RFL
Kigali

Ese noneho Malaria yaba ibonewe igisubizo? Icyo wamenya ku kimera cya Artemisia

Yanditswe na: Editor
Taliki:9/10/2019 14:19
0


Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ntibihwema gushakira umuti ikibazo indwara ya Malaria. Bamwe mu bashakashatsi berekanye ko ikimera cya Artemisia ari cyo kivura neza marariya kurusha indi miti.



Mu minsi yashize hari inkuru twabagejejeho yavugaga ku rukingo rwa malariya rwavumbuwe muri Kenya. Iyi ndwara ikomeje kuba ikibazo ku isi hose dore ko ihitana abagera ku bihumbi 500 buri mwaka. Malariya umubare munini w’abo ihitana ni abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere. Uko imyaka igenda n’indi ikaza, agakoko gatera malariya karushaho kongera ubukana burwanya imiti ari nako imibu idasiba kororoka. Nubwo abashakashatsi bamaze imyaka myinshi bashaka imiti ifite ubukana buhagije, hari umuti kimeza witwa Artemisia Annua umaze imyaka ibihumbi werekanye ubwo budahangarwa.

Ikimera cya Artemisia Annua gikomoka mu Bushinwa aho kizwi nka 'qinghao'. Muri iki gihugu kuva kera abaturage bagikoreshaga mu buvuzi gakondo bivura amavunane ndetse n’umusonga. Ntawabura kuvuga ko iki kimera cyagiye cyifashishwa mu kuvura indwara zihuje ibimenyetso n’izavuzwe haruguru. Mu mwaka wa 1970, umushakashatsi w’Umushinwakazi, Tu Youyou yavumbuye uburyo muri iki kimera cya Artemisia hakurwamo amatembabuzi ya artemisinin ari nayo yica agakoko gatera marariya.

Hirya no hino ku isi ubushakashatsi ku bushobozi bw’iki kimera bwariyongereye ariko n’imbogamizi na zo ziba nyinshi. Mu myaka ya 1970 mu ntambara yo muri Vietnam, abasirikare benshi ba Hồ Chí Minh bapfuye bazira marariya. Uyu niko gusaba ubufasha kwa Mao Zedong, na we amwoherereza imifuka myinshi y’iki gihingwa. Abasirikare ba Hồ Chí Minh barakize ndetse bagera no ku ntsinzi.


Artemisia Annua nubwo ivura ntiyemewe ku butaka bw’u Bufaransa ndetse n’Ububirigi. Kuva mu mwaka wa 1964 ibihugu bikize ku mugabane w’I Burayi byarwanyije indwara ya marariya kugeza ubwo irandutse. Kuba iki gihigwa kimewe mu bihugu bimwe na bimwe suko hatakirangwa marariya ahubwa ni ompamvu z’ubucuruzi. Florence Sacareau, Umufaransakazi wize ndetse akaba akora ibijyanye no gukora no gucuruza imiti, mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru France24, yemeza ko Artemisia Annua ari umuti uvura marariya kandi ufite ubukana.  Muri icyo kiganiro, we ubwe yiyemereye ko uyu muti ufite imbaraga zo gutsemba marariya nubwo utemewe mu gihugu cye cy’u Bufaransa. Ese kuki uyu muti utemewe i Burayi?

Si mu bihugu by’ i Burayi uyu muti utemewe gusa, ahubwo n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima ntiwemera ikoreshwa ryawo. Nkuko byavuzwe haruguru, inganda zikora imiti ntizifuza ko uyu muti ujya ku isoko. Impamvu nyamukuru ni uko uyu igurwa ry’uyu muti ku isoko rituma imiti irwanya marariya nka Coartem itabona abaguzi. Nubwo abashoye imari mu nganda z’imiti batishimira ikoreshwa ry’Artemisia annua, ntibibuza ko hari abakataje mu gukora ibinini muri iki kimera ndetse n’abakoramo umuti mu buryo bwa gakondo.

Lucie Cornet-Vernet afatanyije na bagenzi be bashinze ishyirahamwe rigamije guha abarwayi ba marariya uyu muti, ikibacyise “La Maison de l’Artemisia”. Cornet-Vernet na Laurence Couquiaud mu gitabo cyabo “Artemisia: Une Plante pour Ėradiquer le Paludism” bongera kwerekana imbaraga z’uwo muti n’ubwo ibihugu byinshi kimwe n’inganda zikora imiti birenzaho bikarwanya uyu muti.

Inyandiko zifashijwe:

1.      Igitabo : Artemisia: Une Plante pour Ėradiquer le Paludism cya Lucie Cornet-Vernet na Laurence Couquiaud

2.      France24

World Health Organization

UMWANDITSI: Mukama Christian-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND