Umuhanzi w’umunyarwanda Ngabo Merdard [Meddy] ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yahishuriye abakunzi be ko ari gukora alubumu ye ya kabiri.
Meddy ni umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bamaze igihe
kinini bikwije igikundiro mu bakunzi b’umuziki hano mu Rwanda, mu myaka ibiri
ishize yatangiye no kwigarurira imitima y’abanyamahanga.
Kuva mu 2010 yibera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika,
muri Leta Texas ari naho akorera byinshi mu bikorwa bye muzika.
Iyi alubumu izaza ikurikira iyo yakoze mu 2009 atarava mu Rwanda yitwa “Amayobera” ikaba yari iriho indirimbo zitandukanye nka “Mubwire”, “Ese Urambona”, “Akaramata” n’izindi.
Meddy aheruka gutaramira i Kigali mu gitaramo cya Youth Conneckt Africa 2019
TANGA IGITECYEREZO