RFL
Kigali

Ntaho Imana itakura umuntu! Gaso G mu nzira zo kujya kwiga mu mahanga-VIDEO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:9/10/2019 14:37
2


Nta minsi myinshi ishize abantu bamenye umwana uririmba injyana ya Hip Hop witwa Gaso G wahoze aba ari mayibobo akaza kugira Imana akabona abaterankunga bashyigikira impano ye.



Gaso G ubusanzwe witwa Ishimwe Pacifique impano ye yamuritswe n’umunyamakuru Irene Murindahabi bakoranye ikiganiro amusanze mu muhanda muri Nyabugogo akamubwira imibereho ye ndetse akanamuririmbira.

Benshi batunguwe n’amagambo arimo ubwenge uyu mwana w’imyaka 11 yavugaga n’uburyo yahimbye indirimbo ziri mu njyana ya Hip Hop kandi zifite ziryoshye.

Ntabwo byatinze kuko uyu mwana yatangiye kubona abaterankunga bemeye kumufasha kumufasha mu buzima busanzwe no mu muziki we, ubu akaba amaze gushyira hanze iyitwa “Humura” ihumuriza abari mu buzima bubi nk’ubwo yahozemo.

Ubuzima bwo mu muhahanda

Uyu mwana avuga ko ikintu cyatumye ajya kuba mayibobo muri Nyabugogo byatewe n’ubushobozi buke bw’ababyeyi be dore ko se yatanye nyina akamusiga akora akazi k’ubuzunguzayi.

Gaso G yatangiye amashuri abanza ageze mu mu mwaka wa kabiri arabireka ayoboka iy’umuhanda ngo ajye gushaka icyamutunga ibyo bo bakunze kwita ‘gusyaga’

Ati “Mama yari umuzunguzayi muri gare maze baza kubaca nibwo nahise njya mu muhanda nkazajya njya gusyaga ibyuma nkakorera icyo gihumbi nkagishyira mama tukarya tukaryama.”

Gaso G avuga mu gihe cy’imyaka ine yamaze mu muhanda bwari ubuzima bukomeye kuko hari ubwo kubona ibyo kurya byagorana ndetse rimwe na rimwe akanakubitwa.

Ati “ Ubuzima bwaho ni ugusyaga ibyuma rimwe na rimwe bakagukubita, abandi bakabiguha nyine buba ari ubuzima bubabaje umuntu wese atakwifuza kubamo.”

Uyu mwana kandi yari ageze ku rwego rwo gukoresha ibiyobyabwenge aho yakururaga umwuka w’irangi ubundi agasinda.

Ati “Njye nanyweye irangi rino batera ku modoka namara gusinda nkatangira kubona n’ibidahari. Nagendaga mbona ibiti birimo biramvugisha.”

Ubuzima bushya

Nyuma y’aho aboneye abaterankunga, Gaso G yemeza ko ubuzima bumaze guhinduka ndetse bigaragarira buri wese umubonesha amaso ye akagereranya n’uko yari ameze akiri mu muhanda.

Ubu arogoshe neza, mu maso aba yambaye amadarubindi arinda izuba, afite inigi z’agaciro mu ijoshi ndetse n’imyambaro igaragaza ko ari umuhanzi koko.

Si mu myambaro gusa kuko avuga ko ubu no mu rugo imibereho ye yahindutse kuko basigaye babona amafunguro ya buri munsi mu gihe kuyabona mbere byari ingorabahizi.

Ati “Uko biri kose ubuzima twabagamo mbere ntabwo ari ko ubu ngubu tukibubamo. Mbere twaraburaraga tukanabwirirwa ariko ubu ntabwo twaburara.”

Gaso G agiye kwiga muri Uganda

Uyu mwana ntabwo azi kwandika no gusoma neza, agerageza ibitarimo ibihekane n’amazina ye. Avuga agifite inyota yo gukomeza amashuri ye kuko ari yo atezeho kumugeza ku buzima bwiza.

Ati “Ndacyabishaka ntabwo nacika intege mu kwiga kuko nshobora kuba mfite amahirwe nareka kwiga nayo akagenda.”

Gaso G avuga ko azajya kwiga muri Uganda nk’uko yabyemerewe n’abaterankunga be ubundi akazajya akomeza umuziki mu biruhuko yagarutse mu Rwanda.

Intego ye ngo ni ukuzaba umusirikare ukomeye ugakorera igihugu. Agira inama abana bakiri mu mu muhanda ko bawuvamo kuko nta kiza yawuboneyemo.

Umujyanama wa Gaso G mu bya muzika yavuze ko uyu mwana agomba gutangira ishuri muri Mutarama 2020 ariko bataramenya neza niba aziga mu Rwanda cyangwa muri Uganda nk’uko yabivuze. 

Gaso G wari mayibobo yahindutse umuhanzi 

Ubuzima bwa Gaso G bwarahindutse, arateganya kwiga muri Uganda
REBA HUMURA YA GASO G







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • emmy4 years ago
    IMANA byo ntaho itakura umuntu.Gas g akomeze anjye imbere buriya nicyo gihe cye.Ugihumeka nta mpamvu yo kwiheba ushyizemo ingufu mubyo ukora byose ubuzima bwahinduka.Big up kuri erene murindahabi.
  • Jordan 07837869344 years ago
    Irene Wamufashirije Igihe Imana Izakwihembere. Gusa Mujye Mujyera Kukinyoni Niho Higanje Abana Bari Kumihanda Bakiri Bato





Inyarwanda BACKGROUND