RFL
Kigali

Eddie Money wari icyamamare ku isi mu njyana ya Rock yitabye Imana

Yanditswe na: Editor
Taliki:14/09/2019 15:01
0


Edward Joseph Mohoney wari uzwi mu muziki nka Eddie Money, yari umuhanzi w’umunyamerika, umwanditsi w'indirimbo n’umuhanga mu gukoresha ibikoresho binyuranye bya muzika, yitabye Imana azize indwara ya kanseri.



Uyu muhanzi w’icyamamare yatabarutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Nzeli 2019, ikinyamakuru TMZ cyanditseko abo mu muryango we aribo batangaje ibyo urupfu rwe

Bagize Bati "Umuryango wa Eddie ubabajwe no kubamenyesha ko yitabye Imana muri iki gitondo. N'akababaro kenshi twasezeyeye ku mugabo twakundaga ndetse n’umubyeyi.ntibyoroshye kumva ukuntu turi ku isi adahari. Twizeye ko azabaho ibihe byose ku bw'ibihangano asize."

Uyu mukambwe wari ufite imyaka 70 yabonye izuba tariki 21 Werurwe 1949 yamamaye cyane kuva mu 1970 nyuma yo gukora indirimbo zitandukanye nka Baby Hold on, Two Tickets to Paradise, Think I’m in Love, Shakin n’izindi nyinshi .

Yatangiye gutaramiara abantu akiri muto mu tubari mu gace yavukiyemo Berkely nyuma 1976 aza kugirana amasezerano n’inzu itunganya umuziki Columbia Record.


Eddie Money yitabye Imana

Album ye ya mbere yitiriye izina rye yashyize hanze mu 1977 yamuhesheje kwamamara bikomeye yari iriho indirimbo zakunzwe cyane nk’iyitwa Two Tickets to Paradise. Umugore we Lauri babanye imyaka irenga 30 babyaranye abana 5 Zachary, Jessica, Joseph, Julian na Desmond.

Imana imwakire mu bayo.

Reba hano aririmba indirimbo ye Two Tickets to Paradise mu gitaramo mu 1987








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND