RFL
Kigali

Ama G The Black yamaze imiti ya Malariya ariko ntarakira

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:23/07/2019 15:18
0


Mu mpera z’iki Cyumweru ubwo Ama G The Black yataramiraga i Ngoma mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival, yagaragaje ingufu nke cyane mu gihe asanzwe azwiho kugira ingufu nyinshi kuri stage. Nyuma y’iki gitaramo Ama G yatangarije abanyamakuru ko yataramiye i Ngoma arwaye Malariya ikomeye.



Nyuma y'igitaramo cy'i Ngoma Ama G The Black yabwiye abanyamakuru ko ari ku miti ya malariya yandikiwe na muganga. Mu rwego rwo gukurikirana uko ubuzima bw’uyu muraperi buhagaze twagerageje kumubaza uko ameze adutangariza ko atarakira neza nubwo yorohewemo gake, ati” Ndaho ariko sindakira imiti nabonye nyirangiza ariko sinakize.”

Aganira na Inyarwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2019 Ama G The Black yaduhishuriye ko atarakira ndetse ngo yiteguye gusubira kwa muganga bakamurebera ikibazo afite. Ama G The Black kuri ubu ntabwo yorohewe n'ubu burwayi bwatangiye kumuyobera mu gihe imiti yayimaze.

AMA G THE BLACKAma G The Black amerewe nabi n'indwara 

Ama G The Black nyuma yo kubona ko atamerewe neza byabaye ngombwa ko yitwaza Eesam umusore wahoze amufasha ku rubyiniro n'ubundi agaruka kumufasha cyane ko imbaraga yari afite zari nke cyane. Yatangaje ko atagombaga kureka akazi yasinyiye amasezerano nk’umugabo ko yagombaga kugerageza akitwara neza.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA AMA G THE BLACK I NGOMA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND