RFL
Kigali

Ikiganiro na TayKun Degree, Umuraperi w'umunyarwanda wigaragaje bikomeye muri East Africa's Got Talent-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:13/08/2019 14:29
0


Mu mpera z’iki Cyumweru turangije ku ma televiziyo atandukanye haciyeho agace ka kabiri k’abahatana muri East Africa’s Got Talent, umunyarwanda ukora injyana ya Hip Hop arigaragaza bikomeye. Inyarwanda.com twamwegereye tuganira nawe atuganiriza ku irushanwa ndetse no ku muziki we muri rusange.



Mu kiganiro yahaye Inyarwanda TayKun Degree yavuze ko yishimiye bikomeye kwitabira iri rushanwa, yongeraho ko kuba yararyitabiriye bishobora kumufungurira imiryango mu rugendo rwa muzika ye. TayKun Degree yaduhishuriye ko yinjiye mu muziki akunda bikomeye Green P ndetse  yanaturirimbiye agace gato k’indirimbo y’uyu muraperi akunda cyane.

Usibye ibi uyu musore watsindiye gukomeza mu cyiciro gikurikira yadutangarije ko hari impunduka zikomeye ziri muri iri rushanwa cyane ko icyiciro gikurikiyeho yatsindiye kujyamo na bagenzi be batsinze icyo baherutse gukora, bagombaga gusubira muri Kenya bagakora ibindi bitaramo imbere y’akanama nkemurampaka. Icyakora ngo ibi bitaramo byamaze gukurwaho ahubwo icyiciro gikurikiye bazareba uko abantu bitwaye bakuremo impano 18 zizahita zitsindira gukomeza aho kugira ngo abatsinze bose basubire muri Kenya.

TAYKUNTaykun Degree umuraperi mushya mu muziki w'u Rwanda

Taykun Degree usanzwe ari umuraperi ukizamuka mu Rwanda yatangarije Inyarwanda.com ko bamuha amahirwe cyangwa ntibayamuhe we atazacika intege cyane ko hari n’indirimbo yiteguye gushyira hanze izasohoka ikurikira “Ma name”, indirimbo ye ya mbere aherutse gushyira hanze mu minsi ishize.

REBA HANO IKIGANIROTWAGIRANYE N’UYU MUHANZI

REBA HANO UKO YITWAYE MURI EAST AFRICA’S GOT TALENT

REBA HANO INDIRIMBO YE“MA NAME” UYU MUSORE YAHEREYEHO MU MUZIKI







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND