RFL
Kigali

Impamvu zitera kugira inkari zirimo amaraso

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/09/2019 11:26
2


Ubusanzwe inkari ziba zifite ibara risatira umuhondo, gusa iyo wanyoye amazi menshi ziba zererana naho iyo nta mazi wanyoye cyangwa ntayo uheruka kunywa usanga zisa umuhondo.



Gusa bibaho ko rimwe na rimwe usanga inkari zajemo ibara ry’umutuku, ibi bikaba bivuze ko hari insoro zitukura zivanzemo. Ibi bituruka ku mpamvu nyinshi zinyuranye, nk'uko tugiye kubirebera hamwe uyu munsi.

Dore bimwe mu bibitera

1. Ubwandu bw’umuyoboro w’inkari

Ubu bwandu buterwa n'uko mikorobi zo mu bwoko bwa bagiteri zinjiye zinyuze mu mwenge w’inkari nuko zikororokera mu ruhago. Ibimenyetso byabwo ni ugushaka kunyara kenshi, kokerwa uri kunyara kandi inkari zikaba zinuka cyane hakaniyongeraho (nubwo atari kuri bose) inkari zirimo amaraso.

2. Uburwayi bw’impyiko

Hari igihe bagiteri zinjira mu mpyiko zinyuze mu maraso cyangwa zizamutse ziturutse mu mujyaruhago, aha bikaba binashobora guturuka ku bwandu bw’umuyoboro w’inkari butavuwe. Ibimenyetso ni bimwe gusa hano haniyongeraho kuribwa cyane no guhinda umuriro.

3. Utubuye mu ruhago no mu mpyiko

Uko impyiko ziyungurura inkari niko hagenda hasigara utuvungukira duto dushobora kwibumbira hamwe tukavamo utubuye. Utu tubuye uko tuba twinshi niko bitera uburwayi mu mpyiko no mu ruhago.

4. Kubyimba kwa porositate ku bagabo porositate ishobora kubyimba cyane cyane iyo abagabo bageze ku myaka 40 kuzamura. Uko kubyimba gutuma umuvaruhago usa n’uwifunga nuko inkari gusohoka bikagorana. Iyo zije ziza zocyera kandi zirimo amaraso.

5. Kanseri Ya prostate

Amaraso menshi mu nkari ashobora kuba ikimenyetso cya kanseri ya porositate, iy’uruhago cyangwa y’impyiko.

6.Impanuka cgse Gukora akazi k’ingufu cyane nko kwikorera no guterura imizigo iremereye cyane,  kuba wakubitwa cyangwa wakora impanuka impyiko zikangirika nabyo biri mu bitera amaraso mu nkari.

7.Imwe mu miti

Hari imiti imwe izwiho kuba yatera kwihagarika inkari zirimo amaraso. Iyo miti ni nka aspirin ikoreshwa mu kubuza amaraso kuvura, cyangwa heparin.

Gusa twibutse ko hari n’amafunguro cyangwa ibyokunywa bishobora gutuma inkari zisa umutuku ariko Atari amaraso arimo. Nka beterave, inkeri, ibi rero ntibikagutere ubwoba.

Ni abahe bantu bagira ibyago byinshi byo kugira amaraso munkari?

Kubona inkari zirimo amaraso ntawe bitabaho, gusa hari ababa bafite ibyago kurenza abandi:

• Abagabo bageze mu myaka hejuru ya 50, kubera porositate yabo ibyimba

• Abana nabo bashobora kugira icyo kibazo bitewe no kuba impyiko ze zarabyimbye kubera Indwara runaka yatewe na mikorobi.

• Kuba ukunda gufata imiti yo mu bwoko bwa penicillin na aspirin

• Kuba ukora akazi cyangwa siporo bisaba ingufu cyane.

Igihe cyose ubonye impinduka mu nkari rero, ihutire kujya kwa muganga bakurebere ikiri kubitera.

Src: Dynapharm






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mugabekazi chimene1 year ago
    Niyiye miti umuntu afitubwoburwayi yafata?
  • masengesho daniel8 months ago
    imiti umuntuyafa niyihe





Inyarwanda BACKGROUND