Kuri uyu wa Kabiri Tariki 22 Ukwakira 2019, Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri Stade ya Kigali, Rayon Sports izakina na Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 4 muri shampiyona. Ni umukino witezwe na benshi hagendewe ku buryo aya makipe ahagaze kuri ubu. Umutoza wa Bugesera avuga ko uzarusha undi gukina neza ari we uzatahana intsinzi.
Bisengimana Justin yemeza ko uzakina neza kurusha undi ari we uzacyura amanota 3
Rayon Sports ntiratsindwa umukino
n’umwe muri uyu mwaka w’imikino, kubera ko mu mikino itatu ya shampiyona
yakinnye yatsinze imikino 2, inganya undi umwe. Ubu iri ku mwanya wa gatatu aho
ifite amanota 7. Bugesera Fc bazakina yo mu mikino itatu ya shampiyona imaze
gukina yatsinze umukino umwe, itsindwa umukino umwe, inanganya undi mukino, ikaba iri
ku mwanya wa 10 aho ifite amanota 4.
Umukino wa Rayon Sports na Bugesera Fc uzaba ukomeye bitewe n’impamvu nyinshi zitandukanye, hari abakinnyi bavuye muri Rayon Sports kuri ubu bari gukinira Bugesera FC bazaba bashaka kugaragaza ko nubwo Rayon Sports yabarekuye ariko ari abakinnyi bakomeye n’ubundi bakwitabazwa n’iyi kipe isaha n’isaha harimo nka Mugisha Francois uzwi nka Master ndetse na Hussein Shaban Tchabalala wagiriye ibihe byiza muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru.
Ikindi gikomeza uyu mukino ni uburyo aya makipe
yitabiriye isoko ryo kugura abakinnyi kandi beza, Bugesera FC yaguze abakinnyi benshi
kandi beza hafi 95% ikipe yarahindutse, banazana umutoza w’umuhanga Bisengimana
Justin uzwi ku kazina ka Di Matteo. Rayon Sports nayo yaguze abakinnyi beza
izana n’umutoza mwiza. Uburyo aya makipe ahagaze kuri ubu bigaragaza ko ari
amakipe akomeye kandi yose yatangiye shampiyona neza. Ikindi ni amateka aya
makipe afitanye atuma umukino wabahuje uba ari indya nkurye.
Ukurikije umupira Bugesera
Fc yakinnye ubwo yanganyaga na AS Kigali ibitego 2-2, abarayon muganiriye
bakubwira ko Bugesera ari ikipe yo kwitondera kuko yagukoza isoni.
Iteka umukino wa Rayon Sports na Bugesera Fc uba ukomeye cyane
Mu kiganiro yagiranye na
inyarwanda.com, umutoza w’ikipe ya Bugesera FC Bisengimana Justin yavuze ko
adatewe ubwoba na Rayon Sports kuko agomba gushaka intsinzi kuri uyu mukino,
gusa ariko yongeyeho ko uzarusha undi gukina neza ariwe uzatsinda.
Yagize ati”Ku ruhande
rwacu nka Bugesera twiteguye uyu mukino neza, turabizi neza ko ari umukino
ukomeye, ni urugamba tuzaba tugiyeho nubwo mu mupira w’amaguru habamo gutsinda, kunganya no gutsindwa, twebwe intego yacu ni ugutsinda. Nta bwoba Rayon Sports iduteye tuzakina
umupira wacu dushaka intsinzi kandi
birashoboka. Rayon sports ni ikipe nziza tuzakina umupira mwiza uzarusha undi
kwitwara neza niwe uzatsinda”.
Bugesera Fc izakina uyu
mukino idafite bamwe mu bakinnyi bayo, barimo
Wilonja Jack, Bonke, Merci ndetse na Tchabalala ugishidikanywaho ariko we
ashobora kwitabazwa. Mu gihe Rayon Sports yo n'ubundi ntizaba ifite rutahizamu
wayo Jules Ulimwengu utarakina umukino n’umwe
wa shampiyona muri uyu mwaka bitewe n’ikibazo cy’ibyangombwa.
Mu mwaka w’imikino ushize, Rayon Sports yatsinze Bugesera umukino umwe banganya undi muri shampiyona, mu
mikino itanu iheruka guhuza aya makipe Rayon Sports yatsinzemo 3 amakipe
anganya umukino umwe, Bugesera itsinda umukino umwe. Ibitego byinshi byabonetse
aya makipe yakinnye, hari Tariki 28 Mata 2018 ubwo Rayon Sports yatsindaga
Bugesera ibitego 5-0.
Umwanditsi – SAFARI Garcon
– inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO