Telefone zigezweho (Smartphones) zazanye byinshi byiza mu mibereho ya muntu ariko kandi ntitwakwirengagiza ko hari na byinshi zangiza. Aha tugiye kureba uburyo 11 smartphone zangizamo ubuzima bwa muntu tugendeye ku byo ubushakashatsi bwagaragaje:
1.
Smartphone itera ibura ry’ibitotsi
Nk'uko tubikesha urubuga
businessinsider.com ubushakashatsi bwagaragaje ko iyo ukoresheje smartphone
byibuze nta masaha abiri aciyemo ngo ubone kuryama ibi byagutera kubura ibitotsi kubera urumuri
rw’ubururu ruba ruva muri telephone rwangiza amaso, ugasanga utangiye kujya
usinzira bya hato na hato kandi wari ufite igihe gihagije cyo gusinzira.
2. Smartphone yakwangiza umubano hagati y’abakundana
Ibi bikunze kubaho cyane
ukaba wasohokanye n’uwo mukundana aho kugira ngo muganire ugasanga umwe
yibereye muri telephone ntiyite kuri mugenzi we. Ibi bikaba byagutera kwibaza
agaciro uwo muri kumwe aguha kubera ko atakwitaho ahubwo yihorera muri telephone
ni bwo rero usanga abantu bashwanye intandaro ya byose ari smartphone kuko uwo
muba mwasohokanye cyangwa se mubana yumva ko wamurutishije telephone.
3. Smartphone yangiza umubano hagati y’inshuti
Ubusanzwe inshuti ziba zikwiye kuganira, zikungurana ibitekerezo,
zikagirana inama, ariko wareba muri iki gihe uko bisigaye bimeze abantu bari
kumwe nk’inshuti aho kugira ngo baganire ugasanga buri wese ari muri telephone ye, ubwo
utayifite ni we ubigwamo kuko birangira
yibuze aho ntaguhana agaciro nk’inshuti biba bigihari bityo ugasanga ubucuti buragenda bukendera.
4. Smartphone zigira ingaruka mbi ku burere ababyeyi
baha abana babo
Ubushakashatsi bwagaragaje ko
iyo ababyeyi bari kumwe n’abana babo bakaba bari gukoresha smartphone usanga
ibitekerezo byabo (ababyeyi) byagiye. Ibi bishobora kugira ingaruka ku
mitekerereze y’umwana ndetse bikamutera kutazagira amarangamutima nk'uko
tubikesha Psycology Today.
Ubundi umwana yumva akunzwe iyo yitaweho n’ababyeyi
be, bitaye ibyo umwana azabona ko abayeyi be bamwirengagiza
ntibamwiteho. Dr.Flores umuhanga mu bijyanye n’imibereho ndetse n’imitekerereze
ya muntu ni we wagize uti:”Nta gitera agahinda nko kuba ubona ababyeyi aho ngaho ariko ugasanga bahari badahari. Icyo gihe ubutumwa umwana afata
ni uko nta gaciro aba afite mu buzima bwanyu (ugereranyije n’abo muba muganira ku mbuga nkoranyambaga
zitandukanye)”.
5. Smartphone zangije kuganira abantu barebana imbona
nkubone
Abantu basigaye bakunda
kuganira bakoresheje ubutumwa bugufi bohererezanya kuri za telephone kuruta
guhura bakaganira imbona nkubone. Mu buryo bugiye butandukanye bwagiye
bugaragara iri tumanaho rigezweho ryahinduye ubunyangamugayo, uburyo bwo
gukemura amakimbirane ndetse n’ubwisanzure bwa benshi mu kuganira
barikoresheje, ibi byose byakabaye byiza bigiye bikorwa imbona nkubone.
6. Abantu batekereza ko ukwiye guhora uri ku murongo ukanahorana telephone yawe buri gihe
Muri iki kinyejana cya
Smartphone,abantu bumva ko ukwiye guhora ku murongo amasaha 24/7.Ariko ibi
sibyo ntibinakwiye kuko bishobora no gutera amakimbirane mu gihe bamwe
batekereza ko umuntu aboneka amasaha 24/7 abandi bo atariko babibona.
Dr.Flores we avuga ko :”imbuga
nkoranyambaga zashyizweho mu rwego rwo korohereza no gushishikariza abantu kuganira
bakoresheje itumanaho rigezweho,ni ahacu rero ho guhitamo icyo tuzagenderaho mu
gukoresha iri tumanaho”.
7. Abantu bamwe na bamwe usanga ubuzima bwabo bahitamo kubushingira kuri 'likes' babonye ku mbuga nkoranyambaga
Abantu usanga bakunda
kugereranya ubuzima bwabo n’ubw'abandi babona ku mbuga nkoranyambaga. Nyamara si
byiza kuko umuntu aba yiyangiriza ubuzima kuko uhora ushaka icyatuma umera
nk'abo wirirwa ubona kandi wagagwike kuba wowe ubwawe ahubwo ugaharanira kwiteza
imbere.
8. Gusomera kuri smartphone si byiza ku muntu uri
kwiga
Kuba tugendana mudasobwa
nto mu mifuka yacu, byatworohera cyane
dukeneye kugira icyo dusoma kuruta uko twaba dutwaye ikinyamakuru cyangwa se igitabo. Gusa gusomera kuri telephone si
byiza ku muntu ukeneye kwiga kuko ushobora kuba urimo usoma wabona ubutumwa
bugufi bakoherereje ugahita wihutira kubusoma birumvikana ko wa mwete wari ufite
usoma uri bugabanuke. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abanyeshuri biga neza kandi
bakunguka ubumenyi bwinshi iyo basoma ibitabo kuruta gusomera kuri
murandasi (internet).
9. Abantu baragenda bibagirwa kurema ubucuti kubera
smartphone
Hano usanga buri wese ahugiye
kuri telephone ye ntawe ugifite umwanya wo kuganira n'uwo bahuye ngo bamenyane
mu rwego rwo kwimakaza wa muco kurema ubucuti, yewe n'uwagira umwete wo kuvugisha
uwo bahuye ugasanga ntamwitayeho.
10. Ubushakashatsi bugaragaza ko smartphone atari
nziza ku mikorere y’ubwonko
Smartphone zaremye ubunebwe
mu bwonko bwa muntu ,aho ntawe ugishaka gutekereza akoresheje ubwonko bwe ,yewe
nushaka kugira ibyo ateranya yifashisha telephone kandi wenda yari kubikora
atarinze kwifashisha telephone.
11. Smartphone si nziza ku buzima bwo mu mutwe
Gukoresha smartphone cyane
bishobora gutera depression, aho umuntu aba yumva ubuzima bwabishye butagifite
agaciro. Nkuko Dr.Flores we agira abantu inama yo kutimenyereza guhorana
smartphone kandi ko kubigira batyo byabafasha kubungabunga ubuzima bwabo bwo mu mutwe. Ni ahawe rero ho guhitamo
uko wakoresha smartphone yawe mu rwego rwo kurinda ubuzima bwawe ndetse no
kubaka imibanire yawe n’abandi.
Src:businessinsider.com, Psychologist Dr.Suzana E.Flores
Umwanditsi: Ange Uwera
TANGA IGITECYEREZO