RFL
Kigali

NKORE IKI: Umugore wanjye yibera kuri telefone amasaha yose iyo turi kumwe mu rugo ntakumvugisha

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:2/10/2019 19:26
7


Mu nkuru ya NKORE IKI twabahitiyemo ubutumwa twandikiwe n’umusomyi wacu wavuze ko akunda bihebuje umugore we, gusa akababazwa nuko abona umugore we arimo kugenda ahinduka dore ko uko bakundanaga mbere yo kubana atari ko bimeze ubu. Aragisha inama y’icyo yakora amazi atararenga inkombe.



UBU NI BWO BUTUMWA YATWANDIKIYE

"Nongeye kubasuhuza nshuti zanjye, nkunda gusoma inama mugira abantu zitandukanye hano ku Inyarwanda.com. Nifuje ko nanjye mwangishiriza inama. Ndubatse mfite umugore n'umwana umwe, umugore wanjye twamenyanye hashize imyaka irindwi ariko twarushinze mu 2015, mbere y’uko tubana yarankundaga birenze nanjye kandi byari uko; hakaba naho ambwira ngo kuki mba ntamureka ngo ankunde wenyine kubera kunkekera ko naba nkunda abandi kandi mu by’ukuri ntawe namubangikanije.

Aho tumaze kurushinga byakomeje gutyo ariko rwa rukundo rugenda rugabanuka bitewe nimpamvu z’urushako hazamo gutwita n’umuryango n’inshuti ni byo koko ntabwo byakomeza ngo bibe nk’abasheri ariko rero uko iminsi ishira ngenda mbona bigabanuka kurushaho nkabona nta n’ubushake akibigirira kuruzamura.

Namenyanye n’umugore wanjye adakora pe nkamumenyera buri cyose nkirya ngo mushimishe ntacyo ntamuhaye yaba telefone nziza imyambaro yifuza yose yewe n’imodoka nuko atazi kuyitwara nayimuha. Vuba aha namuboneye akazi keza nizera ko noneho ibyishimo bizagaruka kuko kenshi yambwiraga ko mufata nk’umwana kuko ntacyo yinjiza kandi naramuhaye umutungo wose w’urugo ngo abe ariwe uwucunga nanga ko yatekereza ko ntanamwizera.

Ikimbabaza rero nuko ubu yibera kuri telefone amasaha yose iyo turi kumwe mu rugo ntakumvugisha yewe na televiziyo agashyiraho filime atanazireba usanga ari muri whatsapp, IG, Snapchat, amafoto n’ibindi byinshi; nkaba naramuhaye rugali rwose nanjye kuko nanga gushwana no kurakaranya bya hato na hato.

Iyo nshatse ko tuganira aba ambwira ati wowe hari aho tudahuza rwose kugeza aho ubu no gusohokana turi ba2 bitagishoboka atabanje guhamaga abashuti be ngo jyewe ndamubihiriza mba mwizirikaho, nabyo narabiretse ubu nkaba ntangiye rwose kumva nshika intege zo kuba nakomeza guta umwanya wanjye ngeze naho numva kuba ndi mu rugo ntacyo bimaze kuko n'akabariro nukwingingiriza. Mungire inama zifatika z’uko nagarura urukundo mu rugo rwanjye amazi atararenga inkombe. Murakoze"

Nawe niba ufite ubutumwa ushaka kugeza ku basomyi bacu, ukaba se wabagira inama nawe ukabagisha inama yaba mu bijyanye n'imibanire y'abashakanye, ibyerekeranye n'urukundo, mu kazi, ubukungu, imyizerere n'ibindi, uhawe ikaze ku Inyarwanda.com. Igitekerezo cyawe wakinyuza kuri Email ikurikira: nkoreiki@gmail.com Umwirondoro wawe ugirwa ibanga 100%.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Iribagiza4 years ago
    Rero njye inama na kugira icara numugore wawe then umubaze ikibimutera cg wasanga yarabonye nakokazi akaba harumutereta woe Mwicare mubiganireho umenye aho ikibazo kiri wasanga yaraguhaze yifitiye abandi ariyo mpamvu ahora kuri 4ne
  • Mutoni.harigihe.nawe.uri.nyirabayazana.murugo.rwawe.abagabo.bino.minsi.mutesha.umutwe.ushobora.kuba.harikintu.wamukoreye.kikamubabaza.cyane.nawe.akaba.yarifatiye.ingamba.zokukwihorera.isuzume.humve.ni4 years ago
    Mutoni
  • umugwaneza4 years ago
    Uvandimwe nagirango nkwibutseko urukundo rugenda rugabanuka kubashakanye none rero fata incuti yumugore wawe ubonako irincuti nyayo ufate niyawe mwocare hamwe mubabwize ukuri haricyo bazabafasha nibyanga uzagenzure neza witonze izasanga umugore wawe atangiye kuguca inyuma.
  • Charlotte Uwihanganye4 years ago
    Ahubwo se urumva hasigayiki, nibavugako umubihiriza akiherekeza nabandi bantu musohotse nukuntu abagore arabanyabugugu, ntacyo ufite kbsa ahubwo usenge cyane!
  • Ganza pascal4 years ago
    Inama nakugira nuko wareba igihe umaze atakwishimira warangiza ukagiku 2 ubundi nyuma atahinduka ugafata umwanzuri wa divoruse
  • Nadine4 years ago
    inama nakugira niyi knd nzi neza ko izakurira akamaro wowe niba wakoreraga hafi yurugu ugataha buri munsi , genda umare icyumweru udataha murugo nurangiza knd ntunamuvugishe mbese ntamenye amakuru yaho uri ,icyumweru 1 gusa ikigaraga nuko rwose sibanga yamaze kuguca inyuma ,reo nawe bigenze utyo umare one week yose utagera murugo knd abizi neza ko ntaho wagiye uhari ,ntunamuvugishe ,maze nyuma yibyo uzambwire,nziko bibibaza iyaba byashobokaga ngo duhure tuganire ngewe mfite experience yibyo bintu ,murakoze
  • Hakorimana Etienne4 years ago
    Uwomugaboniyihangane2 Bibaho Ntakundi





Inyarwanda BACKGROUND