabo ndetse n’ibindi bitandukanye. Barubaha cyane, gusa nabo banga akarengane cyane. Bagira amahane ariko agashira vuba. Bazi kujya inama ndetse baba ari n’abeza mu isura. Si ibyo gusa usanga bakunda kurakarira abantu bose babababaje. Bazi gukora cyane ndetse bagakunda no gutemberera ahantu hashya cyane.

6. Ukwezi kwa Gatandatu ari ko ”Kamena”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Gatandatu barakunda cyane ndetse bakanafuha cyane, gusa bakunda kwitonda cyane mu rukundo, ntibibagirwa ibyahise bagira umutima mwiza, ikinyabupfura ndetse no kubana neza rimwe na rimwe ntibakunda kubika ibanga. Ntibishimira na gato amagambo abavuzweho, barambirwa vuba cyane, babika inzika cyane, bakunda kwimura ibintu cyane bari bakwiye gukora muri ako kanya, gufata umwanzuro birabagora ndetse usanga barambirwa vuba cyane.

7. Ukwezi kwa Karindwi ari ko ”Nyakanga”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Karindwi bakunda kwita ku bandi, barihangana cyane bagira igikundiro kinshi ku buryo nta muntu upfa kubanga, bakunda gutungurana cyane, bariyorobeka. Akenshi bayoborwa n’amarangamutima cyane. Akenshi ibyo bakora babikora bagira ngo babone inyungu. Ntibakunda kugira inshuti zitazagira icyo zibamarira, bigaragariza umuntu uko bashaka bitewe n’icyo bamushakaho, bagira ibanga cyane, bagira utunyanga cyane, babika inzika cyane n’ubwo batakihorera ntibibagirwa ibyababayeho byose. Iyo wabagiriye nabi bahita bagutakariza icyizere.

8. Ukwezi kwa Munani ari ko ”Kanama”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Munani ushatse wabita ba rukundo kuko bagira urukundo rwinshi cyane kubera ko bagira urukundo rwinshi kurusha abandi bose bavutse mu yandi mezi. Bazi kubaka urugo cyane. Ntibajya baca inyuma abo bashakanye, bifuza kubona ibyiza muri bagenzi babo kuruta kubona ibibi byose baba bakora. Ni abahanga cyane, bazi kureba no kumenya ibyo abantu batekereza. Kubona abantu babi biraborohera bikabafasha kubirinda. Barikunda cyane, batekereza vuba, bakunda kugira umujinya mwinshi no kurakarana mu buryo butunguranye.

9. Ukwezi kwa Cyenda ari ko ”Nzeri”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Cyenda bagira ubwenge cyane, bazi gukunda, bakunda kwishinja ibintu, iyo bihaye intego ntibazigereho, bahorana inzika cyane kuko iyo wamukoreye ikintu kibi adapfa kukibagirwa. Bakunda kutava kw'izima no kugira amahane cyane. Bumva bagenzi babo ndetse nabo bagakunda ababumva. Bagira igikundiro ndetse no gukundwa n’inshuti zabo, bazi kwitonda bakareba ibintu uko biri.

Kubera ukuntu bajya guhitamo inshuti bagendeye ku bintu byinshi, usanga batisanzura ku bantu benshi bikagaragara nkaho birata. Mu rukundo baragorana, gusa iyo bakunze baba bakunze. Bigirira ibanga ntibakunda aba binjirira mu buzima bwabo, bakora uko bashoboye ngo bahore bakeye, bazi gukusanya amakuru ndetse no kuyatanga.

10. Ukwezi kwa Cumi ari ko ”Ukwakira”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Cumi ni abantu bagira amahirwe cyane uko byagenda kose n’iyo byatinda birangira bateye imbere. Bakunda kugorwa n’ubuzima ariko bakagira kwihangana bigatuma bavamo ibyamamare cyane. Ntibahemuka, bazi guhitamo neza, ntibabogama, bazi gufata umwanzuro, bazi kuganira. Iyo ari abakobwa bakunda gukurura abagabo cyane, ntibakunda abavuga inenge zabo, ntibafuha cyangwa ngo bagire ishyari ariko iyo bibaye, biba ku rwego rwo hejuru cyane.

11. Ukwezi kwa Cumi na kumwe ari ko ”Ugushyingo”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Cumi na kumwe nta matiku bagira, baharanira iterambere cyane, bakunda ibintu biciye mu mucyo. Mu rukundo bakora buri kimwe cyose cyane cyane ikerekeye amafaranga. Ntibazi neza gufata umwanzuro, bagira amarangamutima cyane, bayoborwa n’ibibonetse byose, bagira ibitekerezo byinshi byose bigamije uko batera imbere. Bagira amahane atunguranye, bakunda kwita ku miryango yabo ariko iyo babonye ikintu kibatera kutawufasha, bishobora kubatera kwibagirwa. Bumva ko ibyo bakora byagenda uko bashaka buri gihe.

12. Ukwezi kwa Cumi n’abiri ari ko ”Ukuboza”

Abantu bavutse mu kwezi kwa Cumi n'abiri bahorana ibintu byo gukora, bakunda guhorana n'abo bakunze, bakunze kuba abanyamahirwe cyane, bakunze gukira mu buryo butunguranye cyane, ni abizerwa, bakunda gukundwa no kugaragarizwa urukundo ndetse banga abantu babereka ko batabitayeho. Bavugisha ukuri, ntibazi kwihangana, bazi ubwenge, ntibajya bacika intege, ntibakunda kuba bonyine, buri muntu umuzi wese aba amuzi ukwe gutandukanye n’abandi. Baraganira cyane bazi kuvugisha ukuri mu buryo ubwo ari bwo bwose ndetse ntibanakunda kuba bonyine.

Src: www.speakingtree.in, www.apost.com

Umwanditsi: Niyibizi Honoré Déogratias-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nadine4 years ago
    Murakoze cyane kutugezaho ibyubwenge
  • Hadassah labronde4 years ago
    rwoc nukuri abantu twavutse mu gushyingo ndabona bikaze!
  • sahinkuye emmanuel4 years ago
    navunse mukwa 12 ibi bavuze nukuri kuri njye 100%
  • Usabimana Emmanuel4 years ago
    78%
  • umutoni diane4 years ago
    mwarakoze banditsi beza ! mujye muduha kumpamba y' ubwenge bwanyu .mukomereze aho
  • Manirafasha primien4 years ago
    Ubu bushakashatse nibwo gs ntibiba bihura neza ariko bijya gs murakoze
  • Abdallah Nkurunziza 4 years ago
    uko nukuri pee! ndebye amezi yabantu tuziranye nsanga neza neza birahuye. wagirango muratuzi😂😂😂
  • Mukashyaka clotilde4 years ago
    Murakoze cyane ibyo muvuze ni ukuri rwose.
  • D4 years ago
    Muzadusabanurirekurigrupsang opsitf
  • Fina4 years ago
    Ibyo nibyo pe nihereyeho nsanze mburamo kimwe ngeze ku mugabo wanjye nsanga byose arabyujuje
  • Nzayihimbaza enock4 years ago
    Ukwezi kwa 8 nibyo cyane kbs umuntu wakoze ubu bushakashatsi ararenze cyane
  • kabebe4 years ago
    Sha ibi bintu ni ukuri.MERCI BCP MUNYAMAKURU.Ni ukuri kbs
  • Ukobizaha dieu donne.4 years ago
    Mukwezi kwa 7 nukwacumi wabikoze neza kbx nonex abanebwe bavutse mu kwakangah? Nanjye xinza cogora kuko navutse my kwa10.
  • Kayiranga Olivier4 years ago
    Rwose ibi nibyo nsanze igihe navukiyemo gihwanye nimico yange navutse le 15/01
  • Innocent Niyomugabo4 years ago
    yego nubwo bitahura ku bantu bose ariko nibyo pe. mbonye bihura n'abo nzi bose. mwakoze iyi nkuru yari nziza
  • boniface HAKIZIMANA4 years ago
    your are right kbx nsanze bihura nigihe navukiye
  • Natal4 years ago
    Aba December kabisa nibyo, ndebye n'uko umugore yavutsemo hamwe n'ay'abana mbona birimo neza.
  • Turatsinze tabrice4 years ago
    Nukuri ndareva ukwezi kwa 11 bihura nibitekerezo byange
  • Gisele4 years ago
    kbx ukwa 10 niinjye musa
  • Gisele4 years ago
    murakoze cyane





Inyarwanda BACKGROUND