Kuri bamwe, ntibyashoboka ko batangira umunsi wabo batabanje kunywa ikawa, benshi bayikundira uburyohe bwayo n’uko ifasha umubiri kugirango akazi k’uwo munsi gakorwe neza
Wari uzi ko iki kinyobwa ari ingenzi cyane mu mubiri wawe?
Ikawa ifasha kongerera
umuntu ubushobozi bwo kwibuka vuba:Ubusanzwe si byiza
kunywa ikawa uzinduse, abahanga bavuga ko ari byiza kuyinyw nibura hagati ya
saa tatu n’igice na saa tanu n’igice, umuntu wafashe ikawa mugitondo mbere y’uko
ajya mu kazi, akazi ke kagenda neza cyane kuruta utanyoye ikawa kuko ifasha
cyane mu mikorere y’ubwonko bigatuma umuntu abasha kwibuka vuba ndetse ubwonko
bukaba bushya, gusa nanone aho gushyira isukari nyinshi mu ikawa, ibyiza nuko
wakwishyiriramo ubuki
Ikawa ifasha kurwanya
indwara z’umutima: Indwara zifata umutima ni zimwe u zica
abantu batari bacye, mu gihe wumva umuima wawe utameze neza ugenda gacye,
gerageza nibura unywe ama tasse atatu y’ikawa bizagabanya uburibwe ndetse n’umutimw
usubire gutera neza
Ikawa ifasha cyane mu
kurinda umunabi: Iyo habayeho umunaniro
ukabije,inshingano zabaye nyinshi, akazi katarangira n’ibindi bituma umutwe
ushyuha, iyo umuntu afashe ikawa za stress zose ziragabanuka umuntu agahita
yumva ameze neza cyane mu ngingo zose ndetse na wa munaniro ntiwumvikane nka
mbere ni byiza rero kuyifata mugitondo kugirango umunsi wawe ugende neza
Ikawa ituma umuntu agira
umutima mwiza: Ubushakashatsi bwerekanye ko abantu
bakunda kunywa ikawa ishyushye ari abagwaneza kuruta abatayinywa, ikawa ifasha
cyane umubiri ariko igafasha n’umutima gucya
Ikawa ifasha
cyane kurinda umwijima: Ubushakashatsi bugaragaza
ko kunywa nibura udu tasse tubiri tw’ikawa ku munsi bigabanya ibyagobingana na 44% byo kurwara umwijima, nkwibutse kandi
ko inzoga ari we mwanzi wa mbere w’umwijima, ikindi ukwiye kumenya nuko
udakwiye gufata ikawa nyuma yo kunywa inzoga nyinshi kuko bshobora kuguteza
ingorane
Src: santeplusmag.com
TANGA IGITECYEREZO