Umuryango w’Abibumbye (UN) urabura miliyoni 230 z’amadolari ku ngengo y’imari, nk'uko Umunyamabanga Mukuru wawo Antonio Guterres yabivuze ku wa mbere. Ibi bishobora gutuma UN ishirirwa n’amafaranga mu mpera z’Ukwakira.
Mu ibaruwa igenewe
abakozi ibihumbi 37 bo mu bunyamabanga bw’uyu muryango AFP yabonye, Guterres
yavuze ko hakenewe gutafa ingamba zinyongera kugira ngo hishyurwe imishahara
n’ibindi bisaba amafaranga.
“Abanyamuryango bamaze
kwishyura 70 ku ijana gusa by’amafaranga akenewe ku ngengo y’imari isanzwe muri
2019. Ibi bivuze ko haburaga miliyoni $230 mu mpera za Nzeri. Dushobora
gukoresha bikabije amafaranga yo mu bubiko mu mpera z’uko kwezi,” Ni ko
yanditse.
Kugira ngo bagabanye
ibitwara amafaranga, Guterres yavuze ku gusubika inama no kugabanya bimwe mu
bikorwa, mu gihe na none bagabanya ingendo, bagasiga iz’ingenzi gusa, kandi
bagafata ingamba ngo bagumane ubushobozi bwo gukomeza gukora.
Guterres yari yasabye
abanyamuryango kongera imisanzu batanga kugira ngo bagabanye ikibazo
cy’amafaranga, ariko baranze, nk’uko byavuzwe n’umukozi wa UN utashatse
kumenyekana.
“Inshingano ikomeye mu
kuguma tumeze neza mu buryo bw’amafaranga bigirwamo uruhare n’abanyamuryango,”
ni ko Guterres yavuze.
Hatabariwemo amafaranga
agenda ku bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi, ingengo y’imari y’Umuryango
w’Abibumbye ya 2018-2019 iri hafi miliyari 5.4 z’amadolari ya Amerika, aho Leta Zunze
Ubumwe za Amerilka zitanga 22 ku ijana.
Source : AFP
Yanditswe na Moise Mugisha Bahati
TANGA IGITECYEREZO