RFL
Kigali

Kenya: Apotre Mignonne yahuriye mu giterane n’abakozi b’Imana bakomeye barimo Sinach abaratira ubuyobozi bwiza bw'u Rwanda-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/09/2019 14:21
1


Apotre Mignonne Kabera UK umuyobozi mukuru wa Women Foundation Ministries na Noble Family church amaze iminsi mu gihugu cya Kenya mu giterane Daughters of Zion Convention 2019 (DOZ Convention 2019) yahuriyemo n’abakozi b’Imana bakomeye barimo icyamamare Sinach.



Apostle Mignonne Kabera yari muri Kenya mu mujyi wa Nairobi aho yari yitabiriye Women Convention: Daughters of Zion Convention 2019 itegurwa na Rev. Cathy Kiuna wa Jubilee Christian Church. Ni igiterane gikomeye kiba muri mwaka. Icyo muri uyu mwaka cyitabiriwe n’abakozi b’Imana bakomeye muri Afrika nka Rev. Funke Felix Adejumo, umuhanzi w’icyamamare Sinach n’abandi.


Apotre Mignonne yahanuriye abitabiriye iki giterane binyuze mu ijambo ry'Imana

Daughters of Zion Convention ni igiterane ngarukamwaka cy’abari n’abategarugori gitegurwa kigashyirwa mu bikorwa na Rev. Cathy Kiuna. Rev. Cathy Kiuna hamwe n’umugabo we Bish Alan Kiuna bayoboye itorero Jubilee Christian Church kuri ubu rifite amashami (Branches) 18 muri Kenya. Iri torero rikorera kandi mu bindi bihugu bitandukanye nka Afrika y’Epfo, Canada, USA, UK n’ahandi.


Sinach hamwe n'abakozi b'Imana batandukanye bitabiriye iki giterane

Daughters of Zion Convention 2019 (DOZ Convention 2019) yitabiriwe n’abakozi b’Imana batandukanye kandi bafite influence mu bwami bw’Imana . Aha twavuga nka Rev.Funke Felix Adejumo umu Nigeria kazi umaze kwamamara mu buhanga n’ubumenyi mw’Ijambo ry’Imana, mu gufasha abagore kurushaho gusobanukirwa icyo Ijambo ry’Imana ribavugaho ndetse no kubahugura kuruhare rw’umugore mu kubaka umuryango.


Rev Funke Felix Adejumo yahembuye benshi binyuze mu ijambo ry'Imana

Dr Wale Akinyemi Inzobere mu by’ubukungu (Business strategist) akaba n’umwandisti w'ibitabo nawe yitabiriye DOZ Convention 2019. Icyamamare Sinach wo muri Nigeria uherutse mu Rwanda mu gitaramo gikomeye cya Pasika yatumiwemo na Patient Bizimana mu mwaka wa 2018, yitabiriye iki giterane kimaze iminsi kibera muri Kenya afata umwanya mu kuramya no guhimbaza.

Sinach yasabye abaramyi mu muziki wa Gospel guhaguruka kandi bakita cyane ku mihagurukire yabo. Yagize ati “Si byiza kwigenga/kwiyobora. Mukwiye kugira aho mubarizwa. Kugira impano ntibikwiye kubabuza kugira ababyeyi babarera mu buryo bw’Umwuka. Mu bigaragara maze gukomera ariko ndacyakora inshingano zanjye mu rusengero kandi ndacyayoborwa n’umushumba wanjye Pastor Chris Oyakhilome.


Sinach yahesheje umugisha abitabiriye iki giterane

Abandi bitabiriye iki giterane DOZ Convention 2019 harimo abakozi b’Imana muri Afrika y’Iburasirazuba nka Pr Rose Amri, Pr Rose Shoboka bombi bava muri Tanzania hamwe na Apotre Mignonne Kabera wo mu Rwanda. Mu ijambo rye, Apotre Mignonne yavuze ibigwi ubuyobozi bwiza Imana yahaye igihugu cy’u Rwanda burangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.


Apotre Mignonne yaratiye u Rwanda amahanga anatanga impanuro ku bari n'abategarugori

Apostle Mignonne Kabera yavuze no ku muhamagaro w’umugore ashishikariza abari n’abategarugori bitabiriye igiterane guharanira kuba abafasha beza urwego baba bariho urwo ari rwo rwose. Apotre Mignonne uzwiho impano y’ubuhanuzi yahanuriye Itorero JCC yifashishije Ijambo ry’Imana. Iki giterane Daughters of Zion Convention 2019 (DOZ Convention 2019) cyabaye tariki 20-25/08/2019 kibera muri Kenya.

REBA ANDI MAFOTO Y'IKI GITERANE

Apostle Mignonne, Pastor Rose Shaboka, Rev Cathy Kiuna, Rev Funke Felix Adejumo na Pastor Mary Amri

Apostle Mignonne hamwe na Rev Funke Felix Adejumo wo muri Nigeria

Apostle Mignonne hamwe na Rev Cathy Kiuna wateguye iki giterane


Sinach mu giterane mpuzamahanga cy'abagore cyabereye muri Kenya






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • SHARON4 years ago
    APOSTLE I LOVE U TOO MUCH NIYONJE MU HOLIDAY NTERANIRA IWAWE TUESDAY, FRIDAY & SUNDAY. NIYOWAJINO US OR CANADA I TRY MY BEST NKAGERA AHOWAJE KUIGISHA MUGITERANE. BUT I HAVE A PROBLEM, IYOKANZU WAMBAYE ISHUSHANYIJE IGISIMBA KIBACYASAMYE INTERUBWOBA CYANEEEEEE SINZIMPAMVU, EVEN ON YOUTUBE NDAGUFOLLOWINGA ALIKO UMUSI WAYAMBAYE BYARANANIYE KURANGIZA KUREBA. UMWUKAWERA AZAKUYOBORE NUKULI





Inyarwanda BACKGROUND