RFL
Kigali

Bite bya Jay Polly? Yaduhishuriye ibyo ahugiyemo muri iyi minsi

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/08/2019 19:18
1


Jay Polly ni izina ry’umuraperi ukomeye hano mu Rwanda wubatse izina mu njyana ya Hip Hop injyana n'ubu agikora. Mu gihe cyashize yahuye n’ibyago yisanga afunze. Nyuma yo gufungurwa Jay Polly yatangaje ko ubwo avuye muri gereza afite ibikorwa byinshi agomba gukora kandi yizeye ko abafana be azongera akabashimisha.



Icyakora n'ubwo agifungurwa hari indirimbo ebyiri yahise ashyira hanze mu buryo bwihuse muri iyi minsi uyu muraperi asa n'ucecetse, amezi arenga abiri arirenze ashyize hanze indirimbo itaranakunzwe cyane bitewe n’impamvu nyinshi zinyuranye nawe ubwe yatangarije Inyarwanda. Mu kiganiro yahaye Inyarwanda.com Jay Polly yatangaje ko kuri ubu ameze neza ndetse hari ibikorwa ari gutegurira abakunzi be.

Yagize ati” Ndaho meze neza, muri iyi minsi nsa nucecetse gake ariko njye nzi ko ntatuje ndi kwiruka hari ibyo ndi gutegura kandi nizeye ko bizagenda neza, hari indirimbo ndi gukora yamaze kurangira ndetse natangiye no kuyifatira amashusho. Indirimbo yanjye ‘Nyirizina’ nayo amashusho yayo nasanze afashe nabi binsaba kuyasubiramo ubu twarangije kuyakora na Meddy Saleh byararangiye, izi ndirimbo zose nzazishyira hanze mu mpera z’uku kwezi kwa Kanama 2019.”

Jay PollyJay Polly kimwe n'abandi bahanzi bo muri The Mane bari kwitegura ibitaramo bagiye gukorera mu karere ka Rubavu

Avuga iby’iyi ndirimbo agiye gusubiriramo amashusho yatangarije Inyarwanda ko uburyo Ibalab yari yamukoreye indirimbo atabwishimiye bityo bahitamo kuyisubiramo ku buryo mu minsi micye iri imbere amashusho ya nyayo y’iyi ndirimbo ye “Nyiri izina“ azaba ajya hanze asohokanye n’indirimbo nshya yitegura gushyira hanze mu minsi mike.

Jay Polly yabwiye Inyarwanda ko ahugiye mu gukora ibizashimisha abakunzi be bityo ko mu minsi micye azaba agarutse nyuma yo gukosora ibyapfuye. Jay Polly ahamya ko afite indirimbo nyinshi ahishiye abakunzi be kandi mu gihe kiri imbere ku buryo batazigera bicwa n’irungu ukundi. Yibukije umunyamakuru ko hari ibitaramo bitandukanye ari gukora ariko mu mpera za Kanama 2019 tariki 30 na 31 we na bagenzi be babana muri The Mane bazaba bataramira mu karere ka Rubavu mu ntara y’Uburengerazuba.

REBA HANO INDIRIMBO “NYIR'IZINA” JAY POLLY ARI GUSUBIRIRAMO AMASHUSHO YAYO







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Joseph4 years ago
    Gepj nakomereze aho turamushyigikiye umusaza





Inyarwanda BACKGROUND