RFL
Kigali

Sobanukirwa byinshi ku munsi mpuzamahanga w’amahoro 2019

Yanditswe na: Editor
Taliki:21/09/2019 17:18
2


Umunsi mpuzamahanga w’amahoro ugenewe buri wese wakoze ibishoboka byose mu kuzana amahoro muri sosiyete cyangwa ku gihugu muri rusange. Uyu munsi wizihizwa ku rwego mpuzamahanga ku itariki ya 21 Nzeri buri mwaka. Na ho u Rwanda rukaba rwarahisemo kuwizihiza ku itariki ya 27 Nzeri.



Inama yahuje ibihugu byibumbiye mu muryango w’abibumbye (UN), yemeje itariki ya 21 Nzeri ya buri mwaka nk’itariki mpuzamahanga yo kwizihizaho umunsi w’amahoro. Uyu munsi wagenewe kurebera hamwe ibyagezweho mu kwimakaza umuco w’amahoro no gukomeza kongera ingamba  zo kubungabunga amahoro haba ku bihugu biba muri uyu muryango no ku baturage muri rusange.

Uyu munsi w’amahoro ukaba ufite igisobanuro kihariye muri uyu mwaka ,kuko ari isabukuru y’imyaka 20 umuryango w’abibumbye  ushyizeho imyanzuro yo kwimakaza umuco w’amahoro.Uyu munsi ukaba warashyizweho n’imyanzuro y’umuryango w’abibumbye.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iragira iti:” Kwita ku bidukikije twimakaza amahoro”. Nkuko tubikesha urubuga rwa UN Peace Day, amahoro ashobora kugerwaho igihe hafashwe ingamba zikomeye mu kurwanya imihindagurikire y’ikirere.Umuryango w’abibumbye wizera ko imihindagurikire y’ikirere yagiye ibaho, yabaye imbogamizi mu kubungabunga amahoro n’umutekano.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye Antonio Guterres  mu butumwa bwe yavuze ko:”Amahoro muri iki gihe agenda ahura n’inzitizi nshya: imihindagurikire ikabije ituma habaho imbogamizi ku mutekano wacu,ku buzima bwacu ndetse no ku mibereho yacu. Iyi ikaba ariyo mpamvu umuryango w’abibumbye wafashe umwanzuro wo kwibanda kuri iyi nsanganyamatsiko ku munsi nk’uyu mpuzamahanga wo kwimakaza amahoro. Ni nayo mpamvu natumije inama yiga ku byakorwa ku mihindagurikire y’ikirere”.

Umuryango w’abibumbye wagaragaje ko iterambere mu bukungu n’imibereho myiza y’abaturage byaba inzira  yo kugira ngo habeho isi ifite amahoro.Uyu muryango kandi ukaba wizera ko isi yagira amahoro, mu gihe habayeho gushyira mu bikorwa icyemurwa ry’ibibazo nk’ubukene, inzara, uburezi, uburinganire, imihindagurikire y’ikirere ndetse no kwishyira ukizana.

Umwanditsi: Ange Uwera-Inyarwanda.com





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kuro4 years ago
    United nations failed to establish peace in world.it's behind all conflicts
  • peace4 years ago
    Nta_muntu_watanga_amahoro.amahoro_y'ukuri_ava_ku_Mana.





Inyarwanda BACKGROUND