RFL
Kigali

Korali Abarinzi ya ADEPR Kumukenke yakoze impanuka ikomeye Umuyobozi wayo yitaba Imana, abagera kuri 24 barakomereka

Yanditswe na: Editor
Taliki:14/09/2019 17:16
0


Korali Abarinzi ikorera umurimo w’Imana ku mudugudu wa ADEPR Kumukenke muri Paruwase ya Gasave mu mujyi wa Kigali, ikoze impanuka ikomeye ku gicamunsi cy’uyu wa Gatandatu tariki 14/09/2019, Umuyobozi wayo yitaba Imana, abagera kuri 24 barakomereka bikomeye.



Iyi mpanuka yabereye i Gitwe mu karere ka Ruhango. Imodoka ya kwasiteri yari itwaye abaririmbyi ba korali Abarinzi yarenze umuhanda benshi barakomereka ndetse Umuyobozi w’iyi korali ahita yitaba Imana. Korali Abarinzi yari igiye mu ivugabutumwa mu karere ka Ruhango mu murenge wa Mukabagari kuri ADEPR Buhanda. Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateye iyi modoka kurenga umuhanda.

Mu kiganiro na Inyarwanda.com Rev Karangwa John Umuvugizi Wungirije wa ADEPR wabashije no kugera ahabereye iyi mpanuka ndetse agasura n’abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Gitwe, yadutangarije ko umuririmbyi umwe ari we witabye Imana, abandi bagera kuri 24 barakomereka cyane.


Kwasiteri yarenze umuhanda benshi barakomereka


Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Gitwe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND