RFL
Kigali

Charly na Nina bashyize hanze indirimbo “Lazizi” bakoranye na Orezi icyamamare muri Nigeria baririmbishije Ikinyarwanda–VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/07/2019 11:34
1


Charly na Nina abahanzikazi bamaze kubaka izina mu Rwanda no mu karere, bamaze gushyira hanze indirimbo nshya bise “Lazizi” bakoranye na Orezi umwe mu bahanzi b’ibyamamare mu gihugu cya Nigeria ndetse umaze no kubaka izina ku mugabane wa Afurika. Iyi ndirimbo yabo nshya yasohokanye n’amashusho yayo.



Mu minsi ishize ni bwo abagize itsinda rya Charly na Nina batangarije Inyarwanda ko bagomba gushyira hanze iyi ndirimbo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2019 ari nabyo bashyize mu ngiro, magingo aya bakaba bamaze gushyira hanze iyi ndirimbo “Lazizi” bakoranye na Orezi umuhanzi w’icyamamre muri Nigeria ndetse no kumugabane wa Afurika. Mu gitero uyu muhanzi aririmbamo yumvikana kenshi avuga ikinyarwanda ururimi yigishijwe n'aba bakobwa.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA LAZIZI YA CHARLY NA NINA NA OREZI

Charky na ninaCharly na Nina bashyize hanze indirimbo nshya

Iyi ndirimbo 'Lazizi' yakozwe mu buryo bw’amajwi na Pastor P mu gihe amashusho yayo yo yatunganyirijwe muri Swangz Avenue mu gihugu cya Uganda. Iyi ndirimbo ikurikiye izo bagiye bakorana n'abahanzi b’ibyamamare hanze y’u Rwanda ndetse zikanamamara nka; “Indoro” na Big Fizzo, “Owooma” na Geosteady ndetse na ” I do” bakoranye na Bebe Cool.

Lazizi ni indirimbo igiye hanze ikurikira “Nibyo” aba bahanzikazi bari baherutse gushyira hanze mu minsi ishize iyi ikaba ari gahunda nshya bihaye yo gushyira hanze ibihangano byinshi ku buryo abakunzi babo batazongera kwicwa n’irungu ukundi.

REBA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA “LAZIZI” YA CHARLY NA NINA NA OREZI






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Alex4 years ago
    Awwwww aba bahanzikazi nyamara barashoboye





Inyarwanda BACKGROUND