RFL
Kigali

Nabatsinze igitego iwabo ndashaka no kuzabatsinda igitego kibasezerera mu irushanwa hano mu Rwanda-Sugira Ernest

Yanditswe na: Editor
Taliki:17/10/2019 16:06
0


Ku wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2019, u Rwanda ruzakina na Ethiopia mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya nyuma mu gushaka tike ya CHAN 2020, umukino uzabera i Kigali. Sugira Ernest watsinze igitego cy’u Rwanda mu mukino wabereye muri Ethiopia arashaka no gutsinda igitego kizayisezerera mu irushanwa mu mukino wo kwishyura.




Amavubi ya CHAN afite icyizere cyo gusezerera Ethiopia

Mu mukino wa gicuti wabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru u Rwanda rwanganyije na na Tanzania 0-0 mu mukino wabereye i Kigali. Ni umukino rutahizamu Sugira Ernest yinjiye mu kibuga asimbuye Kagere Medie, iminota itari myinshi Sugira yakinnye yeretse abanyarwanda ko ari umukinnyi ukwiye guhabwa icyizere ubundi akabereka ibyo ashoboye. Kubera ko iminota yakinnye yaremye uburyo bwinshi bwari kuvamo ibitego ariko bikanga, hari n'aho yazamukanye umupira yinjira mu rubuga rw’amahina rwa Tanzaniya arabacenga yubura amaso ahereza umupira Haruna Niyonzima awuteye ugarurwa n’igiti cy’izamu.


Ethiopia izakina n'u Rwanda iragera i Kigali kuri uyu wa Kane

Uburyo uyu rutahizamu amaze iminsi yitwara haba mu ikipe ye ya APR FC ndetse no mu kipe y’igihugu Amavubi, ukongeraho n’igitego yatsindiye muri Ethiopia,  ibyo byose  byatumye abanyarwanda bongera kwibuka Sugira Ernest wahetse u Rwanda mu mikino y’igikombe cya CHAN 2016 cyabereye mu Rwanda.


Sugira Ernest ku mukino wa gicuti wa Tanzania yari yabanje hanze y'ikibuga 

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo Sugira yavuze ko ashaka gutsinda Ethiopia igitego kiyisezerera mu irushanwa nk'uko n’ubundi yabatsindiye iwabo.

Yagize ati” Twiteguye umukino neza, umwuka ni mwiza ndetse na Morali ni yose mu ikipe twizeye ko tuzasezerera Ethiopia tugakatisha itike itujyana muri Cameroun. Ubushize nabatsindiye igitego iwabo, kuri iyi nshuro ndashaka kongera kubatsinda noneho igitego kizaduhesha itike yo kujya muri Cameroun, tugasezerera Ethiopia kandi twizeye ko tuzabikora”.


Abakinnyi 23 ni bo bari mu myitozo bitegura Ethiopia ku wa Gatandatu

Mu bakinnyi 27 umutoza Mashami Vincent yahamagaye ngo bitegure umukino wa Ethiopia uteganijwe kuba ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, 23 gusa nibo bari mu mwiherero. Ubwo ntibarimo Medie Kagere na Jacques Tuyisenge basubiye mu makipe yabo, wongeyeho Mashingilwa Kibengo Jimmy utarabona ibyangombwa bimwemerera gukina ndetse na Mutsinzi Ange utarigeze yitabira.

Amavubi y'u Rwanda ku wa Gatandatu azakira Ethiopia mu mukino wo kwishyura w'ijonjora rya nyuma ryo gushaka tike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun, umukino ubanza wabereye muri Ethiopia, warangiye u Rwanda rutsinze igitego 1-0 mu kwezi gushize.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND